Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) urashima cyane uburyo u Rwanda rufata neza impunzi zihungira mu gihugu, ngo agasanga ibi bikwiye gukorwa n’ibindi bihugu ku isi.
Abatoza b’intore barangije itorero ryaberaga i Nkumba, mu karere ka Burera, barasabwa gushyira mu bikorwa ibyo bigiye muri iryo torero, babitoza abandi kugira ngo Abanyarwanda barusheho kuba intore nyazo.
Ingabo z’igihugu zikorera mu karere ka Rusizi zifatanyije n’abaturage bo mu tugari twa Miko na Kabasigirira bo mu murenge wa Mururu mu gikorwa cyo gusiza ikibanza cyo kubakamo ivuriro abaturage bo muri utwo tugari bazajya bivurizaho.
Mu nteko rusange y’urubyiruko rwo mu Karere ka Musanze yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 03/06/2014, urubyiruko rwiyemeje ko rugiye kurushaho gukora rukiteza imbere rukima amatwi ababashukisha amafaranga ngo barushore mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’igihugu.
Umuryango RWAMREC uharanira ko abagabo bagira uruhare mu kwimakaza uburinganire bwabo n’abagore, uratangaza ko ibiganiro ku mibanire y’aba bombi bigenda bitanga impinduka mu mibereho yabo ituma babana neza kandi umugabo akarushaho kugira uruhare mu kwita ku muryango we.
Umugabo witwa Nsengiyumva Claude utuye mu mudugudu wa Kigarama mu murenge wa Remera mu karere ka Gatsibo, afungiye kuri station ya Kiramuruzi akurikiranyweho icyaha cyo gutema umugore we witwa Uwase Divine w’imyaka 20 akamukomeretsa bikaviramo urupfu.
Minisitiri w’Umutungo kamere, Stanislas Kamanzi arakangurira Abanyarwanda gukoresha neza ubutaka buto bafite kugira ngo bubyare umusaruro uhagije uhaza igihugu ndetse bakanasagurira amahanga, ngo kutabyaza umusaruro ubwo butaka bibangamiye gahunda ya Leta yo kongera ubukungu.
Umusore witwa Revelien Kabera afungiye kuri Polisi ishami rishinzwe kurwanya magendu akurikiranyweho icyaha cyo kwiyitirira umukozi w’iri shami agaca abacuruzi amande, ababwira ko nibatayamuha azabatanga bagafungwa.
Nubwo akarere ka Nyamagabe ariko katangirijwemo ku rwego rw’igihugu igikorwa cyo kwandika ubutaka, imibare irerekana ko abaturage hafi 76% aribo bamaze gufata ibyangombwa bya burundu by’ubutaka bwabo.
Nyuma yuko diyosezi gatorika ya Kibungo iboneye umushumba mushya mu kwezi kwa Karindwi umwaka ushize wa 2013, Mgr Kambanda Antoine , yashyizeho igisonga cye (umwungirije) mu rwego rwo kuzuza inzego za Kiliziya muri diyosezi zitari zuzuye.
Imidugudu igize umurenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi yarushanyijwe aho igeze yiteza imbere mu rwego rwo kurushaho gukangurira abaturage kumenya ibibakorerwa no kubigiramo uruhare rugaragara.
Abayoboke b’Ishyaka ry’Iterambere n’Ubusabane (PPC) bo mu Ntara y’Iburasirazuba barasabwa kwimakaza ihame ry’uburinganire, gushyigikira gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” no kugira uruhare muri gahunda z’iterambere zishyirwaho na Leta y’u Rwanda.
Urubyiruko rwa FPR-Inkotanyi ruri mu mahugurwa mu karere ka Rutsiro rwifatanyije n’abaturage b’akagari ka Congo Nil mu murenge wa Gihango mu muganda rusange usoza ukwezi kwa gatanu 2014, bakora igikorwa cyo guhanga umuhanda mushya, boroza n’abantu batatu.
Perezida wa Sena, Dr Ntawukuriryayo Jean Damascene, ari kumwe n’itsinda ry’abasenateri kuri uyu wa Gatandatu tariki 31/05/2014, yifatanyije n’abaturage b’umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango mu gikorwa cy’umuganda rusange usanzwe uba buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi.
Umuganda rusange wabaye tariki 31/05/2014 mu Karere ka Gakenke waranzwe no kubakira umwe mu Banyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzania hamwe n’ibindi bikorwa birimo gukora ahazanyuzwa amazi kugirango arusheho kwegera abaturage.
Ubwo Abanyakanada bakora mu muryango utegamiye kuri Leta witwa Inspire Africa bifatanyaga n’Abanyakarongi mu muganda usoza ukwezi wabaye tariki 31/05/2014, batangaje iwabo na bo bakeneye ibikorwa nk’iby’umuganda ngo bibafashe kumenyana no gusabana.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero buvuga ko aka karere kiyemeje gusaba abatuye aka karere gukangurira bene wabo bari mu mutwe wa FDLR gutaha, kuko ariko kaza ku isonga mu bari muri mutwe bahunze ariko bakaba bagikora ibikorwa by’iterabwoba.
Abana b’abakobwa biga mu ishuri ryisumbuye rya Gishoma riri mu murenge wa Rwimbogo, mu karere ka Rusizi barishimira ko bashyiriwe ho n’ikigo cyabo aho bahurira bakaganira ku buzima bwabo bwaba ubw’imyororokere, imyitwarire y’umwana w’umukobwa w’umunyarwandakazi muri rusange.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwatangiye igikorwa cyo gushyira kaburimo imihanda ine yo mu turere twa Kicukiro na Gasabo, imihanda izaba ifite uburebure bwa kilometer 10 yose hamwe ndetse n’indi ya kilometero 100 yubakishijwe amabuye.
FDLR yagaragaje imbunda 102 n’abasirikare 105 ko aribo barwanyi ifite kandi abagaragajwe bose ni inkomere z’urugamba, mu gikorwa cyo gushyira intwaro hasi cyabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 31/5/2014.
Ahagana ku isaha ya saa munani kuwa 30/05/2014 ku nzu icururizwamo ibikoresho by’ubwubatsi iri hafi ya hotel Okapi mu mujyi Kigali hadutse inkongi y’umuriro ibyari muri iyo nzu byose birashya.
Ufitinema Prospere wari uzwi ku izina rya Mtimapembe mu barwanyi ba FDLR avuga ko bamwe mu barwanyi ba FDLR bataha harimo abaza bafite ubutumwa bwo kuneka u Rwanda barangiza amasomo bahererwa i Mutobo bagasubira muri FDLR.
Abaturage babarirwa muri 30 baramukiye ku biro by’akarere ka Bugesera kuri uyu wa gatanu tariki 30/05/2014 basaba kubishyuriza amafaranga rwiyemezamirimo witwa Arusha Jerome yabambuye kuva mu kwezi kwa 12 umwaka ushize.
Umugore witwa Uwimana (izina rya ryahinduwe) wo mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero avuga ko yaretse gutwara abagabo b’abandi bagore biturutse ku nyigisho yaboneye mu kagoroba k’ababyeyi ubu akaba anasaba imbabazi abagore bagenzi be yahemukiye.
Mu kiganiro bagiranye na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musoni James, ubwo yasuraga abayobozi b’inzego zibanze zo mu karere ka Ngororero, Abayobozi b’imidugudu bo mu bamusabye ko bajya bagenerwa igihembo cy’imirimo bakorera Leta n’abaturage.
Abanyeshuri biga itangazamakuru muri kaminuza ya Carleton muri Canada barasaba abakora itangazamakuru ku Rwanda kwita ku makuru menshi avuga ku byiza, umuco, imibereho n’imyitwarire rusange mu Rwanda kuko nabyo bikenewe ngo abenegihugu n’abagisura bagire amakuru yuzuye igihe bashaka kwinezeza no gutembera kuko ngo ubu (…)
Urwego rw’igihugu rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’abagore n’abagabo (GMO) hamwe n’umuryango Care International, kuwa gatatu tariki 28/5/2014 basinyanye amasezerano y’ubufatanye.
Imiryango 20 igizwe n’abantu 60 birukanywe muri Tanzaniya yashyikirijwe amazu bubakiwe ku bufatanye bw’ubuyobozi n’abaturage mu karere ka Kamonyi. Minisitiri wo gucyura impunzi no gukumira ibiza yabasabye kuyafata neza, nabo ngo biteguye gukora ngo biteze imbere.
Nyuma yo gusurwa na Komisiyo ya Sena ishinzwe Ububanyi n’amahanga, ubutwererane n’umutekano, Nyiraneza Justine utuye mu Kagali ka Mpenge mu Murenge wa Muhoza akaba amaze imyaka itandatu akorewa itotezwa n’abantu bataramenya yijejwe ko agiye kurindirwa umutekano mu buryo bwihariye.
Pererezida wa Banki Nyafurika itsura amajyambere (BAD), Donald Kaberuka yagiriye uruzinduko mu karere ka Bugesera aho yasuye ibikorwa iyo banki yateyemo inkunga, yishimiye igikorwa cyo guhuza umupaka ariko asaba gukosora ibitagenda neza cyane cyane ku ruhande rw’u Burundi.