Mu nama yahuje abayobozi abakozi bose b’Umurenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo hemejwe ko imishinga yo muri gahunda ya VUP yakwibandwaho mu gihe kiri imbere yakwibanda ku gutunganya imihanda ihuza utugari n’imidugudu, gukwirakwiza amazi meza mu midugudu atarageramo, kubakira abatishoboye bagafashwa gutura mu midugudu, (…)
Guverineri w’intara y’uburasirazuba, Uwamariya Odette, tariki 19/07/2013, yatangije ku mugaragaro imirimo yo kubaka inzu abagenzi bakoze ingendo ndende bazajya baruhukiramo mbere yo gukomeza ingendo za bo (Roadside Station) mu karere ka Kayonza.
Kankundiye Alphonsine utuye mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kitazigurwa mu karere ka Rwamagana arashimira Leta y’u Rwanda yatekereje gahunda yo gutuza abaturage mu midugudu.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba, aramara impungenge bamwe mu bagiraga impungenge zo gutangira ubucuruzi kubera ibibazo by’ubukode buhenze, avuga ko amazu y’bucuruzi ari kuzamurwa hirya no hino muri Kigali ariyo azakemura icyo kibazo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba, Jabo Paul, arahamya ko ikibazo cy’imicungire mibi y’umutungo wa Leta cyakunze kugaragara mu karere ka Nyamasheke kimaze gucika, ngo igisigaye ni ukujya aho ibikorwa bikorerwa kugira ngo harebwe koko ko ibyo bikorwa bifatika.
Abahabwa inkunga y’ingoboka muri gahunda ya VUP mu murenge wa Musambira ho mu karere ka Kamonyi, bahisemo gushora inkunga bahabwa mu mishinga ibateza imbere, none bamaze kugura inzu ifite agaciro ka miliyoni zisaga 20 no guhinga icyate cy’imyumbati cya hegitari 10.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Madamu Jeannette Kagame, arasaba abatuye mu midugudu y’icyitegererezo ya Nyagatovu na Kitazigurwa gucunga neza ibikorwa by’iterambere biyirimo, kugira ngo iyo midugudu izabe imbarutso y’iterambere mu ntara y’Iburasirazuba.
Umugore witwa Dusabemungu Spéciose utuye mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, atangaza ko ubworozi bw’ingurube ari ingirakamaro cyane kuko bwamufashije kwiga kaminuza akayirangiza kandi bukaba bunamufasha kurihira abana be batandatu.
Bamwe mu bahinzi ba Kawa bavuga ko ari igihingwa cyabateje imbere ugereranije n’ibindi bahingaga. Ngezahohuhora Joseph utuye mu murenge wa Jomba mu karere ka Nyabihu avuga ko yabashije kubaka inzu ifite agaciro kari hagati ya miliyoni 1,5 na miliyoni 2.
Umukecuru w’inshike witwa Mukaremera Marie Therese wo mu kagari ka Nyabagendwa mu Murenge wa Rilima mu karere ka Bugesera arishimira ko agiye kubona icumbi ryo kubamo nyuma y’uko ntaho yagiraga ahubwo yirirwaga asembera mu baturanyi be.
Mu gihe mu turere tumwe na tumwe mu gihugu turi kugenda tuvugurura amastade yatwo tugashyiramo amatapi yabugenewe, turasabwa noneho ko twashaka ahandi hantu hashobora guteranira abantu barenze nibura ibihumbi 100.
Urubyiruko rwo mu mujyi wa Nyamata rubifashijwemo n’ikigo cy’urubyiruko cya Bugesera rwahuriye mu marushanwa yo kwidagadura, hanaremerwa bamwe muri rwo bari barangije inyigisho z’imyuga y’ubudozi no gutunganya imisatsi.
Imyubakire y’ikiraro kiri kubakwa ku mupaka wa Rusumo uhuza u Rwanda na Tanzania yari igeze ku kigero cya 43.1% mu mpera z’ukwezi kwa Kamena 2013.
ku nshuro ya gatanu yikurikiranya, umurenge wa Kabaya wongeye kuza kumwanya wa mbere mumirenge 13 igize akarere ka Ngororero. Nyuma y’igenzurwa ry’ishyirwa mubikorwa ry’imihigo byakozwe n’itsinda ryashyizweho mu karere, ndetse no kugaragariza abayobozi n’abaturage ibyo bagezeho mumwaka w’2012-2013.
Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru yo kwibohora ku nshuro ya 19, yabaye tariki 04/07/2013, ubuyobozi bw’ingabo mu karere ka Karongi bworoje abantu babili batishoboye mu kagari ka Kibirizi, umurenge wa Rubengera.
Abagize koperative MAGNIFICENT ikora ibintu bitandukanye mu ifarini ikorera ahitwa Nyarusiza mu murenge wa Kamegeri bavuga ko bamaze kugera kuri byinshi bakesha umwuga wabo haba buri muntu ku giti cye ndetse na koperative ubwayo.
Ishyirahamwe ry’abarwara abagenzi bibumbiye muri Rwanda Federation of Transport (RFTC) bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, batanga inkunga y’amazu 6 yagenewe abacitse ku icumu batishoboye bimuwe ku musozi wa Rubavu bagatuzwa ahitwa Kanembwe mu karere ka Rubavu.
Urubyiruko rwibumbiye mu ishyirahamwe DUHANGE UMURIMO riri mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Byumba batangaza ko bamaze kwiteza imbere babikesha ubukorikori bwo kuboha ibikoresho bitandukanye babikuye mu birere by’insina.
Ahereye ku mihanda yakozwe ariko hakongera gusabwa amafaranga yo kongera kuyikora, umuyobozi w’inama njyanama y’akarere ka Rusizi, Kamanzi Symphorien, avuga ko hari amafaranga apfa ubusa kubera abakozi badakurikirana neza inshingano zabo.
Mukamabano Angelique wo mu karere ka Kayonza avuga ko yahingiraga abandi kugira ngo abone ikimutunga, ariko ubu na we ngo asigaye ashyira abakozi mu murima bakamuhingira akabahemba, abikesha inkunga yahawe n’umuryango Women for Women.
Ingengo y’imari akarere ka Rulindo kazakoresha mu mwaka 2013-2014 izaba izaba ingana na miliyari 9, miliyoni 130, ibihumbi 870 n’amafranga 204 nk’uko byemejwe n’inama njyanama y’ako karere tariki 30/06/2013.
Ku cyumweru tariki 30/06/2013, Inama njyanama y’akarere ka Nyamagabe yarateranye yemeza ingengo y’imari aka akarere kazakoresha mu mwaka wa 2013-2014, iyi ngengo y’imari ikaba ingana na miliyari 10 miliyoni 805 ibihumbi 998 n’amafaranga 139.
Koperative yo kubitsa no kuguriza Duterimbere-COPEDU Ltd, tariki 29/06/2013, yahaye abapfakazi inka eshanu zifite agaciro ka miliyoni hafi eshatu z’amafaranga y’u Rwanda bo mu Murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera.
Sosiyete ishinzwe gutwara abantu n’ibintu mu ntara y’Amajyepfo Volcano Express yubakiye umukecuru wibana mu karere ka Ruhango witwa Mukangango Beta inaha amatungo magufi abaturanyi be mu rwego rwo kuremera abatishoboye basizwe iheruheru na Jenoside.
Inama Njyanama idasanzwe y’Akarere ka Kirehe iyobowe n’umuyobozi wayo yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 28/06/2013, yemeza ingengo y’imari umwaka wa 2013-2014 imaze kuyikorera ubugororangingo itorwa 100%.
Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango, Odda Gasinzigwa, arasaba abagore bo mu karere ka Kayonza kubyaza umusaruro amahirwe bazaniwe n’ikigo cya Women’s Opportunity Center, kizajya gihugura abagore ku bintu bitandukanye.
Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzania nyuma yo kukanyagwa n’amatungo yabo, ubu batujwe mu murenge wa nyamugari mu karere ka kirehe batangiye korozwa inka binyuze muri gahunda ya Girinka, aho bagabiwe n’abaturage bari barorojwe mbere.
Umubyeyi w’abana babiri witwa Kayitare Pierre Claver arangije Kaminuza abikesha akazi akora ko gutwara moto mu mujyi wa Musanze, kuko katumaga abona amafaranga yo kwiyishyurira ishuri ndetse no gutunga urugo rwe.
Abakozi ba World Vision ADP Nyarutovu basuye imiryango 51 y’abacitse ku icumu bo mu karere ka Gakenke babaha inkunga igizwe n’imifarizo yo kuryamaho ndetse n’ibyo kurya byose bifite agaciro ka miliyoni 3 n’ibihumbi 300.
Ubuyobozi bw’inama njyanama y’akarere ka Muhanga buratangaza ko kuba ku ngengo y’imari y’uyu mwaka wa 2012-2013 uri gushira harasagutse amafaranga agera kuri miliyoni 200 atari uko habuze ibikorwa akoreshwa ko ahubwo azimukanwa mu ngengo y’imari y’umwaka ukurikira kuko hari ibikorwa byari byaratangiwe agomba kurangiza.