Ingengo y’imari akarere ka Ngororero kazakoresha mu mwaka wa 2013-2014, ingana n’amafaranga miliyali 9 azakoreshwa mu bikorwa bitabashije kurangizwa ndetse n’ibindi bikorwa bizamura imibereho y’abaturage.
Abanyeshuri b’urwunge rw’amashuri rwa Ririma mu karere ka Bugesera barishimira amazi meza bagejejweho n’umushinga Water Breeze kuko ubundi mbere bavomaga amazi mabi y’ibiyaga, kandi bakaba bashoboraga no guhura n’impanuka zo kuribwa n’ingona ziba muri ibyo biyaga bajya gushaka amazi.
Umuryango l’Appel wo mu Rwanda ufatanije n’uwo mu gihugu cy’ubufaransa batashye ku mugaragaro umuyoboro w’amazi wa km 4 mu kagari ka Nyagafunzo mu murenge wa Nyankenke mu rwego rwo kugeza amazi meza ku baturage.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buratangaza ko bwafashe icyemezo cyo gusenya zimwe mu nyubako ziri muri uyu mujyi kuko zitajyanye n’igishushanyo mbonera cyawo.
\Abahinzi bo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu bavuga ko bagiye gucyemura ikibazo cyo kubura imbuto no gusesagura umusaruro nyuma yo kubakirwa ikigega gishobora guhunika toni 400 z’ibirayi.
Iyo ingengo y’imali idakoreshejwe ibyo yateganirijwe bigira ingaruka ku iterambere ry’akarere ndetse n’iry’igihugu muri rusange; nk’uko byatangarijwe mu karere ka Gisagara mu muhango wo kwemeza ingengo y’imari izakoreshwa mu mwaka wa 20213-2014.
Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, Nzamwita Deogratias, aratunga urutoki abakozi bashinzwe gusoresha kuba banyereza imisoro y’akarere, bakaba bagomba gufata ingamba kugira ngoicyo kibazo gikemuke.
Biteganyijwe ko mu myaka itanu iri imbere, abakene bo mu karere ka Rwamagana bazaba bagabanutse ku gipimo cya 20%, ndetse ngo umuturage akazaba yinjiza amadorari ya Amerika 1240 nk’uko bigaragara ku mbonerahamwe y’ibikorwa biteganyijwe muri iyo myaka.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yageneye ibikoresho byo kwifashisha mu myuga rumwe mu rubyiruko rwo mu imwe n’imwe igize akarere ka Rulindo. Icyo gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 21/06/2013, cyari kigamije gutera inkungas urwo rubyiruko rwize imyuga.
Abanyamuryango ba AVEGA Agahozo mu karere ka Kirehe bagabiye inka eshanu abapfakazi ba Jenoside bo mu karere ka Kamonyi. Izi nka zatanzwe mu rwego rwo korozanya, kugirango abanyamuryango barusheho kwihesha agaciro no kwigira.
Kuri uyu wa gatatu tariki 19/06/2013, mu murenge wa Buruhukiro mu karere ka Nyamagabe hatashywe ku mugaragaro uruganda ruciriritse rukora Kawunga ndetse rukanatunganya amafu anyuranye rwa koperative Twisungane yagezweho ku nkunga ya RDB.
Gutunganya ahantu habera umuhango wo Kwita Izina ndetse n’indi mirimo ijyanye n’imyiteguro biha akazi abaturage benshi kuburyo bamwe bamaze kwikenura bagura amatungo abandi bakarihira abana amashuri babikesheje amafaranga bavana muri iyo mirimo.
Abaturage batuye mu gasanteri kitwa Rond Point ko mu Karere ka Bugesera barasaba ubuyobozi bw’akarere n’ubwa EWSA kubagezaho umuriro w’amashanyarazi kuko ari mu bizatuma babasha gutera imbere.
Nk’uko bimeze ku isi hose, uko imijyi igenda ikura ni ko n’ibikorwa by’urugomo bigenda byiyongera n’ubwo inzego z’umutekano ziba ziticaye.
Umwaka w’ingego y’imari 2012/2013 turimo gusoza uzasiga mu karere ka Nyabihu hatanzwe inka zigera kuri 800 muri gahunda ya Girinka Munyarwanda igamije gufasha Abanyarwanda kwikura mu bukene ndetse no guhindura imibereho yabo.
Kuwa gatandatu tariki 15/06/2013, mu Karere ka Ruhango batangiye ku mugaragaro igikorwa cyo kwimura abatuye ahantu hakunze kwibasirwa n’ibiza (High Risk Zones).
Uwitonze Charlotte wo mu murenge wa Muyumbu mu karere ka Rwamagana aratabariza imfubyi za Jenoside zirera zo muri uwo murenge no mu gihugu muri rusange, kuko benshi bafite ibibazo ariko bakaba badakunze kubona ababageraho.
Imiryango 180 ituye mu Mudugudu w’Ubuhoro wubatswe n’Umuryango Benimpuhwe mu murenge wa Rilima, batangaza ko ubu batakwibarira mu bakene, kuko batagifite ikibazo cy’imiturire ndetse n’icy’ubuzima busanzwe.
Jean Pascal Labile, Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga n’iterambere w’u Bubiligi, yatangajwe n’uburyo imishinga igihugu cye giteramo inkunga itera imbere ikanateza abaturage imbere.
Mu ruzinduko Umuhuzabikorwa w’Ihuriro ry’Abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Uturere (JADF), yagiriye mu karere ka Kamonyi, yasabye abagize JADF ya Kamonyi, gutanga inkunga ziganisha ku iterambere ry’ubukungu kuko arizo zifasha umugenerwabikorwa kuva aho ari, agatera imbere.
Nyuma yo guhabwa amahugurwa n’umuryango Cooperate Out of Poverty (Coop- Rwanda) babereka uburyo bakorora inka neza zikabafasha kwikura mu bukene, amakoperative icyenda aturuka mu mirenge itatu y’akarere ka Nyabihu yahawe inka 45.
Abaturage icyenda bari batuye muri zone zishobora kuberamo Ibiza babwiwe ko mu mezi atatu bazaba batashye inzu nshya mu mudugudu ahatateza Ibiza mu murenge wa Kazo.
Abakozi n’abayobozi b’akarere ka Muhanga bamaze kwemerera umukozi w’aka karere ko bazamufasha bakamushakira inzu yo kubamo ku bwo kuko nta bushobozi afite bwo kwiyibonera.
Genevieve Mukanama w’imyaka 50, utuye mu Kagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke ho mu Karere ka Gakenke akora ubworozi b’umwuga bumufasha gutunga abana barindwi akabarihirira amashuri harimo na kaminuza.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Imena Evode, yasabye abacukuzi b’amabuye y’agaciro mu ntara y’amajyaruguru ko bajya batanga raporo y’ibyo bakoze mu rwego rwo kumenyekanisha ibikorwa byabo.
Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga mu isakazabumenyi, Mbabazi Rosemary, yibukije urubyiruko rwo mu karere ka Kirehe ko arirwo mbaraga z’igihugu rukaba rugomba gukora ibikorwa by’iterambere birufitiye akamaro birinda amacakubiri ashobora kuvuka hagati yabo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere umwuga w’ababaruramari mu Rwanda (iCPAR) gifatanije n’ikigo gishinzwe guteza imbere imari n’imigabane (Capital Market Authority ) n’ Isoko ry’imari n’imigabane (Rwanda Stock Exchange) basuye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu mudugudu wa Kamabuye mu karere ka bugesera.
Hashize iminsi Leta y’u Rwanda isaba Abanyarwanda kugira umuco wo kwakira neza ababagana, nka bumwe mu buryo bwo kubafasha kugera ku iterambere. Bamwe mu bacururiza mu isoko ryo mu mujyi wa Butare batugaragarije ko bumva neza icyo bagomba gukora.
Raporo yashyizwe ahagaragara na Banki nyafurika itsura amajyambere (AfDB) ku bufatanye n’umuryango w’Abanyamerika Global Financial Integrity (GFI) igaragaza ko mu myaka 30 umugabane w’Afurika wabuze amafaranga arenga miliyari 1000 z’amayero.
Uko umujyi wa Karongi utera imbere ni n’ako abagore n’abakobwa baho bagenda bajijuka bagatinyuka gukora imirimo yafatwaga nk’iy’abagabo gusa harimo kwihangira imirimo n’ubucuruzi butandukanye.