Ubuyobozi bw’Urugaga rw’Abikorera, PSF, mu Ntara y’ Iburengerazuba ku wa 19 Ukuboza 2015 bwatangije imurikagurisha ry’iminsi icumi rizabafasha kwizihiza minsi mikuru.
Abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Harvard muri Amerika, baje kwigira kuri Perezida Kagame n’ibyo yagejeje ku Banyarwanda nk’Umukuru w’Igihugu.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje imibare ntakuka y’ubwitabire bwa referandumu, igaragaza ko abaturage 98.3% batoye basaba ko itegeko nshinga rihinduka.
Umunyamabanga nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside, yavuze ko Abanyarwanda bageze ku bumwe bagendeye ku bikorwa bihitiyemo.
Abafite imodoka zitwara abagenzi zashyizwemo utwuma tugabanya umuvuduko "Speed Governor" bavuga ko tuzangiza mu gihe RURA ivuga ko ari urwitwazo.
Ministiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo, yagaragaje uburyo imikerereze y’Abanyarwanda yahindutse, ku buryo byabahesheje kugira uruhare mu bikorerwa ku isi hose.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangaje ko igihe cyo guhererekanya inshingano z’ubuyobozi bw ’Igihugu nikigera bizakorwa neza mu mutuzo nk’uko Abanyarwanda babyizeye.
Byatangarijwe mu gitaramo cy’urubyiruko “inkomezamihigo” rusaga 3000 baturutse mu turere dutandukanye tw’u Rwanda cyabereye kuri Petit Stade Amahoro i Remera.
Abaturage batandukanye b’Akarere ka Karongi bavuga ko umwe mu myanzuro bifuza ku mushyikirano ari uwakemura imyishyurire ya ba rwiyemezamirimo.
Abari abana mu gihe cya Jenoside bagahungishirizwa i Burundi babifashijwemo na Laurien Ntezimana, tariki 20/12 bahuriye mu ishuri NDPK baramushimira.
Abanyamuryango ba kampani yitwa “KAMU Mutual Plan” bavuga ko abantu bishyize hamwe ntacyo batageraho, bagahamagarira Abanyarwanda kwishyira hamwe bahuza imbaraga.
Abaturage b’Akarere ka Rusizi barifuza ko mu nama y’umushyikirano haganirwa ku iterambere ry’umujyi wabo ukiri inyuma cyane cyane mu ibikorwa remezo.
Ibiro by’umukuru w’Igihugu bitangaza ko imyanzuro ingana na 85% y’Umushyikirano w’umwaka ushize wa 2014, yashyizwe mu bikorwa kurenza 80%.
Mu gihe abaturage b’i Gacundezi mu Karere ka Nyagatare batabaza RDB kubera imvubu yabamariye imyaka, RDB yo ibasaba kuyibungabunga bakayibyaza umusaruro.
Abatuye mu mujyi wa Kayonza baratabaza ubuyobozi kuko barembejwe n’abajura bamaze kuyogoza uwo mujyi.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyarusange mu karere ka Muhanga bavuga ko igihe Perezida Kagame agifite imbaraga n’ubushake yazakomeza kubayobora.
Abanyarwamagana batoye YEGO kuri 99.78% baba aba mbere mu turere 27 tumaze gutangazwa ibyavuye mu matora ya Referandumu yo kuri uyu wa 18 Ukuboza 2015, ndetse batambuka kuri Kayonza yari iyoboye uturere 19 twari twatangajwe mbere.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora imaze gutangaza ko abasaga 98% batoye YEGO mu matora ya Referandumu yabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki 18 Ukuboza 2015.
Imibare y’agateganyo imaze kuboneka mu turere tw’u Rwanda itangazwa na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, iragaragaza ko Akarere ka Kayonza kaza ku isonga mu turere tumaze gutangazwa, aho abatoye YEGO basaga 99%.
Bamwe mu baturage bo Karere ka Gicumbi baravuga ko ibyo Perezida Kagame yabagejejeho ari byo byatumye bazindukira muri Referandumu kugira ngo azakomeze kubayobora.
Perezida Kagame yavuze ko nyuma y’ibiva muri referandumu igihe icyo ari cyo cyose yavuga niba aziyamamaza muri 2017.
Serafine Mukandekezi yahembwe iradiyo kuko yageze ku biro by’itora saa saba z’ijoro, akaba uwa mbere mu gutora itegeko nshinga rivuguruye
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kirehe baravuga ko batoye neza ariko ngo ibyishimo ntibiza bataramenye icyavuye mu byo batoye ngo umutima ubashe gusubira mu gitereko.
Bamwe mu banyarwanda batuye muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo bavuze ko bishimiye kwambuka imipaka baza kwitorera Referandumu.
Bamwe mu bitabiriye itora rya referandumu mu Mujyi wa Kigali bavuze ko batoye “Yego” kuko bafitiye icyizere Perezida Paul Kagame cy’uko aziyamamaza.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara nyuma yo gutora referandumu baravuga ko baraye banamenye igisubizo cya Perezida Kagame byabashimisha.
Kuri Site y’Itora ya Ruyenzi, hari abaturage bazindutse baza gutora ariko ntibabyemererwa kuko batisanze kuri lisiti kandi badafite amakarita.
Abimuwe ahashenywe mu Murenge wa Muhima bitabiriye gutorera aho bahoze ari na bwo bafashe amakarita y’itora kuko batarimurwa kuri lisiti.
Abaturage b’Akarere ka Nyabihu baravuga ko icyabashimishije ari ugusoza umwaka bitoreye Itegeko Nshinga rivuguruye ryemerera Perezida Kagame kuzongera kwiyamamaza.