Uwabakurikiza Anasitaziya utuye mu kagari ka Ruronde mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro afite ikibazo cyo kutarangirizwa urubanza rw’umwana we wakomerekejwe mu mutwe, urukiko rugategeka ko uwamukomerekeje atanga indishyi y’ibihumbi 600 ariko umwaka ukaba ushize atarayahabwa.
Abana b’impfubyi barererwa mu kigo cya SOS giherere mu murenge wa Kajyeyo mu karere ka Gicumbi bavuga ko kwizihiza umunsi w’umwana w’umunyafurikumunsi uba buri tatiki 16 Kamena bituma nabo bumva ko bitaweho.
Ubwo abarwanyi 9 bavuye muri FDLR batahaga mu Rwanda taliki 13/6/2014 umwe yatangarije Kigali Today ko nubwo Abanyarwanda bari muri FDLR bitandukanya nayo bacyurwa mu Rwanda ngo Abanyecongo bari muri FDLR bahita bashyirwa mu gisirikare cya Kongo.
Ku munsi mpuzamahanga w’umwana w’umunyafurika wizihijwe kuri wa 16/6/2014, Guverinoma y’u Rwanda yahisemo ko abana bibuka abandi bana bavukijwe kubaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ku mpamvu z’uko abana b’abanyarwanda muri iki gihe ngo bahabwa uburenganzira hafi ya bwose.
Abahagarariye abandi mu rugaga rw’abagore mu Muryango FPR-Inkotanyi bo Karere ka Kamonyi, barasabwa gukomeza kuba umusemburo w’iterambere ry’akarere kabo n’iry’igihugu muri rusange.
Abana b’abanyeshuri bo mu karere ka Gisagara bavuga ko ibicumbi by’indangagiciro byanditseho amagambo agaragaza indangaciro na kirazira bibibutsa inshingano zo gukunda igihugu bakiga bafite intego z’icyo bazaba cyo kandi kibafasha kubaka igihugu.
Mu gihe kuri uyu wa Mbere, tariki 16/06/2014, ibihugu bya Afurika byizihiza Umunsi w’Umwana w’Umunyafurika, abana biga mu Ishuri “Agahozo Shalom” ho mu karere ka Rwamagana, baratangaza ko kwizihiza uyu munsi bituma biyumvamo agaciro gakomeye nk’abana b’Abanyarwanda kandi bikabibutsa inshingano bafite zo guharanira (…)
Ubuyobozi bw’akarere ka Kamonyi bwemeza ko ibikorwa by’ingabo muri “Army week”, bizafasha ako karere kugera ku mihigo. Ubwo hatangizwaga army week tariki 14/06/2014 hakozwe umuyoboro w’amazi uva kuri Paruwasi ya Kamonyi werekeza ku isanteri ya Nturo no ku Ijuru rya Kamonyi, aha hakaba hakenewe amazi kuko bavoma mu mibande.
Urubyiruko 193 ruturuka mu mirenge itandukanye yo mu karere ka Gatsibo, rwaremewe ibikoresho bitandukanye byo kubafasha kwihangira udushya no guhanga indi mirimo ku batari bayifite uyu muhango ukaba wabereye mu Murenge wa Kiziguro.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, arasaba urubyiruko gukoresha neza amafaranga rukorera, rukibuka no kuzigamira imishinga yarwo. Ibi yabitangaije mu mahugurwa y’umunsi umwe yari ahuriwemo n’urubyiruko rugera kuri 250, kuri uyu wa gatandatu tariki 14/06/2014.
Minisitiri Kirsten Garaycocheer ushinzwe Afurika muri leta y’Ubudage aratangaza ko igihugu cye cyizakomeza gutera u Rwanda inkunga kuko ngi rukoresha inkunga ruhabwa neza cyane.
Abayobozi ba kiliziya Gatolika mu Rwanda na ministiri ushinzwe Ubutegetsi bw’Igihugu bumvikanye ko bagiye gutegura amasezerano bazasinyana uyu mwaka, azaba akubiyemo ingingo zirimo imicungire y’ubutaka, ibijyanye n’uburezi ndetse no kumva kimwe amateka y’u Rwanda.
Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) yatangarije abanyamakuru kuri uyu wa gatanu tariki 13/6/2014, ko mu ngengo y’imari ya Leta y’umwaka wa 2014-2015 ingana na miliyari 1,753 z’amafaranga y’u Rwanda, Abanyarwanda basabwa uruhare rurenga miliyari 1,085 ahwanye na 62%.
Akayezu Anamaliya n’umugabo we Nzabarirwa Felix bombi bakora akazi ko gusana inkweto zacitse bifuza ko gahunda ya Girinka na bo yabageraho, ariko bakayibuzwa n’uko abaturanyi babo mu mudugudu banga kubashyira ku rutonde kubera ko ngo bafite akazi bakora.
Nyirabari Esperance w’imyaka 39 utuye mu Kagali ka Kabeza mu Murenge wa Nyange ho mu Karere ka Musanze yagaragaje kwitangira abana b’imfubyi aho amaze kurera abana bane harimo n’uruhinja rw’ibyumweru bitatu rwatawe n’umukobwa w’imyaka 19 nyuma yo kumubyara.
Abapolisi b’u Rwanda 140 barimo ab’igitsina gore 14 bari mu butumwa bw’amahoro muri Haiti, kuri uyu wa gatatu tariki ya 11 Kamena bambitswe imidari y’ishimwe kubera ibikorwa bitandukanye by’indashyikirwa bakoze muri iki gihugu.
Mu rwego rwo kunoza imihigo y’ingo, ubuyobozi bw’akarere butegura urutonde rw’ibikenewe n’abaturage muri rusange, akaba aribyo buri rugo rwo mu karere ruharanira kugeraho mu gihe cy’umwaka. Abaturage bo basanga guhuza imihigo atari byo kuko badahuje ubushobozi.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi, abinyujije ku rubuga rwa Twitter arimo kugirana ikiganiro n’ababyifuza bose, bakamubaza ibibazo bakanatanga ibitekerezo kuri gahunda zose za guverinoma y’u Rwanda.
Abaturage bo mu karere ka Gisagara birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya batari bafite amacumbi ubu bakaba bari kubakirwa, baratangaza ko ibi ari ibibereka ko igihugu cy’u Rwanda cyita ku baturage bacyo ntawe gisize inyuma, bagashima ubuyobozi bwiza butuma ibyo byose bishoboka.
Abasirikare ba Congo batanu barasiwe mu Rwanda ubwo bateraga mu karere ka Rubavu mu murenge wa Busasamana tariki 11/06/2014 bashyikirijwe igihugu cyabo ku saa moya n’igice zo kuri uyu mugoroba wa tariki 12/06/2014.
Abarimu bahoze bigisha muri Koleji ya Kigoma iherereye mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza baravuga ko bari mu nzira zigana inkiko basaba kurenganurwa nyuma y’uko iri shuli ryigenga ryisumbuye ryabambuye imishahara y’amezi atatu ndetse n’uduhimbazamusyi tw’amezi icyenda tw’umwaka ushize wa 2013.
Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu iratangaza ko u Rwanda ruhagaze neza mu bipimo byo kubahiriza uburenganzira bwa muntu.
Abayobozi bo mu Ntara y’Iburasirazuba ndetse n’abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye byo mu Rwanda, bahuriye mu karere ka Rwamagana mu kiganiro nyunguranabitekerezo cyateguwe na Radio Izuba, hagamijwe kureba imbogamizi zikibangamira ubufatanye bw’izi mpande zombi zigatuma bishishanya.
Nyuma y’imirwano yabaye inshuro ebyiri ingabo za Kongo zateye mu Rwanda tariki 11/06/2014, Leta y’u Rwanda yamaganye ubushotoranyi bwa Leta ya Congo bubangamira amahoro n’umutekano hagati y’ibihugu byombi.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Dr Alvera Mukabaramba, avuga ko nta muntu wemerewe kugurisha inzu yubakiwe na Leta cyangwa ngo ayikodeshe ubuyobozi butabizi.
Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Sheikh Musa Fazil Harelimana, agereranya FDLR ifite imigambi yo guhungabanya umutekano w’Abanyarwanda na shetani yototera bamwe mu Banyarwanda igambiriye kubashuka ngo ibashore mu migambi mibisha, asaba ko bitandukanya nayo.
Nyuma y’ibitero bibiri byikurikirana ingabo za Kongo zagabye ku butaka bw’u Rwanda mu karere ka Rubavu taliki 11/6/2014 abasirikare batanu ba Kongo bahasize ubuzima naho abasirikare babiri b’ingabo z’u Rwanda barakomereka.
Umugore witwa Mukanoheri Jeanne ari mu karere ka Ngororero kuva tariki 06/06/2014 aho yaje gushakisha umugabo we wamutaye akamusigana abana batatu akaba yarashatse undi mu karere ka Ngororero.
Abakozi bakoreye rwiyemezamirimo witwa Ntarindwa Steven wahawe isoko ryo gutunganya inyubako n’ubusitani ahitwa ku “Mukore wa Rwabugiri” mu murenge wa Kageyo ho mu karere ka Ngororero bavuga ko yabambuye amafaranga agera kuri miliyoni ebyiri n’igice.
Mu cyumweru cyitiriwe ibikorwa by’ingabo (Army Week), mu karere ka Gisagara ingabo zifatanyije n’abaturage ziri kubakira Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya bari batarabona amacumbi kugera n’ubu.