Mariyamu Mukarugwiza w’imyaka 20 wo mu kagari ka Kamashangi mu murenge wa Kamembe avuga ko ahangayikishijwe n’abana be babiri yabyaranye n’abagabo batagira icyo bamufasha. Uyu mugore avuga ko inzara ariyo ituma abyara aba bana kuko ngo aramutse abonye icyo afungura atakongera kuzerera mu bagabo.
Musabyimana Theoneste wo mu murenge wa Nyamyumba akagari ka Rubona yatwawe n’amazi yo mu kiyaga cya Kivu saa yine z’ijoro ryo ku taliki 4/8/2013 ubwo yarimo kugerageza gushaka uko akiza abari mu bwato atwaye.
Igice cya Parike ya Nyungwe giherereye mu kagari ka Buvungira mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke, tariki 03/08/2013 cyafashwe n’inkongi y’umuriro, iza kugaragara tariki 04/08/2013, ariko inzego zitandukanye n’ubuyobozi bawuzimya utarafata igice kinini cyane.
Abantu bataramenyekana bagerageje kwiba Paroisse Gatolika ya Rukomo iri mu karere ka Nyagatare mu ijoro ryo kuwa 30/07/2013 saa saba z’ijoro.
Nyuma y’ukwezi kumwe impanuka ihitanye abantu 7 mu murenge wa Nzahaha, ku mugoroba wo kuwa 04/08/2013, ahagana saa moya z’ijoro hongeye kuba indi mpanuka ihitana abantu babiri: Nshimyumukiza Daniel n’undi mugore utaramenyekana neza.
Umuyobozi w’akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, aravuga ko ikibazo cy’ubwicanyi mu miryango bukomeje kugaragara mu karere ayoboye kimwe n’ahandi mu gihugu gifitanye isano na Jenoside yatumye hari abantu bamwe batakaje agaciro k’ubumuntu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera bwafashe icyemezo cyo guca amagare mu mujyi rwagati wa Nyamata mu rwego rwo kugabanya impanuka ayo magare yatezaga. Abanyonzi beretswe izindi nzira n’amaseta bazajya bakoresha kugira umwuga wabo wo gutwara abantu n’ibintu ukomeze.
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Bugesera yafashe imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Dyna ifite numero RAB 903 J yuzuye ibiti by’umushikiri bakunze kwitwa kabaruka.
Burya abagore benshi bahohoterwa n’abagabo babo ngo batinya kwereka abagabo babo ko bagiye guta urugo kuko iyo abagabo babibonye batyo barushaho kuba babagirira nabi.
Abasore batatu bataramenyekana bibasiye abagore batatu gashaka kubafata ku ngufu ngo babasambanye, abo bagore bagerageza kwirwanaho, umwe arakomereka ariko ntihagira ufatwa ku ngufu.
Dynamo za sosiyete Chico y’Abashinwa ikora imihanda mu ntara y’Amajyaruguru zafashwe zimaze hafi ukwezi zibuze, kuko byavuzwe ko zibwe tariki 02/07/2013 zikaza kuboneka tariki 31/07/2013.
Mu Mudugudu wa Kaniga, Akagali ka Nganzo ho mu Murenge wa Gakenke hatoraguwe gerenade yo mu bwoko bw’igiti (Stick) izingazinze mu gashashi hafi y’umuhanda.
Kuri uyu wa Kane tariki 01/08/2013, umusozi uri mu mudugudu wa Gitwa, Akagali ka Munyana mu Murenge wa Minazi ho mu Karere ka Gakenke wibasiwe n’inkongi y’umuriro urashya.
Hashize igihe abaturage biyama umuyobozi w’akagari ka Rwinji ho mu murenge wa Nkombo kwinjira mu ngo z’abandi ariko ngo bikaba iby’ubusa kugeza n’aho abana be baje gutabaza inzego z’umutekano kuwa 31/07/2013, bavuga ko umubyeyi wabo ababangamiye.kugeza
Ishyamba ry’umuturage riri mu mudugudu wa Nyamuhunga mu kagari ka Save mu murenge wa Ruharambuga wo mu karere ka Nyamasheke, ryibasiwe n’inkongi y’umuriro mu ijoro rishyira tariki 31/07/2013; cyakora abaturage n’inzego zishinzwe umutekano bahise batabara ribasha kuzima hatarasha hanini.
Ubutumwa bushimangira uruhare rwa buri wese mu gukumira abangiza ibidukikije ni bwo butangwa n’ubuyobozi bw’umurenge wa Rwempasha mu karere ka Nyagatare.
Umugabo witwa Emmanuel wo mu murenge wa Kaniga mu karere ka Gicumbi ari mu maboko ya Polisi ashinjwa gushaka gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 15.
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Bugesera, imaze guta muri yombi abantu batatu bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umusaza witwa Baziga Paul w’imyaka 60.
Abakora, abacuruza n’abanywa inzoga z’ibiyobyabwenge bo mu Tugari twa Cyarwa na Cyimana ho mu Murenge wa Tumba, Akarere ka Huye, biyamiwe ku mugaragaro nyuma y’igikorwa cy’umuganda cyo kuwa 27/07/2013.
Abana babiri bo mu mudugudu wa Nyamigende mu kagari ka Juru mu murenge wa Juru mu karere ka Bugesera bitabye Imana barohamye mu ruzi rw’Akagera, ubwo barimo kuroba amafi.
Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi n’amashanyarazi (EWSA) ishami rya Nyanza cyibwe moto ebyiri zo mu bwoko bwa Yamaha Ag 100 imwe ifite purake GRM 555 C n’indi yambaye purake GRM 559 C.
Bamwe mu bashigajwe inyuma n’amateka bo mu mudugudu wa Kinihira mu kagari ka Rukaragata mu murenge wa Kigeyo mu karere ka Rutsiro bagiye kwiba ubuki mu mizinga yagitse mu ishyamba riherereye muri uwo mudugudu tariki 29/07/2013 umuriro bifashishishaga utwika igice gito cy’iryo shyamba.
Umugore w’imyaka 36 y’amavuko wo mu mudugudu wa Wimana, akagari ka Gatare mu murenge wa Macuba, mu karere ka Nyamasheke afungiye kuri Station ya Polisi ya Kanjongo akekwaho gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 15.
Mu mudugudu wa Rugarama mu Kagari ka Mbyo mu Murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera hatoraguwe umurambo w’umusaza witwa Baziga Paul w’imyaka 60 wishwe n’abantu bataramenyekana barangije baramutwika.
Umurambo w’umusaza Niyibizi Straton bawusanze hafi y’urugo rwe mu mudugudu wa Kabiha akagari ka Mutara umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango mu gihe cya saa tatu z’ijoro tariki 28/07/2013.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster ya sosiyete itwara abagenzi ya Sotras yari itwawe na Shema Abubakhar yagonze ibantu babiri bari ku magare aribo Biziyaremye Protegene na Ngenzahabandi Simon bahita bitaba Imana.
Uzarama w’imyaka 28 na Kwibuka w’imyaka 26 batawe muri yombi mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza saa moya n’igice za mu gitondo tariki 28/07/2013 bashinjwa gusambana kuko umugabo afite isezerano n’undi mugore.
Umurambo w’umusore witwa Uwimbabazi Emmanuel w’imyaka 23 y’amavuko ukomoka ahitwa i Ruganda mu karere ka Karongi wabonetse ureremba hejuru y’urugomero rw’amazi ruri mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza tariki 27/07/2013 ahagana saa kumi z’umugoroba.
Mu ijoro rya tariki 26/07/2013 mu mudugudu wa Kigogwe, akagari ka Nyarusanga, umurenge wa Rwankuba mu karere ka Karongi, ishyamba ringana na hegitari 2,5 ryafashwe n’inkongi y’umuriro yatewe n’umuntu wari urimo gutwika amakara mu murenge wa Gitesi.
Karenga Evariste w’imyaka 28 n’uwitwa Umutoniwase Fauziya w’imyaka 18 y’amavuko batuye mu mudugudu wa Rukandiro mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana bafunzwe bazira ubufatanye mu gukuramo inda no gufatanwa ibikoresho bitandukanye byibwe birimo ibya gisirikare na polisi.