Birindwa Kajibwami François na Kalinda Jean Viateur bari basanzwe ari abadiyakoni mu muryango w’abarogasiyonisite (Pères rogationistses du Coeur de Jésus) bahawe isakaramentu ry’ubusaserodoti kuri iki cyumweru tariki 11/05/2014 muri Diyoseze gatulika ya Cyangugu.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Amatora (NEC) irateganya ko mu mwaka wa 2017 izaba yarashyizeho uburyo abantu bashobora gutora bakoresheje telephone na internet, nyuma yo gusanga hari Abanyarwanda benshi cyane ababa hanze bagiye bacikanwa no gutora bitewe no kuba nta ambasade ziri aho bari.
Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Rushashi mu karere ka Gakenke barinubira uburyo abashoferi batwara imodoka zitwara abagenzi zikorera muri uwo muhanda bigiza nkana bagatwara umubare urenze uwo bemerewe gutwara (gutendeka).
Nyuma y’aho komisiyo y’igenzura y’inama njyanama y’akarere ka Rusizi igaragaje ibyavuye muri raporo ku makosa yakozwe mu iyubakwa ry’urwibutso rwa Nyarushishi abajyanama bayo bifuje ko abakoze amakosa yatumye uru rwibutso rudindira bazagaragazwa kugirango ikosa ritazitirirwa akarere kose.
Umuryango uharanira imibereho myiza y’abaturage (Society for Family Health) woroje inka imiryango ibiri y’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 mu murenge wa Runda mu karere ka Kamonyi.
Abaturage batuye mu karere ka Nyamasheke na Rusizi bagira imyubakire utasanga ahandi bitewe n’uburyo babyumva n’imiterere y’ako karere nk’uko babivuga.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko kwimura abaturage batuye ku kirwa cya Bushongo kiri mu kiyaga cya Burera, mu murenge wa Rugarama bitari ibya vuba ngo kuko bigomba imyiteguro ihagije.
Abayobozi, abanyamakuru, abanyamadini n’abakorera imiryango nyarwanda itari iya Leta barasabwa gutahiriza umugozi umwe mu kurinda inyungu z’igihugu bazigira izabo kuko izo nyungu z’igihugu zitareba umuntu umwe gusa.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Kinyinya rwiga n’urutiga rwaguriye mu gikorwa cyo gukongurirwa kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge. Igikorwa cyateguwe n’umuryango mpuzamahanga International Alert, kuri uyu wa Gatanu tariki 9/5/2014.
Impfubyi za Jenoside zirera zatujwe mu murenge wa Niboye mu karere ka Kicikiro ziributswa ko zidakwiye kwiheba bibaza uko ejo bazabaho, kuko batari bonyine kandi ko barindiwe umutekano.
Nyuma y’uko Kigalitoday.com itangaje inkuru y’umwana wabuze iwabo mu mwaka wa 1997, afite imyaka irindwi, kuri uyu wa gatanu tariki 9/4/2014, umuryango we wamugezeho ku musaza umucumbikiye witwa Gasirikare Philippe wo mu mu murenge wa Runda mu karere ka Kamonyi.
Abanyakongo n’Abarundi barindwi bafatiwe mu nkambi ya Nyagatare kuri uyu wa 09/05/2014 bavuga ko baje mu Rwanda nk’impuzi zitahutse aho bari biyoberanyije ndetse bihindura amazina kugira ngo badatahurwa.
Aborozi bororera mu karere ka Rwamagana, kuri uyu wa 9/05/2014 bakoze igikorwa cyo kwitanga, maze bakusanya inka zigera kuri 93 zo koroza abatishoboye batari batunze inka, bikaba biri mu rwego rwo gushyigikira gahunda ya “Girinka” yatangijwe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Kuri uyu wa Kane tariki 08/05/2014 ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’umuryango utabara imbabare Croix Rouge, uyu muryango washyikirije amazu 26 abasigajwe inyuma n’amateka n’abatishoboye bo mu Mirenge ya Nyange na Musanze mu Karere ka Musanze.
Akanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye kashyizeho umudali witiriwe ubutwari budasanzwe umusilikare w’Umunyasenegali Captain Mbaye Diagne yagiriye mu Rwanda, aho yarokoye abantu benshi bahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Muhanga, mu murenge wa Nyarusange, Guverineri w’Itara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, yasabye abaturage guhagarara kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” kuko ari inzira ifasha kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside n’amacakubiri.
Abaturage basaga 50 batuye mu murenge wa Ruharambuga bavuga ko babariwe guhabwa ingurane mu mwaka wa 1972, ubwo hari hagiye gushyirwa amashanyarazi muri uwo murenge bakabwirwa ko bazishyurwa ariko kugeza na n’ubu bakaba batarishyurwa.
Kwihangana Viateur, mwene Ndagijimana na Souzana, akaba afite mukuru we witwa Nzavuga Pierre, aravuga ko yabuze iwabo afite imyaka irindwi, akaba amaze imyaka isaga 12 acumbikirwa n’abaturage batandukanye.
Bamwe mu baturage basiragiraga ku karere ka Nyamasheke basaba kwishyurwa amafaranga yabo ku bikorwa byabo byangijwe n’ikorwa ry’umuhanda mu murenge wa Ruharambuga baratangarizwa n’ababishinzwe ko mu minsi ya vuba nabo bazaba bishyuwe amafaranga yabo nk’uko abandi baturage nabo amaze kwishyurwa.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyeshuri biga mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nyakinama kuri uyu wa gatatu tariki ya 07/05/2014, minisitiri James Kabarebe ushinzwe Ingabo z’u Rwanda yagaragaje ko ibibazo byinshi biri mu bihugu bitandukanye by’Afurika byatewe n’abakoloni.
Itorero rya EDAR (Eglise de Dieu en Afrique au Rwanda) ryateguye igiterane cyo guhimbaza Imana taliki ya 3/5/2014 mu karere ka Rubavu maze abacyitabiriye batunguwe no kubona ari icyo gutangiza itorero ry’abatinganyi, bitumwa bamwe mubacyitabiriye basohoka bacyamagana.
Ubuyobozi bw’ikigega cy’ingoboka ku mpanuka ziterwa n’ibinyabiziga cyangwa inyamanswa burizeza abaturage b’umurenge wa Karangazi bangirijwe imitungo yabo cyangwa bakomerekejwe n’inyamanswa ko bitarenze ibyumweru 2 gusa ibibazo byabo bazaza kubiganiraho.
Inkunga y’amabati 340 yahawe bamwe mu baturage bo mu mirenge ya Gihundwe, Giheke na Nkanka basenyewe n’imvura nyinshi yari irimo unkubi y’umuyaga ivanze n’urubura yaguye mu mpera z’umwaka wa 2013; iyo nkunga bayihawe na Caritas ya Diyoseze gatulika ya Cyangugu.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yageze Abuja muri Nigeria aho agiye kwitabira Inama ngaruka mwaka ya 24 yiga ku bukungu bwa Afurika yateguwe n’umuryango World Economic Forum.
Abanyarwanda n’Abanyekongo baza kurangura mu Rwanda bavuga ko kuva mu kwezi kwa Werurwe bakwa amafaranga y’umurengera n’abakozi bo ku mupaka wa Congo atandikwa mu bitabo mu gihe ubajije impamvu akamburwa ibicuruzwa bikajya kubikwa.
Mu nama Abayobozi ba Polisi n’ab’Umujyi wa Kigali bagiranye n’abamotari kuri uyu wa kabiri tariki 06/7/2014, abamotari bagaragaje ko impamvu biruka bahunga abapolisi ku mihanda, ngo ari uko babahahamuye maze Polisi ibasaba kujya berekana ababahohotera, kugirango bajye babihanirwa.
Ndagijimana Yuvenali, utuye mu murenge Gahunga, mu karere ka Burera, yiyeje kurwanya Abarembetsi ndetse n’abanywa ikiyobyabwenge cya kanyanga, abinyujije mu bigangano bye by’indirimbo maze umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Gasana Emmanuel, amwemerera moto nshya.
Lord George Leonard Carey wahoze ari umushumba mukuru w’itorero rya Canterbury ry’Abaporotesitanti b’Ababangilikani ku isi arasanga ibyo u Rwanda rumaze kugeraho mu myaka 20 ari ibyo kwishimira kuko bitangaje.
Ubwo abatuye akarere ka Huye basabwaga gutanga ibitekerezo ku mushinga w’itegeko rigenga imicungire y’umutungo w’abashyingiranywe, impano, n’izungura, basabye ko ababyeyi bazajya batanga iminani bararangije kubyara.
Mu nama bagiraye na bamwe mu bayobozi mu karere ka Rulindo, itsinda ry’abadepite bane bagize komisiyo ya politike y’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo mu iterambere ry’igihugu, bahumurije aba bayobozi ko mu nteko badateze gutora itegeko ryemerera Abanyarwanda gukora ubutinganyi.