Ikigo cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA), cyakiriye inama mpuzamahanga y’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe (AU) ibera i Kigali kuva tariki 28-30/5/2014; kikavuga ko iyi nama izafatirwamo ingamba zo kurwanya ruswa mu bakora kuri za gasutamo, kugirango batareka ibiteza umutekano muke byambukiranya imipaka.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Rose Mary Mbabazi, arakangurira urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge n’ingeso mbi z’ubusambanyi kugira ngo rugire ubuzima bwiza, bityo rubashe kuba imbaraga nyazo z’igihugu kandi zubaka.
Nyuma y’uko uwitwa Mpinyuje Eric wo mu karere ka Nyanza afatiwe mu karere ka Ruhango yiyita umupfumu uvura indwara zitandukanye ndetse akanatanga umuti uvura inyatsi, arahamya ko uyu mwuga yasigiwe na sekuru agiye kuwureka ahubwo agatangira guhinda inyanya i Busoro aho akomoka.
Abaturiye imipaka ya Rusizi ya mbere n’iya kabiri iherereye mu karere ka Rusizi bafite impungenge ko kuba bakwa viza ngo babashe kujya muri Kongo bizatuma umubare w’abajura n’indaya wakomeza kwiyongera kubera kubura imirimo ibabeshaho.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere (RGB) ari nacyo gifite itangazamakuru mu nshingano zacyo, kigiye gutangira guhugura inzego z’ibanze ku itegeko ryo gutanga amakuru, nyuma yo kubona ko abenshi mu bayobozi batarasobanukirwa n’iri tegeko bigatera imikorere mibi.
Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda arakangurira Abanyarwanda by’umwihariko abatwara ibinyabiziga mu muhanda, kwitwararika amabwiriza bahabwa na Polisi y’Igihugu mu rwego rwo kwirinda impanuka.
Mpagazehe Philemon n’umugore we Mukamana Naeme bari batuye mu mudugudu wa Mitanga mu kagari ka Karengera, tariki ya 26 Gicurasi 2014 mu masaha ya saa tatu z’amanywa basanzwe mu nzu babagamo batemaguwe n’abantu bataramenyekana kugeza magingo aya.
Umuryango wa Karera Merchiol na Mukanzigiye Speciose batuye mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Kagano mu mudugudu wa Kamasera bishimiye ko nyuma y’umwaka bari bamaze bishyuza akarere amafaranga ibihumbi 92 noneho bayabonye.
Umuryango Nyarwanda uharanira amajyambere arambye, (Rwanda Initiative for Sustainable Development/ RISD) ubinyujije mu mikino n’ubutumwa butandukanye bugaragaza ko ubutaka buri ku isonga mu bikurura amakimbirane mu Banyarwanda, wigishije abaturage bo mu Murenge wa Rubengera mu karere ka Karongi uburyo bwo gukemura (…)
Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi mu Rwanda (HCR) ryageneye imodoka Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi (MIDIMAR) Polisi y’igihugu n’Ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka mu rwego rwo kubongerera ubushobozi mu kunoza akazi kajyanye no kwita ku mpunzi.
Abanyeshuri biga muri kaminuza ya Carleton bari mu rugendo shuri mu Rwanda baravuga ko bakurikije ibyo abanyamakuru bakorera mu Rwanda bababwiye basanga itangazamakuru ryo mu Rwanda ryateye imbere kurusha uko imiryango mpuzamahanga irivuga.
Ubwo abakozi b’ikigo cya EWSA ishami rya Ruhango bamushyikirizaga inka ya kijyambere, Umukecuru Mukarubibi Jacqueline warokotse Jenoside akaba atuye mu karere ka Ruhango yatangaje ko ashima cyane Perezida Kagame kuko yatoje Abanyarwanda umuco wo gufashanya.
Mu murenge wa Rambura, mu karere ka Nyabihu hashyizweho ikarita ifasha abaturage kurushaho kumenya, gukurikirana, kwitabira no gushyira mu bikorwa gahunda za Leta.
Abanyamuryuango ba FPR-Inkotanyi bo mu karere ka Rwamagana barasabwa kuba intangarugero mu bikorwa bifatika bakora kugira ngo abandi babarebereho kandi bagafasha abandi baturage kuzamuka ngo kuko ibikorwa bya FPR si amagambo gusa ahubwo ni ibikorwa bifatika.
Ubuvugizi bw’ingabo z’u Rwanda (RDF) buratangaza ko bwamaganye kure iyicwa ry’umusilikare wa RDF wari m’ubutumwa bwo kubungabunga amahoro mu ntara ya Darfur muri Sudani.
Ikigo cya TTC Rubengera ndetse n’ibigo by’amashuri yisumbuye byo mu Birambo mu Murenge wa Gashali byegukanye imyanya myinshi yo kuzahagararira akarere ka Karongi ku rwego rw’intara mu marushanwa ndangamuco y’indirimbo, imivugo n’imbyino ku nsanganyamatsiko iti “Ndi Umunyarwanda, inkingi y’ubutwari”.
Abana 348 bafashwa n’umushinga Compassion Internationale, bahuguwe ku buryo bwo gutegura indyo yuzuye n’isuku igomba kubahirizwa mbere yo gufata amafunguro. Iki gikorwa kije mu kwezi kwahariwe umuryango gufite insanganyamatsiko igira iti “indyo yuzuye n’isuku ihagije, ni ishingiro ry’umuryango”.
Inama njyanama y’akarere ka Rubavu yateranye taliki 22/5/2014 yasabye ko umusaza Rulisa Clément usanzwe ukora akazi ko kuvura ku kigo nderabuzima cya Gacuba II kandi yaroherejwe mu kiruhuko cy’izabukuru yahagarikwa.
Mu karere ka Ngororero umuganda ukomeje kuba inkingi mwikorezi mu itermambere ry’Akarere kuko uhuza abayobozi bo mu nzego zose zaba iza gisivili n’iza gisirikare; nk’uko byemezwa n’umukozi w’Akarere ufite umuganda mu nshingano ze Mme Musabeyezu Charlotte.
Nyuma y’ikiganiro umuryango w’abanyamakuru baharanira amahoro PAX PRESS wagiranye n’abayobozi batandukanye hamwe n’abakozi mu karere ka Ngororero, biyemeje gukorana neza n’itangazamakuru ndetse no guha amakuru abaturage ku bibakorerwa, nyuma yo gusanga ibyo bafataga nk’inzitizi atarizo.
Kuva gahunda y’urugerero yatangizwa mu Rwanda byagiye bigaragara ko ibikorwa bakora biba bifitiye igihugu akamaro kuko usanga hagaragaramo ibikorwa byinshi kandi bifitiye akamaro igihugu ariko abo mu karere ka Gakenke ngo hari imbogamizi bifuza ko zakurwaho kugirango bakomeze gutanga umusaruro wisumbuye.
Mujawimana Marie Josée utuye mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Gasaka mu kagari ka Nzega aratangaza ko nyuma yo gucikiriza amashuri kubera ubushobozi buke n’ubupfubyi, umuryango utabara imbabare wa Croix Rouge y’u Rwanda wamufashije kongera kubaka ubuzima bwe.
Kuva kuwa kane tariki 22/5/2014, umukozi w’akarere ukora mu biro by’ubutaka ushinzwe ibipimo na GIS, ari mu maboko ya polisi mu mujyi wa Kigali aho akurikiranywe ho kwaka abaturage ruswa ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 400.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu mu mirenge ya Cyanzarwe na Busasamana bakoranye n’umushinga wa EMA Alexis, bavuga ko bamaze amezi arenga ane batishyurwa mu gihe bagombye gutungwa n’imirimo bakoze.
Bamwe mu bana bahoze baba ku nuhanda batangaza ko leta n’ababyeyi bafite uruhare mu gukura abana ku mihanda, kuko bajyanwamo n’ubukene mu miryango abandi bakoherezwa n’ababyeyi babo.
Urubyiruko rusoje amashuli yisumbuye ruri ku rugerero mu karere ka Gakenke baratangaza ko bishimiye ibikorwa bakorwa n’ubwo nta mafaranga bakuramo, kuko bari kwiyubakira igihugu nyuma yo gukora ibikorwa bifite agaciro ka miliyoni 49 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutabera, Isabelle Kalihangabo, atangaza ko nta gitangaje ko imiryango itegamiye kuri Leta itavuga rumwe na Leta kuko itabibasaba ahubwo ngo iyo miryango igaragaraza ahari ikibazo igafasha Leta kugikemura.
Akarere ka Nyanza kegukanye itike yo kuzahagarira Intara y’Amajyepfo ku rwego rw’igihugu mu marushanwa y’imivugo n’indirimbo yateguwe mu rwego rwo kwitegura isabukuru y’imyaka 14 polisi y’igihugu imaze ishinzwe.
Itsinda ry’abanyeshuri biga ku kigo cya Collège de la Paix mu karere ka Rutsiro ryababajwe n’uko ritabashije gufashwa kwitabira amarushanwa ku miyoborere myiza yabaye ku rwego rw’intara tariki 22/05/2014 mu gihe nyamara bari bamaze ukwezi n’igice babonye itike yo gukomeza nyuma yo kuba aba mbere ku rwego rw’akarere.
Abatuye ku kirwa cya Bugarura giherereye rwagati mu kiyaga cya Kivu ku ruhande rw’akarere ka Rutsiro bavuga ko byababereye nk’igitangaza kuba Guverineri, umuyobozi ukomeye wo ku rwego rw’intara y’Uburengerazuba, yabasuye kuri icyo kirwa bakabasha kuganira amaso ku maso.