Abatuye ku kirwa cya Bugarura giherereye rwagati mu kiyaga cya Kivu ku ruhande rw’akarere ka Rutsiro bavuga ko byababereye nk’igitangaza kuba Guverineri, umuyobozi ukomeye wo ku rwego rw’intara y’Uburengerazuba, yabasuye kuri icyo kirwa bakabasha kuganira amaso ku maso.
Ubwo hasozwaga ku mugaragaro inama ngaruka mwaka ya 49 ya Banki ny’Afurika itsura amajyambere yari iteraniye i Kigali kuva tariki 19-23/05/2014, abayobozi batandukanye bayitabiriye batangaje bimwe mubyo bifuza ko byaranga uyu mugabane mu bihe bizaza.
Ubwo habaga amarushanwa ku rwego rw’Intara y’Iburengerazuba ku bijyanye n’imiyoborere myiza kuri uyu wa 22 Gicurasi 2014 mu karere ka Karongi, bamwe mu baturage bari bitabiriye icyo gikorwa batangaje ko basanga byinshi bigaragaza ko bayobowe neza mu Rwanda.
Perezida wa Banki nyafurika itsura amajyambere (BAD), Donald Kaberuka yasabye ibihugu bitarashobora kwiyubaka kubera imvururu n’intambara zabibayemo nka Sudani y’epfo, Santrafurika (CAR), Somalia n’ibindi, gufatira amasomo ku mateka y’u Rwanda.
Abategarugori bo mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye bibumbiye muri koperative Terimbere Mutegarugori, bakaba bahinga inyanya mu ihema (Green House), ku itariki ya 22/5/2014 bagenderewe n’umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bagore, Dr. Phumzile Mlambo Ngcuka bamugaragariza ibyo bagezeho babikesha (…)
Mu gutangiza inama mpuzamahanga ya Banki nyafurika itsura amajyambere (BAD) kuri uyu wa kane tariki 22/5/2014, abakuru b’ibihugu bayitabiriye bashingira ku mutungo kamere wa Afurika bahamya ko uyu mugabane ufite ejo hazaza heza; ariko ko ibihugu bigomba gushyira hamwe bigakemura ikibazo cy’imvururu no kubura ibikorwaremezo.
Ubushakashatsi ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) cyakoze ku bijyanye n’uko abaturage b’akarere ka Rusizi babona ibyo bakorerwa burasaba ko abayobozi b’inzego z’ibanze bo muri aka karere barushaho kwegera abaturage babaha serivisi zinoze kandi nabo baba bagizemo uruhare.
Agasozi ka Sabanegwa gaherereye mu gishanga cy’Akanyaru mu karere ka Gisagara aho u Rwanda ruhurira n’u Burundi; hakaba hashize igihe Abanyarwanda bemeza ko ari akabo Abarundi nabo bakavuga ko ari akabo nk’uko abahaturiye babivuga.
Ubwo yasubizaga ikibazo cy’ibyo umuyobozi nyawe yakora kugirango igihugu gikomeze kugira ibihe byiza no kugira imiyoborere ihamye mu gihe yaba amaze gusimburwa, Perezida Kagame yavuze ko ikimushishikaje ari uguharanira gusiga ibikorwa by’indashyikirwa kurusha gusimburwa gusa, kugira ngo abamusimbuye batazubakira ku busa.
Kubera amateka yaranze Intara y’Amajyaguru cyane cyane icyahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri, muri ako gace hashyizeho ibyapa n’indamukanyo zihariwe n’abo mu Majyaruguru zigamije gukangurira abaturage ubumwe n’ubwiyunge no kurandura ingengabitekerezi ya Jenoside ariko ibyo ubona bigenda bikendera buhoro buhoro.
Ministiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Oda Gasinzigwa, uri mu batanze ikiganiro ku ihame ry’uburinganire mu nama ya Banki nyafurika itsura amajyambere BAD iteraniye i Kigali, yavuze ko u Rwanda rwavuye mu mategeko n’amagambo ruha amahirwe angana igitsina gabo n’igitsina gore.
Nyuma y’imyaka 13 hatangijwe politiki yo kwegereza ubuyobozi n’ubushobozi abaturarwanda, ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB) kiri gutegura iteka rya Minisitiri w’Intebe rijyanye no kunononsora iyi politiki mu mirimo yihariye imwe n’imwe, kugira ngo irusheho kugenda neza.
Abakozi 20 ba Scar Security Company icunga umutekano baravuga ko birukanwe badategujwe nyuma yuko bishyuje amezi abili bari bamaze badahembwa bakabwirwa ko bazahita babahemba none amaso ngo yaheze mu kirere.
Umunyamabanga wa mbere muri ambasade y’ubuholandi mu Rwanda, Vasco Rodrigues yasuye inkambi ya Kigeme iherereye mu karere Nyamagabe agamije kureba aho imirimo yo kubaka “one stop Center” mu rwego rwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina igeze, dore ko igihugu cyUbuholandi ari bamwe mu bayiteye inkunga binyuze mu (…)
Banki nyafurika itsura amajyambere (BAD) yavuze ko mu mpamvu zayiteye gutumira abayobozi n’impuguke mpuzamahanga mu nama ibera i Kigali kuva tariki 19-23/5/2014, harimo kuyibwira uburyo bazakemura ikibazo cy’imvururu n’amakimbirane muri byinshi mu bihugu bya Afurika.
Benshi mu mfungwa n’abagororwa bafungiye muri gereza ya Nyanza barakize baniyemeza kureka imigambi mibi bari bafitiye abantu bari hanze ya gereza, nyuma y’amasengesho bagejejweho na Padiri Ubald Rugirangoga umaze kumenyekana cyane mu Rwanda kubera impano avuga ko afite yahawe n’Imana yo gusengera abantu.
Intumwa yihariye ya UN ishinzwe ku buryo bwihariye ibibazo by’ingufu zakoreshwamo amashanyarazi, Dr Kandeh Yumukella, yabwiye perezida w’u Rwanda ko Umuryango w’Abibumbye wifuza ko u Rwanda rwawufasha mu kumurikira ibindi bihugu uko izo ngufu zitezwa imbere kandi zikagirira abaturage akamaro.
Felix Osike, umunyamakuru akaba n’umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru The New Vision cyo mugihugu cya Uganda, ngo asanga ukuntu Perezida Kagame yicisha bugufi mu kazi ke aribyo bigejeje u Rwanda ku iterambere ryihuse.
Abakozi batatu b’Ishuri Rikuru ry’Amahoro ryo mu Muryango w’Ubukungu w’Ibihugu by’Afurika y’Amajyepfo (SADC Regional Peacekeeping Training Centre) basuye Ishuri Rikuru ry’Amahoro (RPA) riri i Nyakinama mu Karere ka Musanze kugira ngo bamenye uko bakora babigireho.
Mu nama mpuzamahanga ya Banki nyafurika (BAD) ibera i Kigali kuva tariki 19-23/5/2014, impuguke n’abayobozi b’imiryango mpuzamahanga, biyemeje gufasha abafata ibyemezo gushingira iterambere rya Afurika ku mikoreshereze inoze y’umutungo kamere w’uyu mugabane.
Abaturage bakoreye uruganda rwa Nyabihu Tea Factory baratakamba basaba ko bakwishyurwa bitewe n’uko imirimo bagombaga gukorera uruganda bayirangije kandi igihe cyo kwishyurwa kikaba cyararenze.
Urubyiruko ruhagarariye urundi rwo mu mirenge 18 igize akarere ka Rusizi, rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi, rwafashe ingamba zo gukora cyane rwibumbira hamwe ndetse rukigisha na rugenzi rwarwo rundi kwihangira imirimo no gukunda igihugu.
Mu masaha ya mugitondo kuri uyu wa Kabiri tariki 20/05/2014 mu Isantere ya Byangabo mu Murenge wa Busogo inzego zishinzwe umutekano zitaye muri yombi umusore ufite gerenade imwe mu gikapu agiye kuyigurisha.
Umutaliyanikazi Giovanna Libur Moro yishimiye ko taliki 19/05/2014 yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda nyuma yo kubusaba kuko yifuza kubusangira n’umuryango we uba mu Rwanda.
Ubuyobozi bushinzwe inyamaswa muri Pariki y’ibirunga mu Rwanda bwasubije igihugu cya Kongo ingagi yari imaze imyaka irenga 3 mu Rwanda nyuma yo gufatanwa ba rushimusi bashaka kuyigurisha aho yakuwe muri Kivu y’amajyepfo.
Mu nama mpuzamahanga yateguwe na Banki nyafurika itsura amajyambere(AfDB) ibera i Kigali kuva tariki 19-23/5/2014, impuguke mu by’ubukungu zavuze ko ibyashingirwaho mu guteza imbere ibihugu, harimo kuzamuka k’ubukungu, imiyoborere n’imibereho myiza by’abaturage; u Rwanda ngo rurabifite.
Ubwo Paruwasi nshya ya Butete, muri Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, yatahwaga ku mugaragaro tariki 17/05/2014, abakristu basabwe guharanira kubungabunga umutekano w’igihugu kandi bakora cyane kugira ngo bihaze mu biribwa banirinda ibihuha bityo bakomeze gutera intambwe bajya imbere.
Urubyiruko ruri muri FPR rwo mu karere ka Rwamagana n’urw’ahandi mu gihugu rurasabwa kuba umusemburo w’iterambere kandi rukarangwa no kutihanganira ubukene ahubwo rugafata umwanzuro wo gukora no kwizera ko ibisubizo biri mu maboko yabo.
Abaturage bo mu murenge y’ibyaro yo mu karere ka Bugesera barasaba ubuyobozi bwa EWSA ko bwabafasha bakajya bakwishyurira inyemezabuguzi zabo z’amazi hafi batabanje kuza kwishyurira ku biro bikuru bya EWSA i Nyamata.
Abanyeshuri b’Abanyarwanda biga mu gihugu cya Sudan muri Kaminuza Mpuzamahanga Nyafurika, IUA, ku wa 16 Gicurasi 2014 bamurikiye bagenzi babo amateka y’u Rwanda n’umuco nyarwanda banabasobanurira by’umwihariko amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 ndetse n’aho igihugu kigeze cyiyubaka nyuma y’imyaka 20 gihuye (…)