Polisi yo muri Irani cyategetse ko abagore baba muri icyo gihugu batazongera kurebera umupira hamwe n’abagabo kubera ko iyo abantu bareba umupira hashobora kuzamo ibyishimo, abagabo n’abagore bari hamwe mu mupira bakaba bakwikubanaho kandi idini ya kiyisilamu ikomeye muri Irani itabyemera.
Umugabo w’Umuhinde witwa Reshma Banu afunzwe na polisi y’icyo gihugu azira kwica umwana we amuziza ko ari umukobwa kandi bikaba bitari kuzamworohera kumubonera inkwano kuko muri icyo gihugu hari amoko ategeka ko abakobwa aribo batanga inkwano.
Umuryango w’umwami wa Espagne wababajwe cyane no kumva ko umwami Juan Carlos, yakoze amahano akabyara umwana w’umukobwa mu gihugu cy’Ububiligi akamuhisha none bakaba babimenye amaze kugira imyaka 46.
Mu mujyi wa Madrid muri Esipanye habaye imyigaragambyo y’abamagana ko abagendera mu modoka bagendera nabi abanyonzi bagendera ku magare mu muhanda, bakabahutaza.
Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, David Cameron, yasohokanye n’umwana we w’imyaka 8 amwibagiriwa mu kabari.
Sosiyete ya OHEA yo mu gihugu cya yatangaje ko yamaze gukora uburiri butangaje, bemeza iyo umuntu abubyutsemo buhita bwisasa mu gihe cy’amasegonda mirongo itanu gusa.
Igipolisi cya Watertown i New York muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika cyafunze Jessica Baughman ufite imyaka 21 azira kwica ndetse akanakaranga amafi ya nyirakuru.
Umwana witwa Victor Kasparas Abromavicius ufite amezi 11 y’amavuko yagukanye irushanwa ryo gusiganwa ku bana bakambakamba mu gihugu cya Lituanie.
Umunyamerika ufite imyaka 69 yategetswe n’urukiko kwishyura amadolari ya Amerika ibihumbi 900 (mafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 553) umukecuru w’imyaka 49 bakoranye imibonano mpuzabitsina akamwanduza indwara yandurira mu mibonano mpuzabitsina kandi umukecuru yari yamuhaye agakingirizo akoresha, umusaza akabyanga.
Abaturage bo mu murenge wa Ruli mu karere ka Gakenke bahagaritse imirimo mu gihe cy’amasaha nk’abiri ku gicamutsi cyo ku wa kane tariki 07/06/2012 ubwo bakubitaga bakuzura baje kureba kajugujugu yari yaguye muri uwo murenge.
Abakozi b’uruganda rukora inkweto mu gihugu cya Zimbabwe batangaje ko barambiwe gukorera inkweto ebyiri buri kwezi aho guhembwa amafaranga. Ubwo buryo bwo guhembwa bari bamazemo imyaka ibiri.
Umugabo witwa William Masvinu uherutse gutorerwa kuba mubi kurusha abandi mu mujyi wa Harare muri Zimbabwe ahangayikishijwe n’uko abamamaza birengagiza ikamba yahawe ryo kuba mubi kurusha abandi kandi ashaka ko iryo kamba ryamubyarira n’agafaranga.
Car Tang Shuquan, umugabo w’Umushinwa uvugwaho guca agahigo ko kuba mubi kurusha abandi ku isi yashyizeho igihembo c’amafaranga ibihumbi ijana by’amashinwa ku muntu ngo uzakora ubufundo (grimace) butuma aba mubi nk’ubwo we akora.
Urubyiruko rugira impumpuro isa nk’itari nziza ugereranyije n’abantu bari mu zabukuru nk’uko byavuye mu bushakashatsi bwakozwe n’impuguke z’Abanyamerika.
Injangwe yitwa Meow yo mu gihugu cya Nouveau-Mexique niyo ifite ibiro 18 ica agahigo ko kuba ifite ibiro byinshi kuri iyi si.
Kugira ngo itegeko rishya ryo kwambara agakingirizo igihe cy’imibonano mpuzabitsina muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika rishyirwe mu bikorwa, abapolsi bategetswe kureba filimi z’urukozasoni zizwi ku izina rya porno igihe bari mu kazi.
Inzego z’ibanze mu mudugudu wa Adomboshova mu gihugu cya Zimbabwe ziri gushakisha uwitwa Simon Matsvara na nyina witwa Ethel Vhangare ngo bahanirwe ko uyu Ethel Vhangare atwite inda ya kabiri yatewe n’uriya muhungu we Matsvara.
Umusore w’imyaka 28 witwa Chadil Deffy, wo mu gihugu cya Thaïlande, yashyingiranywe n’umurambo w’uwari umukunzi we Sarinya Kamsook w’imyaka 29, witabye Imana azize impanuka y’imodoka mbere y’ibyumweru bike ngo bakore ubukwe.
Umusaza Gasigwa Stratton w’imyaka 68 utuye mu mudugudu wa Bienvenu mu kagari ka Gisanga umurenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango, yabonye indi miryango igiye gusezerana tariki 31/05/2012 abwira umugore we Nyiransabimana Groliose ngo akarabe vuba bajye gusezera nk’abandi.
Umwana w’umukobwa w’imyaka icyenda wo mu gihugu cya Kenya yibarutse umwana w’umuhungu ku wa mbere tariki 28/05/2012 mu bitaro bya Kangemi.
Ubuyobozi bw’abanyamadini mu Majyaruguru y’igihugu cya Pakistan bwakatiye abagore bane n’abagabo babiri igihano cy’urupfu bazira ko bagiye mu bukwe bakaririmbana ndetse bakanabyinana.
Urubugwa rwa internitet rwa Foxsport rubinyujije kuri Twitter, tariki 27/05/2012, rwabeshye ko umukinnyi w’igihangange wa FC Barcelone, Lionel Messi, yitabye Imana.
Umugore w’imyaka 35 y’amavuko witwa Jody Smith wo mu gihugu cy’u Bwongereza arwaye indwara yitwa Cystinosis ituma amarira ye azamo utwuma tubengerana tumeze nka diamant (diamond).
Mugabo w’umuganga ( docteur en chirurgie) wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika witwa Emil Chynn yashyizeho igihembo cy’amadorari ibihumbi icumi ku muntu wese wazamubonera umugore babana nyuma gusanga atazibashiriza gukurikiza imico gakondo y’iwabo ikoreshwa mu gushaka umugore.
Nyuma y’uko abagabo benshi bagaragarije impungenge zo kutamenya isaha nziza bashobora kuba batera akabariro, kugira ngo barusheho kunyura abagore babo, ikinyamakuru Women’s Health Magazine cyakoze ubushakashatsi kuri iki kibazo.
Ababyeyi b’umwana w’umukobwa umaze umwaka umwe n’amezi atandatu abonye urumuri rw’iyi si witwa Riyanna babujijwe kugenda mu ndenge ku kibuga cy’indege cya Fort Lauderdale muri Leta ya Floride nyuma y’aho abashinzwe umutekano basangiye amazina y’uyu mwana ku rutonde rw’ibyihebe.
Smart Motel iherereye ku Muhima mu mujyi wa Kigali yateguye amarushanywa yo kunywa inzoga mu gihe gito. Muri ayo marusanywa yabaye tariki 13/04/2012 uwitwa Jean Elysé Byiringiro ni we wegukanye igikombe agitwaye Sibomana Callixte.
Umugabo w’Umushinwa witwa YangGuanghe yakuruye imodoka yo mu bwoko bwa Mercedes ifite uburemere bwa toni 1.6, akoresheje ibigohegohe(paupieres), tariki ya 28/04/2012.
Umugabo w’umuhinzi wo mu gihugu cy’Ubuhinde witwa Kailash Singh amaze imyaka 37 atarakoza amazi ku mubiri we cyangwa ngo yiyogosheshe umusatsi, ubu ureshya na metero imwe na centimetero umunani (1,8 m) z’uburebure.
Umugabo w’Umwongereza witwa Darren Oliver ufite imyaka 37 yirukantse isiganwa ryo kuzenguruka umujyi wa Londres agenda kirometero 40 yavunitse akaguru ke k’ibumoso ariko atabizi.