Intore zisaga 700 ziri mu cyiciro cya 16 cy’Itorero ry’Indangamirwa 2026, zavuze ko zizaharanira kugaragaza ukuri kw’amateka y’u Rwanda barwanya abagikwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside.
Bamwe mu basenateri babajwe cyane n’inyamaswa zibangamiye abaturage, ariko kubera amategeko azirengera ugasanga ziri ntakorwaho, nyamara n’umuntu bigaragaye ko abangamiye ituze rya rubanda adashobora kwihanganirwa.
Perezida Paul Kagame yagize Brave Olivier Ngabo, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, na Parfait Ishungure Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi.
Ambasaderi w’Ubashinwa mu Rwanda n’umuyobozi Mukuru w’ibitaro bya Kibungo n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma batashye icyumba cy’ubuvuzi gakondo ngorora ngingo buzwi kwizina rya Acupuncture.
Minisiteri y’ubuzima yasohoye amabwiriza agenga itunganywa ry’ibiribwa n’ibinyobwa gakondo bikozwe mu binyampeke, ibitoki n’imbuto bikorewe mu miryango.
Mu rubanza rwa Dr Eugène Rwamucyo rukomeje kubera mu Rukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa, abunganira abaregera indishyi bashimangiye ko ubutabera busabwa muri uru rubanza butagamije gusa gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ahubwo ko bunafite inshingano yo guha icyubahiro inzirakarengane zishwe.
Afurika ikunze kuvugwa nk’umugabane wuzuye amahirwe. Ifite umutungo kamere mwinshi, abaturage benshi b’urubyiruko kurusha ahandi ku Isi, ndetse n’uruhare rwayo mu bukungu bw’Isi rugenda rwiyongera.
Korali Siloam ikorera umurimo w’Imana mu itorero rya ADEPR Kumukenke muri Paruwase ya Gasabo, irashimira ababanye na yo mu gitaramo bise ‘Ndi Uwa Kristo’ cyitabiriwe bidasanzwe.
Abanyeshuri 258.255 ni bo biteganyijwe ko bazakora ibizamini bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye n’icya kabiri guhera kuri uyu wa 15 Nyakanga 2026.
Ubushakashatsi bukorwa buri mezi abiri ku nzovu zo muri Pariki y’Igihugu y’Akagera buherutse gusozwa, bwagaragaje ko hiyongereyeho inzovu nshya esheshatu.
Abanyeshuri basaga ibihumbi 258 bo hirya no hino mu Rwanda kuri uyu wa 15 Nyakanga 2026 batangiye gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye, mu gihe uru rwego rw’uburezi rumaze imyaka mike ruri mu mavugurura agamije gutegura urubyiruko rufite ubumenyi n’ubushobozi bujyanye n’ibikenewe ku isoko ry’umurimo.
Ubuyobozi bw’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), rwatangaje ko abana 27 bagororerwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare ari bo bagomba gukora ibizamini bya Leta mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026.
Ba Ofisiye bakuru 26 bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), Polisi y’u Rwanda, Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, n’abakozi bo muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga bitabiriye Amahugurwa ku Micungire y’Urwego rw’Ingabo ari kubera mu Ishuri Rikuru ry’Ingabo z’u Rwanda riherereye mu Karere ka Musanze.
Banki Nkuru y’u Rwanda yatangije uburyo bwo kwishyurana amafaranga bwihuta buhuriweho n’ibigo by’imari bitandukanye (RNDPS/eKash), buri mu ngamba zashyizweho n’u Rwanda zo guteza imbere uburyo bwihuta bwo kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva, yemeza ko ikibazo cy’imishara itajyanye n’ibiciro ku isoko gihangakishije guverinoma, ariko agaragaza ko ahanini kijyana n’umusaruro abakozi ba Leta batanga.
Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yakiriye impuguke 35 mu bijyanye n’ubusesenguzi bw’amakuru y’ubuzima, ziturutse mu bihugu 7 by’Afurika, mu rwego rwo gusangizanya ubumenyi hagati y’ibihugu.
Mu rubanza rwa Dr Eugène Rwamucyo rukomeje kubera mu Bufaransa, uregwa yakomeje guhakana ibyaha byose ashinjwa bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu gihe urukiko rwakomeje gusuzuma amateka ye ya politiki, ibikorwa bye by’umwuga ndetse n’uruhare ubushinjacyaha bumushinja kugira muri icyo gihe.
Abashoye imari mu cyanya cy’ubuhinzi cya Gabiro (Gabiro Agribusiness Hub), bahangayikishijwe n’ikibazo cy’igiciro gihenze cy’amazi bakoresha mu bikorwa byabo bya buri munsi by’ubuhinzi bakorera muri icyo cyanya.
Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva yasabye ko imirimo yo kubaka urugomero rwa Muvumba, (Muvumba Multipurpose Dam), yihutishwa, ikarangirana n’igihe cyagenwe umushinga utangira.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Gao Wenqi yashimangiye ko umubano w’u Rwanda n’u Bushinwa ari amahitamo yakozwe ku bushake n’impande zombi, atari impanuka.
Ubushyuhe bukabije buterwa n’izuba ry’igikatu akenshi bubaho mu gihe cy’impeshyi bukamara iminsi myinshi ari nako bugira ingaruka ku buzima bw’abantu, harimo no kwiyongera kw’impfu zifitanye isano n’izuba ryinshi.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zasabye Iran kwemeza ku mugaragaro ko umuhora wa Hormuz ufunguye kandi ikarekeraho kumisha ibisasu ku bwato bw’ubucuruzi, nk’imwe mu ngingo zikubiye mu mishyikirano iteganyijwe muri Oman kuri uyu wa Gatandatu.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Rwinkwavu biherereye mu Karere ka Kayonza bwabuze ibisobanuro bihagije buha Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Umutungo n’Imari bya Leta (PAC), ku bikoresho by’ibitaro bifite agaciro ka miliyoni 201 Frw bimaze umwaka bidakora, nyamara bikenewe mu gutanga (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline, aratangaza ko mu igenamigambi ry’umwaka w’ingengo y’Imari 2026-2027, hazatangira imirimo yo kubaka inyubako y’ibiro by’Umurenge wa Shyogwe no kuvugurura inyubako y’Akagari ka Mubuga.
Itorero Noble Family Church na Women Foundation Ministries, bateguye igiterane ngarukamwaka cy’abagore ‘All Women Together Conference/ Abagore Twese Hamwe 2026’ kigiye kuba ku nshuro ya 14, kikabera muri BK Arena i Kigali kuva tariki ya 11 kugeza tariki ya 15 Kanama 2026.
Nubwo u Rwanda rudahagaze nabi ku ruhando mpuzamahanga mu bijyanye no kurwanya ruswa n’akarengane, urwego rw’umuvunyi rugaragaza ko mu nzego zimwe na zimwe zirimo imyubakire n’imitangire y’ibyangombwa hakigaragara ibyuho byayo.
Abanyarwanda 62% batekewe imitwe hakoreshejwe ikoranabuhanga rikoreshwa muri serivisi z’imari, mu gihe 9% bagizweho ingaruka n’ubujura bwakoreshejwe muri izo serivisi.
Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva, yagejeje ku bagize inteko ishinga amategeko imitwe yombi, ibikorwa bya Guverinoma bijyanye no kongera ubushobozi bw’igihugu mu kubungabunga ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage.