Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yussuf Murangwa, ubwo yamurikiraga Inteko Ishinga Amategeko ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026, yavuze ko amafaranga azagenda ku mirimo yo kubaka ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali kirimo kubakwa mu Bugesera mu ngengo y’Imari ya 2025-26, angana na Miliyari 853,6Frw.
Kuri uyu wa 12 Kamena 2025 Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, irageza ku Nteko ishinga amategeko imitwe yombi, itegeko rishyiraho Ingengo y’Imari izakoreshwa umwaka wa 2025-2026.f
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye, aratangaza ko umutekano w’amafaranga imbere n’inyuma y’Igihugu cy’u Rwanda uhagaze neza, kubera ubwirinzi bwa BNR, n’imikoranire y’inzego ku mutekano w’amafaranga.
Komisiyo y’Imari n’Umutungo bya Leta imurika Imbanzirizamushinga y’ingengo y’Imari ya Leta y’umwaka wa 2025-2026, hamwe n’ingamba z’igihe giciriritse (MTEF2025/26-2027/28), yagaragaje uburyo amafaranga azakoreshwa muri iyi ngengo y’Imari, amenshi akazava imbere mu gihugu kuko angana na 58.4%.
Ihuriro ry’Ibigo by’Imari Iciriritse mu Rwanda, AMIR, ku bufatanye na rigenzi ryaryo ryo muri Zimbabwe, ZAMFI, rigiye kwagurira ibikorwa by’Inama z’ibigo by’Imari muri icyo gihugu, mu rwego rwo gukurura abashoramari no kwerekanira muri Zimbabwe ibyo u Rwanda rukora.
Inteko Rusange ya Sena isanga inkunga z’amahanga zahagaritswe ntacyo zizatwara u Rwanda, kuko imishinga minini igihugu cyimirije imbere izafasha kuziba icyuho.
Abafatanyabikorwa ba gahunda ya VUP bashimye uko inkunga yayo yahinduriye abagenerwabikorwa ubuzima mu Rwanda, ikabafasha mu bikorwa bitandukanye byatumye biteza imbere.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yatangarije Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe Ingengo y’Imari n’umutungo, kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Gicurasi 2025, ko Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) n’ibigo biyishamikiyeho bizakoresha ingengo y’imari ingana na 333,558,981,729Frw mu mwaka wa 2025-2026.
Munderere Viateur, wigeze gusarikwa n’ibiyobyabwenge kugeza ku rwego byamuviriyemo kujyanwa kugororwa mu Kigo cy’Igororamuco cya Iwawa, akigishwa amasomo harimo n’ajyanye n’umwuga w’ubuhinzi n’ubworozi, ubu yabaye rwiyemezamirimo watanze akazi ku buryo abo mu gace k’aho akorera umushinga we, bamufata nk’icyitegererezo.
Abanyamigabane ba BK Group Plc bishimira inyungu ibageraho kuko igenda yiyongera, bayikesha urwunguko icyo kigo kibona buri mwaka.
Abagize Inteko Ishinga Amategeko barasaba ko ingengo y’imari yateganya amafaranga yo kwishyura abaturage bimurwa ku nyungu rusange, kuko bimaze kugaragara ko kwimurwa kwabo hari aho binyuranya n’itegeko ibyabo bikangizwa batarishyurwa.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo MININFRA n’Abafatanyabikorwa bayo barimo Ikigo gutanga imodoka zikoresha amashanyarazi BasiGo, n’Ishyirahamwe ry’abatwara abantu mu modoka mu Rwanda RTA, batangije gahunda yo gutwara abagenzi mu modoka zikoresha amashanyarazi, ku muhanda Kigali-Muhanga-Nyanza-Huye, mu rwego rwo kubungabunga (…)
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko (Imitwe yombi), imbanziriza mushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025/2026 irenga miliyari 7032.5Frw, ikaba izavamo ayo kurangiza kubaka Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali kiri mu Bugesera.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Yusuf Murangwa, ageza ku bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda kuri uyu wa Kane imbanzirizamushinga y’ingengo y’Imari ya Leta y’umwaka wa 2025/2026 (Budget Framework Paper), hamwe n’ingamba zo mu gihe giciriritse 2025/2026-2027/2028, yatangaje ko amafaranga ateganyijwe gukoreshwa mu (…)
Rumwe mu rubyiruko rufite ubumuga rwibumbiye mu matsinda atandukanye hirya no hino mu Rwanda, ruri guhugurirwa gukora imishinga no gucunga amatsinda mato n’amakoperative binyuze mu mushinga ‘Turengere Abafite Ubumuga’, hagamijwe gukura urwo rubyiruko mu bukene.
Ku wa 17 Mata, inzego zifite aho zihuriye n’ishyirwa mu bikorwa ry’imikoreshereze y’ ubutaka mu Karere ka Burera, zahuriye mu biganiro nyunguranabitekerezo, bigamije kurebera hamwe ibizibandwaho mu kunonosora igishushanyombonera, kugira ngo bagire amakuru yimbitse ashobora gufasha abaturage n’abashoramari kuzajya bagishyira (…)
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirete, yameje kuri uyu wa 16 Mata 2025, Ubushakashatsi ku mibereho y’ingo(EICV7), bwakozwe n’Ikigo cy’Ibarurishamibare (NISR) ku nshuro ya karindwi muri 2023/2024, bukaba bwerekana ko abaturage barenga Miliyoni imwe n’ibihumbi 500 bavuye munsi y’umurongo w’ubukene mu myaka 7 ishize, ni (…)
Mu gihe hari abarya imboga ari uko baziguze, hakaba n’abazirya rimwe na rimwe kubera kunanirwa kuzihingira, Marie Chantal Mukeshimana utuye mu Murenge wa Nyanza mu Karere ka Gisagara, we azihinga mu mbuga ku buryo azirya uko abyifuza, agasagurira n’amasoko.
Uzabakiriho Gervais utuye mu Murenge wa Shangasha mu Karere ka Gicumbi, avuga ko yahoze mu bukene bukabije, gahunda ya Girinka imugobotse ayibyaza umusaruro kugeza ubwo abaye umuhinzi mworozi w’intangarugero mu karere ka Gicumbi.
Ikigo gishinzwe gutanga amasoko ya Leta (RPPA) kigiye gutangira gukurikiza politiki nshya yo gutanga amasoko mu buryo burambye, nk’uko yemejwe n’Inama y’Abaminisitiri mu Kwakira 2024.
Ku myaka 27, Shakila Uwineza yamaze gushinga uruganda rutunganya urusenda acuruza mu Rwanda, anatekereza kuzajya acuruza hanze yarwo. Byatumye ahindura imyumvire ku buryo atagitekereza gukizwa no kujya gutura mu mahanga, ahubwo no kujyanayo ibicuruzwa bye.
Bimaze kumenyerwa ko ibikorwa bihuriweho n’inzego z’umutekano bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage ari ngarukamwaka, aho Ingabo z’u Rwanda (RDF) hamwe na Polisi y’Igihugu bafatanya gukora ibikorwa bitandukanye biteza imbere abaturage.
BK Foundation ku bufatanye n’Ikigo cy’u Budage cy’Iterambere (GIZ), batangije umushinga uzafasha ba rwiyemezamirimo by’umwihariko urubyiruko, kubona inguzanyo igera kuri Miliyoni 30 Frw yishyurwa nta nyungu.
Minisiteri y’u Rwanda y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane (MINAFFET), yatangaje ko u Rwanda rwahagaritse gahunda y’ubutwererane Igihugu gisanzwe gifitanye n’u Bubiligi.
Hari igihe avoka yitwaga ibiryo by’abanyabutare byo kuvuga ko ari zo zibatunze, ko muri rusange nta bindi biryo bafite, ariko kuri ubu ibasha kugurwa n’abifite ndetse n’iyo yoherejwe mu mahanga igurwa Amadorari.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko izamuka n’ishyirwaho ry’imwe mu misoro mishya ryemejwe n’Inama y’Abaminisitiri nta ngaruka zikomeye rizagira ku muguzi wa nyuma, kubera ko byakozwe bibanje gutekerezwaho.
Inama y’Abaminisitiri yemeje amategeko n’amateka mashya ajyanye n’imisoro, aho ibikoresho by’ikoranabuhanga bigiye kujya byishyura umusoro ku nyongeragaciro (VAT).
Urubyiruko 33 rugizwe n’abasore n’inkumi bahawe Miliyoni 170 z’Amafaranga y’u Rwanda, azabafasha kwagura imishinga yabo yiganjemo iy’ubuhinzi n’ubworozi, nyuma yo guhabwa amahugurwa y’igihe kirenga umwaka mu mahanga.
Mu rwego rwo kurushaho guteza imbere imibereho myiza y’abajyanama b’ubuzima, Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko irimo kureba uburyo na bo baba abanyamuryango ba Muganga SACCO.