Leta y’u Rwanda yatangiye gushakisha uzayobora Kaminuza nshya y’u Rwanda

Leta y’u Rwanda yatangiye gushakisha inzobere mu bushakashatsi n’umuhanga mu kuyobora amashuri makuru na za kaminuza ngo azahabwe kuyobora Kaminuza imwe rukumbi u Rwanda rugiye gushyiraho.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na minisitiri Vincent Biruta ushinzwe Uburezi mu Rwanda riravuga ko inzobere zifuza uwo mwanya zahawe kuva tariki 17/06/2013 kugera tariki 15/07/2013 ngo zandikire iyo minisiteri, zigaragaze ubushobozi bwazo zinasabe ako kazi.

Iri tangazo rya minisitiri w’Uburezi riravuga ko uwifuza ako kazi agomba kuba ari inzobere mu bushakashatsi no kwigisha cyangwa kuyobora amashuri makuru na za kaminuza, kandi yarabikoze ahantu hazwi kandi hakomeye muri za kaminuza zizwi ku isi.

Uyu muntu kandi ngo agomba kuba yaranakoze ubushakashatsi buzwi igihe kirekire kandi inshuro nyinshi, ndetse ngo hanagaragazwa neza aho ubwo bushakashatsi bwagiye butangazwa nko mu binyamakuru bikomeye n’ahandi hazwi hanyura ubushakashatsi bwimbitse.

Hejuru y’ibi kandi ngo uwifuza gusaba ako kazi agomba kuba afite impamyamyabushobozi y’ikirenga bita doctorat cyangwa PhD, byaba akarusho akaba ayirengeje ari uwo Professor, akaba amaze byibura imyaka 10 mu mirimo y’ubuyobozi kandi yumva neza ingamba z’iterambere u Rwanda rugenderaho ndetse na gahunda zo mu karere u Rwanda ruherereyemo.

Iri tangazo cyakora ntaho rivuga ko uyu muyobozi wa Kaminuza rukumbi y’u Rwanda agomba kuzaba afite ubwenegihugu bw’u Rwanda cyangwa ubundi runaka.

Minisitiri Vincent Biruta yanditse muri iryo tangazo ko uwo muntu azayobora Kaminuza imwe rukumbi y’u Rwanda bazita University of Rwanda (UR) izaba ifite amashami (colleges) atandatu azabumbira hamwe amashuri makuru na kaminuza indwi zitwaga iza Leta y’u Rwanda iki gihe.

Iyi gahunda yo gushyiraho Kaminuza imwe rukumbi y’u Rwanda ngo igamije guteza imbere ireme ry’uburezi n’ubushakashatsi mu mashuri makuru mu Rwanda, ikazibanda cyane ku kwigisha neza bigezweho n’ubushakashatsi ngo ku buryo izaba mu za mbere ku isi.

Ibindi bisabwa uwifuza kuzayobora iyi kaminuza n’inshingano nyirizina azaba afite biragaragara ku rubuga rwa interineti rwa minisiteri y’Uburezi.

Ahishakiye Jean d’Amour

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 12 )

Muraho?iyi nkuru nabonye umwanya wo kusiyisoma bucece muri gahunda yo kurwanya corona virus(guma murugo),nasomye ibitekerezo byabavandimye,njye nabazaga ubuhanga niki?qu’est ce que l’intelligence?Uburezi numusingi wubuzima kandi rutegura urubyiruko hejo hazaza,Umuyobozi bashyira uzi icyo kintu yayobora iyo kaminuza y’u Rwanda.

Nzitatira Mbonyinkebe Nicodem yanditse ku itariki ya: 22-04-2020  →  Musubize

Ariko se mzee CHRISOLOGUE yanengwa iki?

kingos yanditse ku itariki ya: 8-07-2013  →  Musubize

Jye mbona Lwakabamba atakabaye chancelorw’iyi UR kuko i ruhande bakomeza kumva ko aribo univeristy ahandi ari colleges,

INDATWA yanditse ku itariki ya: 8-07-2013  →  Musubize

Uwitwa INGERI aransekeje ngo twiheshe agaciro ntituzane umunyamahanga Icyo nakwibutsa nuwo Rwakabamba uvuga niki se sumutanzaniya wo hakurya hano Imureba(Mureba)Muntara ya Kagera uzamubaze ikinyarwanda niba haricyo azi shwi da nimugicuku mujye muvuga ibyo muzi nawe ngo twiheshe agaciro kahe ko tukitesha ahubwo

Umunyarwanda yanditse ku itariki ya: 7-07-2013  →  Musubize

kaminuza zigenga se zo ntagahunda ou umurongo zahawe?

fodo yanditse ku itariki ya: 6-07-2013  →  Musubize

Hey ndumva atali rwakabamba wenyine buriya harinabandi
nuko mutabazi nizereko baziyerekana.

Emmanuel yanditse ku itariki ya: 6-07-2013  →  Musubize

Iyi Kaminuza ndasanga bagomba kuyiha igihangange Prof Dr Alphonse Munyamfura NGAGI.

MWEUSI Dinosaure yanditse ku itariki ya: 6-07-2013  →  Musubize

Ariko namwe ubwo se mwumva Lwakabamba yasubira kwaka akazi kwa Biruta. Njye mbona hakwiye kubanza gushaka Minister ibindi bikaza nyuma naho Biruta ntashoboye.

GAKURU yanditse ku itariki ya: 6-07-2013  →  Musubize

Ariko namwe ubwo se mwumva Lwakabamba yasubira kwaka akazi kwa Biruta. Njye mbona hakwiye kubanza gushaka Minister ibindi bikaza nyuma naho Biruta ntashoboye.

GAKURU yanditse ku itariki ya: 6-07-2013  →  Musubize

Njya mvuga ko usibye n’uyu murecteur wa Universite du Rwanda na Ministre wa Education nawe yagombye kuba umuntu w’umuhanga ku rugero rurenze urw’abanyarwanda bariho ubu.

ingeri yanditse ku itariki ya: 6-07-2013  →  Musubize

Uyu muntu rwose uzayobora kaminuza y’uRwanda akwiye kuba Silas Rwakabamba ( current minister of infrastructure) he is the one who is able. Ntampamvu yo kuzana umunyampahanga.( Tweheshe agaciro) .

Gatera moses yanditse ku itariki ya: 5-07-2013  →  Musubize

Uyu muntu twari tumufite none bamugize Ministre w’ibikorwa Remezo. Silas Lwakabamba yari kuba abishoboye kabisa none yagiye muyindi mirimo. Rekadutegereze uzava hanze may be.

murara yanditse ku itariki ya: 5-07-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka