Kugira ngo itegeko rishya ryo kwambara agakingirizo igihe cy’imibonano mpuzabitsina muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika rishyirwe mu bikorwa, abapolsi bategetswe kureba filimi z’urukozasoni zizwi ku izina rya porno igihe bari mu kazi.
Inzego z’ibanze mu mudugudu wa Adomboshova mu gihugu cya Zimbabwe ziri gushakisha uwitwa Simon Matsvara na nyina witwa Ethel Vhangare ngo bahanirwe ko uyu Ethel Vhangare atwite inda ya kabiri yatewe n’uriya muhungu we Matsvara.
Umusore w’imyaka 28 witwa Chadil Deffy, wo mu gihugu cya Thaïlande, yashyingiranywe n’umurambo w’uwari umukunzi we Sarinya Kamsook w’imyaka 29, witabye Imana azize impanuka y’imodoka mbere y’ibyumweru bike ngo bakore ubukwe.
Umusaza Gasigwa Stratton w’imyaka 68 utuye mu mudugudu wa Bienvenu mu kagari ka Gisanga umurenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango, yabonye indi miryango igiye gusezerana tariki 31/05/2012 abwira umugore we Nyiransabimana Groliose ngo akarabe vuba bajye gusezera nk’abandi.
Umwana w’umukobwa w’imyaka icyenda wo mu gihugu cya Kenya yibarutse umwana w’umuhungu ku wa mbere tariki 28/05/2012 mu bitaro bya Kangemi.
Ubuyobozi bw’abanyamadini mu Majyaruguru y’igihugu cya Pakistan bwakatiye abagore bane n’abagabo babiri igihano cy’urupfu bazira ko bagiye mu bukwe bakaririmbana ndetse bakanabyinana.
Urubugwa rwa internitet rwa Foxsport rubinyujije kuri Twitter, tariki 27/05/2012, rwabeshye ko umukinnyi w’igihangange wa FC Barcelone, Lionel Messi, yitabye Imana.
Umugore w’imyaka 35 y’amavuko witwa Jody Smith wo mu gihugu cy’u Bwongereza arwaye indwara yitwa Cystinosis ituma amarira ye azamo utwuma tubengerana tumeze nka diamant (diamond).
Mugabo w’umuganga ( docteur en chirurgie) wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika witwa Emil Chynn yashyizeho igihembo cy’amadorari ibihumbi icumi ku muntu wese wazamubonera umugore babana nyuma gusanga atazibashiriza gukurikiza imico gakondo y’iwabo ikoreshwa mu gushaka umugore.
Nyuma y’uko abagabo benshi bagaragarije impungenge zo kutamenya isaha nziza bashobora kuba batera akabariro, kugira ngo barusheho kunyura abagore babo, ikinyamakuru Women’s Health Magazine cyakoze ubushakashatsi kuri iki kibazo.
Ababyeyi b’umwana w’umukobwa umaze umwaka umwe n’amezi atandatu abonye urumuri rw’iyi si witwa Riyanna babujijwe kugenda mu ndenge ku kibuga cy’indege cya Fort Lauderdale muri Leta ya Floride nyuma y’aho abashinzwe umutekano basangiye amazina y’uyu mwana ku rutonde rw’ibyihebe.
Smart Motel iherereye ku Muhima mu mujyi wa Kigali yateguye amarushanywa yo kunywa inzoga mu gihe gito. Muri ayo marusanywa yabaye tariki 13/04/2012 uwitwa Jean Elysé Byiringiro ni we wegukanye igikombe agitwaye Sibomana Callixte.
Umugabo w’Umushinwa witwa YangGuanghe yakuruye imodoka yo mu bwoko bwa Mercedes ifite uburemere bwa toni 1.6, akoresheje ibigohegohe(paupieres), tariki ya 28/04/2012.
Umugabo w’umuhinzi wo mu gihugu cy’Ubuhinde witwa Kailash Singh amaze imyaka 37 atarakoza amazi ku mubiri we cyangwa ngo yiyogosheshe umusatsi, ubu ureshya na metero imwe na centimetero umunani (1,8 m) z’uburebure.
Umugabo w’Umwongereza witwa Darren Oliver ufite imyaka 37 yirukantse isiganwa ryo kuzenguruka umujyi wa Londres agenda kirometero 40 yavunitse akaguru ke k’ibumoso ariko atabizi.
Ubushakashatsi bugaragaza ko ko ku ngo 10 z’abashakanye, enye muri zo zibana nabi kandi bikaganisha ku gutandukana, izindi enye zikagerageza guhangana n’ibibazo zihura nabyo ariko ntizisenyuke, mu gihe ebyiri gusa ari zo zibana mu mudendezo.
Umugabo witwa Gary Galka wo muri Leta Zunze Ubumwe Z’Amerika yavumbuye igikoresho cy’itumanaho kizajya kimufasha kuganira n’umukobwa we umaze imyaka umunani apfuye.
Merek, umugabo wo muri Polonye ufite imyaka 45 yagiye kwivuza amenyo ku wahoze ari umugore, Anna w’imyaka 33, we maze kubera inzika yari amufitiye ko yamwanze amukura amenyo yose yari afite mu kanwa.
Abadepite bo mu Misiri batangiye gutegura itegeko rizemerera abagabo b’Abanyamisiri kujya bakorana imibonano mpuzabitsina n’abagore babo igihe batararenza amasaha atandatu bashizemo umwuka. Iyi mibonano mpuzabitsina ngo izitwa iy’agasezero.
Umusore w’imyaka 22 y’amavuko witwa Abdel Rahmane Nayef al-Obaidi ukomoka mu gihugu cya Irak yananiwe guhitamo maze arongora abakobwa babiri umunsi umwe mu ntangiriro z’uku kwezi.
Umuyobozi w’uruganda Nokia rukomeye, rumaze igihe ari urwa mbere ku isi mu gukora amatelefoni agendanwa menshi yemereye televiziyo MTV3 yo mu gihugu cya Finland ko kompanyi ye yamaze gutakaza umwanya wa mbere mu kugurisha amatelefoni menshi.
Karla Vanessa Perez ukomoka muri Mexique ari mu bitaro aho ategerereje kubyara impanga z’abana icyenda, abakobwa batandatu n’abahungu batatu, azibaruka tariki 20/05/2012, nk’uko bitaganywa n’abaganga.
Umwana ukomoka mu gihugu cy’ubushinwa witwa Nong Yousui afite amaso adasanzwe kuko abasha kureba mu mwijima kuko afite amaso ateye nk’ay’inyamaswa.
Umugabo witwa Jack Kigongo wari utuye mu karere ka Kiboga mu gihugu cya Uganda yitabye Imana mu mpera z’ukwezi z’ugushyingo 2011 afite imyaka 103 asize abana 158 n’abuzukuru 500 bamukomokaho.
Umukobwa w’imyaka 29 y’amavuko ukomoka mu gihugu cya Maleziya yafashe icyemezo cyo kuzitabira imikino ya Olympques izabera mu Bwongereza kuva mu kwezi kwa Kanama uyu mwaka nubwo azaba atwite inda y’amezi 8.
Umusore Brahim Takioullah wo muri Maroc ufite ikirenge cy’ibumoso gifite uburebure bwa cm 38,1 akagira n’ikiburyo gifite cm 37,5 niwe muntu ufite ikirenge kirekire ku isi. Uwo musore nawe ni muremure cyane afite uburebure bwa metero 2,46.
Umunyakolombiyakazi yaciye agahigo ko kuba umubyeyi ku myaka mike ku isi yose kuko yabyaye afite imyaka 10 gusa.
Umugabo witwa John Brennan afungiwe ku kibuga cy’indege cya Portland muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika azira gukuramo imyambaro akiyambika ukuri avuga ko abashinzwe gusaka barimo kumwigirizaho nkana bamusaka ku buryo budasanzwe. Uyu mugabo yahise abwira polisi ko yumvaga barimo kumutoteza muri iryo saka.
Nyuma y’uko havumbuwe imibiri y’abana bamaze imyaka 500 bapfuye, inzu ndangamuco yo mu majyaruguru ya Argentine yahisemo kuyimurika ngo abantu bajye baza kuyisura ariko abaturage ntibabivugaho rumwe.
Umugabo w’Umunyamisiri yakubiswe n’inkuba ubwo yajyaga muri cybercafé (inzu bacururizamo internet) ashaka kureba kunshuro ya mbere mu buzima bwe film z’urukozasoni noneho iya mbere ahereyeho agasanga umukinnyi w’imena uyigaragaramo ari umugore we.