Abagabo bo mu murenge wa Bugeshi barahamagarirwa kureka umuco wo guharika abo bashakanye kubera amafaranga ava mu musaruro w’ibirayi.
Abagize komite nyobozi y’Ihuriro ry’abana mu gihugu batangiye gutorwa, barizeza ko ibibazo birimo kutiga n’ibiyobyabwenge, bazabigeza ku babishinzwe.
Abanyarwanda 72 batashye mu Rwanda kuri uyu wa 1/12/2015 bahungutse muri Congo, bakaba bakiriwe mu nkambi ya Nyagatare iherereye mu Karere ka Rusizi.
Urubyiruko 30 bitegura kuba DASSO batangiye amahugurwa i Gishari, bafite gahunda yo gufasha bagenzi babo basanzwe mu mwuga kubungabunga umutekano.
Abaturage b’Akarere ka Kamonyi baravuga ko umugoroba w’ababyeyi udakwiriye gufatwa nk’umwanya w’imiryango ifitanye amakimbirane gusa kuko abawitabira baganira no ku iterambere.
Mu gihe hasozwaga ukwezi kwahariwe imiyoborere mu Karere ka Nyaruguru,abaturage banenze abayobozi b’inzego z’ibanze kuba barangarana ibibazo byabo nkana.
Abaturage bataratanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (MUSA)bibukijwe ko bagomba gukurikiza umuhigo Akarere kihaye wo kurangiza umwaka wa 2015 kari ku 100%.
Abafatanya kuyobora umudugudu barasabwa kudasiganira inshingano bashinzwe, bagafatanya mu gucunga umutekano aho batuye no gukumira ibyaha bitaraba
Bamwe mu bagore n’abagabo bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga baravuga ko batagishyamirana iwabo kubera umugoroba w’ababyeyi.
Imiryango 25 mu Murenge wa Mwulire i Rwamagana yorojwe amatungo magufi n’ikimina cy’abakozi b’ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro, IPRC EAST.
Abaturage 5235 bo mu ngo 1047 mu murenge wa Gahengeri mu karere ka Rwamagana begerejwe amazi meza.
Mu Ntara y’Amajyepfo haracyagaragara ikibazo cy’abagabo bamwe baha akato bagenzi babo, kuko bafasha abagore babo mu mirimo itandukanye mu rugo.
Mu gutera inkunga umubyeyi ukennye wabyaye abana 3, kuwa 27 Ugushyingo 2015, ubuyobozi n’abakozi b’Akarere ka Ngororero bamugeneye ibihembo.
Serivisi ishinzwe Imibereho Myiza mu Karere ka Huye iratangaza ko imvura yaguye ku gicamunsi cyo ku wa 26 Ugushyingo 2015 yashenye amazu 170.
Abafite ubumuga bwo kutabona bavuga ko hari benshi muri bo bafite ubushobozi bwo gukora imirimo itandukanye ariko ntibagirirwe icyizere.
Minisitiri w’Umutungo Kamere, Vincent Biruta, yasabye abaturage b’Akarere ka Gatsibo kwita ku biti babibungabunga kuko bifite akamaro kanini mu buzima bw’umuntu.
Abaturage b’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge bahangayikishijwe n’amazi y’imvura amanukana ubukana kuri Mont Kigali akangiza ibikorwa byabo.
U Rwanda rwemereye Ikigo Farm Gate (gikorera henshi muri Afurika), kuba cyateye ibiti bya macadamia miliyoni imwe mu myaka icumi.
Mu muganda usoza Ugushyingo, abaturage b’Umurenge wa Miyove mu Karere ka Gicumbi bakoze umuyoboro w’amazi uzabafasha kubona amazi meza.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugira inama guverinoma rugiye gukora ubuvugizi ku bibazo bigaragara mu ruganda rutunganya imyambati rwa Kinazi.
Abakirisitu gatolika basaga ibihumbi 60, tariki 28/11/2015, bateraniye i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru bizihiza isabukuru ya 34 y’amabonekerwa ya Bikira Mariya.
Mu murenge wa Mpanga imvura yaguye ku mugoroba wo kuwa 26/11/2015 yangije imyaka y’abaturage ku buso buri hafi ya Hegitare.
Nk’uko biba biteganyijwe icyumweru cya nyuma cy’ukwezi kiba cyarahariwe igikorwa cy’umuganda aho abaturage bareba igikorwa cy’ingirakamaro bakwiye gukorera hamwe kandi bakanungurana ibitekerezo ku byabateza imbere
Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare ryashyikirije inkunga y’ibikoresho by’isuku bifite agaciro k’ibihumbi 762 nabo bizeza kutabigurisha.
Inama y’igihugu y’abagore mu karere ka Rutsiro ivuga ko igiye kurwanya imirimo mibi ikoreshwa abana bo muri aka karere.
Abaturage bakoreye rwiyemezamirimo ufite isoko ryo gutwara abakozi b’Akerere ka Rusizi baravuga ko bamaze imyaka 3 barambuwe Miliyoni 15.
Mu karere ka Nyanza imvura yahasenye amazu ayandi irayasakambura inangiza n’imihanda ku buryo byahagaritse imigendaranire.
Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyanza, Habimana Kayijuka John Herbert yeguye ku mirimo ye ku mpamvu ze bwite.
Uburyo bwo kuvura abantu bahungabana kubera ibibazo bahura na byo bwitwa "Logotherapie" ntibusaba imiti runaka ariko ngo bufasha benshi.
Bamwe mu babyeyi baranengwa kugira uruhare mu gutuma abana babo bagana imihanda bakaba inzererezi, kubera kubafata nabi babahoza ku nkoni.