Ingabo z’u Rwanda zibarizwa muri (Rwanbatt-1) mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye muri Sudani y’Epfo zambitswe imidari mu rwego rwo gushimirwa uruhare rwazo mu bikorwa byo kubungabunga amahoro.
Polisi yo mu Mujyi wa Nairobi muri Kenya, irashakisha umutwe w’umukobwa wigaga muri Kaminuza ya Jomo Kenyatta, wishwe nyuma yo gutwarwa n’umuntu bivugwa ko bari baramenyaniye kuri Interineti. Umurambo waje kuboneka ariko umutwe wo urabura.
Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zikomeje kwifashisha indege zidatwarwa n’abapilote zizwi nka ‘drone’ mu mirwano ikomeye ibahuje n’inyeshyamba za M23 by’umwihariko muri Teritwari ya Masisi.
Umutwe wa Al-Shabaab urwanya Ubutegetsi bwa Somalia washimuse kajugujugu y’Umuryango w’Abibumbye (ONU) yari mu butumwa bw’akazi muri Somalia nyuma yo kugwa mu gace Al-Shabaab igenzura.
Moise Katumbi uherutse guhangana na Felix Antoine Tshisekedi watsindiye manda ya kabiri yo kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, urugo rwe rwazengurutswe n’abasirikare benshi n’imodoka z’intambara, bamubuza kuva iwe.
Umuyobozi wungirije wa Hamas yiciwe i Beirut mu Murwa mukuru wa Lebanon, Israel ikaba yatangaje ko icyo kitari igitero kigabwe kuri Lebanon, nubwo abahanganye na Israel bahise batangaza ko bazihorera kuri Israel kubera urupfu rw’uwo muyobozi.
Gen Maj Bruno Mpezo Mbele uherutse guhabwa inshingano zo kuyobora ibikorwa by’urugamba mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) muri Kivu y’Amajyaruguru yatawe muri yombi ashinjwa gukorana n’umutwe wa FDLR.
Muri Tanzania, umuryango umwe uri mu gahinda gakomeye ko kubura abana bawo barindwi bishwe n’umuturanyi wabo bivugwa ko yabaroze, abitewe n’uburakari bw’uko bamwibye inkoko bakayirya.
Umuhungu n’umukobwa bakundanaga bo mu gace ka Makindye mu Mujyi wa Kampala muri Uganda, baravugwaho guterana icyuma kugeza ubwo bombi bashizemo umwuka nk’uko polisi yabitangaje.
Muri Repubulika ya Tchèque, umwiyahuzi yishe abantu 15 abarashe, abandi basaga 10 barakomereka, muri Kaminuza iherereye muri Prague, nk’uko byatangajwe n’abashinzwe ubutabazi, Polisi ikaba yemeza ko uwo wishe abantu yari umunyeshuri wigaga muri iyo Kaminuza, na we akaba yahise araswa arapfa.
Ubuyobozi bw’ingabo z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) bwatangaje ko nubwo Leta ya Congo Kinshasa itashimye ko izi ngabo zikomeza akazi ko kubungabunga amahoro mu bice bitandukanye by’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, bishimira ko mu gihe bari bahamaze bagerageje guhagarara hagati bigatuma imirwano itagira (...)
Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 uhanganye n’ingabo za Leta ya Congo Kinshasa mu Burasirazuba bwa Congo, bwashinje ingabo za Leta kutubahiriza agahenge k’amasaha 72 katanzwe.
Abarwanyi ba M23 ngo baba bafashe agace ka Mushaki, basatira umujyi wa Sake uri mu birometero 15, abandi barwanyi bakomeza icyerekezo kibaganisha mu Burengerazuba bwa Sake.
Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 bwatangaje ko bugiye gusubirana ibice abarwanyi bawo bari baravuyemo kugira ngo bigenzurwe n’ingabo z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) zari mu butumwa bwo guhagarika intambara.
Colonel Protogène Ruvugayimikore, wari uzwi ku mazina y’amahimbano nka Ruhinda, Gatokarakura na Zolo, yapfuye mu ijoro tariki ya 2 Ukuboza 2023 aguye mu bitaro mu mujyi wa Goma nyuma yo guturikanwa n’igisasu cyari mu cyumba cye.
Nyuma y’uko Inama y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yemeje ko Ingabo z’uyu muryango zitazongererwa igihe cyo gukorera muri Kivu ya Ruguru muri Congo(DRC), abasirikare b’abanya-Kenya babimburiye abandi mu gutangira gutaha iwabo kuri iki Cyumweru tariki 03 Ukuboza 2023.
Nyuma yo gusoza amasomo ku basirikare 512 batojwe n’ingabo z’u Rwanda, mu muhango wabereye kuri Sitade ya Camp Kassaï, Perezida wa Santarafurika Faustin-Archange Touadéra yashimiye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame n’ingabo z’u Rwanda.
Abantu 37 bapfuye baguye mu mubyigano wabereye kuri Sitade yo muri Congo-Brazzaville, ahari harimo gukorerwa igikorwa cyo gushaka abinjira mu ngabo z’igihugu. Ubuyobozi bwa Congo-Brazzaville bwatangaje ko umubare w’abakomerekeye muri icyo gikorwa utahise umenyekana.
Abaturage batuye muri Teritwari ya Nyiragongo n’umujyi wa Goma bakoze imyigaragambyo yo kwamagana abarwanyi ba Wazalendo kubera ibikorwa by’ubwicanyi n’ihohoterwa barimo gukorera abaturage, abagize imiryango ya sosiyete sivile bakaba basaba Leta kubakiza ababahungabanyiriza umutekano.
Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) kivuga ko kibabajwe n’urupfu rw’umwe mu basirikare bacyo wiciwe i Goma muri iki cyumweru, kandi ko cyatangije iperereza ngo hamenyekane uburyo yapfuye.
Abahagarariye ibihugu bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bwongereza muri Uganda, batanze umuburo ku baturage babo bazitabira iserukiramuco rya Nyege Nyege, kwigengesera kubera kwikanga ibitero by’iterabwoba bishobora kwibasira Umujyi wa Kampala.
Ayo makuru yemejwe na Minisiteri y’Umutekano ya Leta zunze Ubumwe za Amerika, ashimangira ibyari byatangajwe mbere n’uwo mutwe w’inyeshyamba ukorana bya hafi n’igihugu cya Iran.
Ingabo z’igihugu cy’u Burundi zagiye mu butumwa bw’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba muri Kivu y’Amajyaruguru muri Teritwari ya Masisi zavuye mu bice zarimo nyuma y’uko abarwanyi ba M23 bashushubikanyije ingabo za Leta ya Congo (FARDC) zari muri Masisi.
Nyuma imirwano yabereye mu bice bitandukanye bya Masisi tariki 5 Ugushyingo 2023, ndetse igasiga uduce dukomeye dufashwe n’abarwanyi ba M23, imirwano ikomeye yubuye muri Teritwari ya Nyiragongo mu gice cya Kibumba ku musozi wa Nyamishwi ku kirunga cya Nyamuragira ahari gukoreshwa intwaro zikomeye.
Inzego z’ubuzima muri Palestine zatangaje ko ibitaro bya al-Ahli Arab byo mu mujyi wa Gaza byari birwariyemo abagera ku gihumbi byagabweho igitero, gihitana ababarirwa muri magana atanu, abandi batahise bamenyekana umubare bakaba bari bakirimo gushakishwa mu bisigazwa by’ibitaro byasenyutse.
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss, kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Ukwakira 2023, yatangaje ko umugabo we yerekeje muri Israel aho agiye ku rugamba Igihugu cye kirimo aho gihanganye n’abarwanyi b’Umutwe wa Hamas.
Imirwano yongeye kubura hagati y’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) hamwe n’umutwe wa M23 muri teritwari ya Masisi. Imirwano yatangiye tariki 01 Ukwakira 2023 mu masaha ya saa cyenda kugera ku mugoroba mu bice Kirolwire, Kibarizo, Busumba na Kirumbu. Byarangiye abarwanyi ba M23 bashubije inyuma (...)
Umuyobozi Mukuru wa Polisi muri Mozambique, IGP Bernardino Raphael, yashimye inzego z’umutekano z’u Rwanda kubera uruhare rwazo mu kurwanya iterabwoba no kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado.
Abantu barindwi baguye mu gitero cy’ubwiyahuzi cyagabwe mu iduka ry’ikawa mu murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu, icyo gitero kikaba cyabaye nyuma y’umunsi umwe ikindi gisasu gitezwe mu modoka na cyo kikica abantu.
Perezida wa Repubulika ya Santarafurika (CAR), Prof Faustin Archange Touadéra, yifatanyije n’Ingabo z’u Rwanda zoherejwe muri icyo gihugu mu bikorwa by’umuganda rusange.