Ingabo z’u Rwanda zatangije ibirori byo Kwibohora20 (amafoto)

Mu gihe u Rwanda rwitegura ibirori bikomeye byo kwibuka imyaka 20 ishize ingabo zari iza FPR Inkotanyi zibohoye u Rwanda ingoma y’abicanyi, izo ngabo zari iza FPR zatangije igikorwa cyo kubakira Abaturarwanda ibigo nderabuzima 500, ngo nk’ikimenyetso ko zitazatezuka ku rugamba rwo kubohora Abanyarwanda...

Uko byagenze mu mafoto mu turere twa Kicukiro, Gicumbi, Nyagatare, Nyamagabe na Karongi.

Minisitiri w'ingabo, Jenerali Kabarebe niwe washyize ibuye ry'ifatizo i Kaniga hazubakwa ivuriro/Foto: Musanabera Ernestine
Minisitiri w’ingabo, Jenerali Kabarebe niwe washyize ibuye ry’ifatizo i Kaniga hazubakwa ivuriro/Foto: Musanabera Ernestine
Ni igikorwa ingabo zafatanyije n'abaturage./Foto; Musanabera Ernestine
Ni igikorwa ingabo zafatanyije n’abaturage./Foto; Musanabera Ernestine
Nyuma yo gutangiza kubaka ikigo nderabuzima, abaturage bashimiye ingabo z'igihugu babyinana na minisitiri Kabarebe mu mudiho wari ushyushye./Foto: Musanabera Ernestine
Nyuma yo gutangiza kubaka ikigo nderabuzima, abaturage bashimiye ingabo z’igihugu babyinana na minisitiri Kabarebe mu mudiho wari ushyushye./Foto: Musanabera Ernestine
Abatuye Gicumbi bishimiye cyane gusabana n'ingabo z'igihugu zari ziyobowe na minisitiri Kabarebe muri icyo gikorwa./Foto: Musanabera Ernestine.
Abatuye Gicumbi bishimiye cyane gusabana n’ingabo z’igihugu zari ziyobowe na minisitiri Kabarebe muri icyo gikorwa./Foto: Musanabera Ernestine.
I Kicukiro mu mujyi wa Kigali, kubohora Abaturarwanda indwara byayobowe na Jenerali Patrick Nyamvumba, umugaba mukuru w'ingabo, aho yashyize ibuye ry'ifatizo ahazubakwa ikigo nderabuzima./Foto: Emmanuel N. Hitimana
I Kicukiro mu mujyi wa Kigali, kubohora Abaturarwanda indwara byayobowe na Jenerali Patrick Nyamvumba, umugaba mukuru w’ingabo, aho yashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa ikigo nderabuzima./Foto: Emmanuel N. Hitimana
I Kagarama muri Kicukiro, abaturage baje gufatanya n'ingabo z'u Rwanda kwiyubakira ikigo nderabuzima./Foto: Emmanuel N. Hitimana.
I Kagarama muri Kicukiro, abaturage baje gufatanya n’ingabo z’u Rwanda kwiyubakira ikigo nderabuzima./Foto: Emmanuel N. Hitimana.
Abagize polisi y'u Rwanda nabo bari babukereye gufatanya n'Abaturarwanda kwibohora nyabyo ngo biteganyiriza ubuzima bwiza./Foto: Emmanuel N. Hitimana
Abagize polisi y’u Rwanda nabo bari babukereye gufatanya n’Abaturarwanda kwibohora nyabyo ngo biteganyiriza ubuzima bwiza./Foto: Emmanuel N. Hitimana
Mu masaha make, hari hamaze gushingwa umusingi nyawo wo kuzubakwaho ikigo nderabuzima./Foto: Emmanuel N. Hitimana
Mu masaha make, hari hamaze gushingwa umusingi nyawo wo kuzubakwaho ikigo nderabuzima./Foto: Emmanuel N. Hitimana
Aha ba Lt Gen Fred Ibingira na Major Gen. Mubarak Muganga baratanga umusanzu mu kubaka ikigo nderabuzima cya Musasa muri Karongi./Foto: Niyonzima Oswald
Aha ba Lt Gen Fred Ibingira na Major Gen. Mubarak Muganga baratanga umusanzu mu kubaka ikigo nderabuzima cya Musasa muri Karongi./Foto: Niyonzima Oswald
Aha mu karere ka Karongi, ingabo z'igihugu n'abaturage bafatanyije kwiyubakira ikigo nderabuzima ahitwa Musasa.
Aha mu karere ka Karongi, ingabo z’igihugu n’abaturage bafatanyije kwiyubakira ikigo nderabuzima ahitwa Musasa.
Dr Anita Asiimwe, Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y'Ubuzima niwe washyize ibuye ry'ifatizo aharimo kubakwa Poste de sante ya Musasa, mu myiteguro y'ibiro by'imyaka 20 ingabo z'u Rwanda zibohoye Abanyarwanda ingoma y'abicanyi./Foto: Niyonzima Oswald.
Dr Anita Asiimwe, Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’Ubuzima niwe washyize ibuye ry’ifatizo aharimo kubakwa Poste de sante ya Musasa, mu myiteguro y’ibiro by’imyaka 20 ingabo z’u Rwanda zibohoye Abanyarwanda ingoma y’abicanyi./Foto: Niyonzima Oswald.
Abatuye Karongi bari babucyereye, umurava ari wose mu gufatanya n'ingabo kwibohora ku ndwara aho batangiye kubaka ikigo nderabuzima cya Musasa./Foto: Niyonzima Oswald
Abatuye Karongi bari babucyereye, umurava ari wose mu gufatanya n’ingabo kwibohora ku ndwara aho batangiye kubaka ikigo nderabuzima cya Musasa./Foto: Niyonzima Oswald
I Karongi bafatanyije kubaka poste de sante ya Musasa bafatanye urunana, ngo bashimangira ko ingabo n'abaturage nibakomeza gufatana urunana bazabohora u Rwanda ku bibazo byaba bikiruboshye byose./Foto: Niyonzima Oswald
I Karongi bafatanyije kubaka poste de sante ya Musasa bafatanye urunana, ngo bashimangira ko ingabo n’abaturage nibakomeza gufatana urunana bazabohora u Rwanda ku bibazo byaba bikiruboshye byose./Foto: Niyonzima Oswald
Nyuma yo gusoza ikivi cy'uwo munsi, abari i Musasa muri Karongi babyinnye bishimira igikorwa bagezeho./Foto: Niyonzima Oswald
Nyuma yo gusoza ikivi cy’uwo munsi, abari i Musasa muri Karongi babyinnye bishimira igikorwa bagezeho./Foto: Niyonzima Oswald
Uyu mwana muto w'i Karongi yavugiye ingabo z'igihugu umuvugo uzirata ubutwari n'ineza yazo mu kubohora Abanyarwanda. Lt Gen Ibingira yamushimimye mu izina ry'ingabo z'igihugu./Foto: Niyonzima Oswald
Uyu mwana muto w’i Karongi yavugiye ingabo z’igihugu umuvugo uzirata ubutwari n’ineza yazo mu kubohora Abanyarwanda. Lt Gen Ibingira yamushimimye mu izina ry’ingabo z’igihugu./Foto: Niyonzima Oswald
Umuyobozi w'akarere ka Karongi yavugiye abaturage ahagarariye ko bashima ingabo z'u Rwanda./Foto: Niyonzima Oswald.
Umuyobozi w’akarere ka Karongi yavugiye abaturage ahagarariye ko bashima ingabo z’u Rwanda./Foto: Niyonzima Oswald.
Minisitiri Asiimwe yaganiriye n'abaturage ba Karongi, abashishikariza guharanira ubuzima bwiza bakabona ubukora bagatera imbere, ari nabyo kwibohora nyabyo./Foto: Niyonzima Oswald
Minisitiri Asiimwe yaganiriye n’abaturage ba Karongi, abashishikariza guharanira ubuzima bwiza bakabona ubukora bagatera imbere, ari nabyo kwibohora nyabyo./Foto: Niyonzima Oswald
Icyo gihe mu karere ka Nyagatare nabo batangiza igikorwa cyo kwiyubakira ikigo nderabuzima, igikorwa cyayobowe na minisitiri w'Ubuzima mu Rwanda, Dr Agnes Binagwaho./Foto: Sebasaza G. Emmanuel.
Icyo gihe mu karere ka Nyagatare nabo batangiza igikorwa cyo kwiyubakira ikigo nderabuzima, igikorwa cyayobowe na minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda, Dr Agnes Binagwaho./Foto: Sebasaza G. Emmanuel.
Guverineri w'intara y'iburasirazuba Uwamariya Odetta yari arangaje imbere abatuye iyo ntara mu kwifatanya n'ingabo z'u Rwanda mu gutangiza ibirori byo Kwibohora20 zibohora Abaturarwanda indwara zibabuza kugira ubuzima bwiza./Foto: Sebasaza G. Emmanuel
Guverineri w’intara y’iburasirazuba Uwamariya Odetta yari arangaje imbere abatuye iyo ntara mu kwifatanya n’ingabo z’u Rwanda mu gutangiza ibirori byo Kwibohora20 zibohora Abaturarwanda indwara zibabuza kugira ubuzima bwiza./Foto: Sebasaza G. Emmanuel
Umuyobozi w'akarere ka Nyagatare yashimiye ingabo z'u Rwanda ko zikomeje urugamba rwo kubohora Abanyarwanda zibakiza n'indwara zibangamira iterambere ryabo./Foto: Sebasaza G. Emmanuel
Umuyobozi w’akarere ka Nyagatare yashimiye ingabo z’u Rwanda ko zikomeje urugamba rwo kubohora Abanyarwanda zibakiza n’indwara zibangamira iterambere ryabo./Foto: Sebasaza G. Emmanuel
Guverineri Uwamariya yunze mu ry'abaturage ba Nyagatare ashimira ingabo z'igihugu./Foto: Sebasaza G. Emmanuel
Guverineri Uwamariya yunze mu ry’abaturage ba Nyagatare ashimira ingabo z’igihugu./Foto: Sebasaza G. Emmanuel
Abatuye Nyagatare babigaragaje mu byishimo byarimo imbyino n'umudiho./Foto: Sebasaza G. Emmanuel
Abatuye Nyagatare babigaragaje mu byishimo byarimo imbyino n’umudiho./Foto: Sebasaza G. Emmanuel
Ingabo z'igihugu zongeye gushimangira ko zigikomeje urugamba rwo kubohora u Rwanda./Foto: Sebasaza G. Emmanuel
Ingabo z’igihugu zongeye gushimangira ko zigikomeje urugamba rwo kubohora u Rwanda./Foto: Sebasaza G. Emmanuel
Abaturage bari benshi bitabiriye icyo gikorwa./Foto: Sebasaza G. Emmanuel
Abaturage bari benshi bitabiriye icyo gikorwa./Foto: Sebasaza G. Emmanuel
Minisitiri w'Ubuzima Agnes Binagwaho yabashishikarije kubungabunga ubuzima, anabagezaho ingamba leta ifite mu kubagezaho serivisi nziza./Foto: Sebasaza G. Emmanuel
Minisitiri w’Ubuzima Agnes Binagwaho yabashishikarije kubungabunga ubuzima, anabagezaho ingamba leta ifite mu kubagezaho serivisi nziza./Foto: Sebasaza G. Emmanuel
I Nyamagabe nabo bafatanyaga kwiyubakira ikigo nderabuzima cya Kiyumba./Foto: Nshimiyimana Emmanuel
I Nyamagabe nabo bafatanyaga kwiyubakira ikigo nderabuzima cya Kiyumba./Foto: Nshimiyimana Emmanuel
Abaturage b'aho i Kiyumba ngo bagombaga kugenda ibilometero umunani ngo bagere ahari ivuriro. Babyiniye ingabo z'u Rwanda cyane ko zibabohoye urugendo rurerure bamwe mu barwayi batabashaga guhangara./Foto: Nshimiyimana Emmanuel
Abaturage b’aho i Kiyumba ngo bagombaga kugenda ibilometero umunani ngo bagere ahari ivuriro. Babyiniye ingabo z’u Rwanda cyane ko zibabohoye urugendo rurerure bamwe mu barwayi batabashaga guhangara./Foto: Nshimiyimana Emmanuel
Ingabo z'u Rwanda zizi no kubaka./Foto: Nshimiyimana Emmanuel
Ingabo z’u Rwanda zizi no kubaka./Foto: Nshimiyimana Emmanuel
Iyi foto twafatiwe na Nshyimiyimana Emmanuel iravuga byose ku bubasha ingabo z'u Rwanda n'abaturage bageraho bafatanyije...
Iyi foto twafatiwe na Nshyimiyimana Emmanuel iravuga byose ku bubasha ingabo z’u Rwanda n’abaturage bageraho bafatanyije...
Ngo kubohora u Rwanda bizagerwaho nyabyo abenegihugu bose nibafatana urunana./Foto: Nshimiyimana Emmanuel.
Ngo kubohora u Rwanda bizagerwaho nyabyo abenegihugu bose nibafatana urunana./Foto: Nshimiyimana Emmanuel.
Bugi gikorwa cyose ingabo z'igihugu zagifatanyaga n'abaturage./Foto: Nshimiyimana Emmanuel
Bugi gikorwa cyose ingabo z’igihugu zagifatanyaga n’abaturage./Foto: Nshimiyimana Emmanuel
Mu munsi umwe gusa bashinze umusingi uhamye w'ahazubakwa ivuriro rizakoreshwa n'abaturage basaga ibihumbi bitanu./Foto: Nshimiyimana Emmanuel
Mu munsi umwe gusa bashinze umusingi uhamye w’ahazubakwa ivuriro rizakoreshwa n’abaturage basaga ibihumbi bitanu./Foto: Nshimiyimana Emmanuel
Abasirikari bakuru bari baje gutanga umuganda wabo mu kubakira abatuye i Kiyumba./Foto: Nshimiyimana Emmanuel
Abasirikari bakuru bari baje gutanga umuganda wabo mu kubakira abatuye i Kiyumba./Foto: Nshimiyimana Emmanuel
Minisitiri Mukabaramba na Jenerali Nziza nibo bashyize ibuye ry'ifatizo ahazubakwa ikigo nderabuzima cya Kiyumba./Foto: Nshimiyimana Emmanuel
Minisitiri Mukabaramba na Jenerali Nziza nibo bashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa ikigo nderabuzima cya Kiyumba./Foto: Nshimiyimana Emmanuel

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Joseph Nzabamwita yabwiye Kigali Today ko iki gikorwa cyo kubaka amavuriro cyatangijwe mu gihugu cyose kuwa 17/06/2014, amavuriro 45 akazaba yuzuye mu turere 16 ku ikubitiro ariko umugambi ukaba ari ukubakira Abanyarwanda amavuriro 500 kugera mu mpera z’umwaka wa 2014.

Ingabo z’u Rwanda kandi ngo zizakomeza ubu bufatanye na minisiteri y’Ubuzima n’abaturage kugera ubwo mu mwaka wa 2017 mu gihugu hose bazaba bamaze kuzuza amavuriro 1548.

Icyegeranyo twakusanyirijwe na Ahishakiye Jean d’Amour

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Nguru U Rwanda twari twarategereje. Umucyo ni wose mu bayobozi n’abayoborwa, ibyubahiro biri mu mitima, ubundi mu kubaka igihugu buri wese arakoresha imbaraga afite atitaye ku kuba umuyobozi cyangwa umuturage uyoborwa.
Amahoro ku banyarwanda n’ababakunda.

Byakatonda yanditse ku itariki ya: 20-06-2014  →  Musubize

ingabo nk’izi nizo dukeneye kugira ngo dukomeze twiteze imbere kandi biragaraga ko ururhare twabo ari ibanze

mukore yanditse ku itariki ya: 19-06-2014  →  Musubize

Ni ukuri ingabo z’u Rwanda ziyobowe n’Intore ibarusha intambwe mwaduhesheje agaciro;Imana izajye iguma kubongerera imigisha rwose.
courage, together everyone achieves more!nidukomeza gushyira hamwe tuzagera kuri byinshi biza kandi twifuza.
Nyagasani abahezagire.

rwemarika yanditse ku itariki ya: 19-06-2014  →  Musubize

Nishimiye intsinzi y’ingabo zacu kabisa. Keep up guys, we are so proud of what you do. Plz Amafoto ntabwo akeye neza

LionStory yanditse ku itariki ya: 18-06-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka