Mukabalisa Frolence,nyuma yo gutangira kwigishiriza imodoka mu mujyi wa Kibungo Akarere ka Ngoma byatumye abagore n’abakobwa bitabira kwiga ibinyabiziga ku bwinshi.
Imiryango 21 igizwe n’abantu 93 y’Abanyarwanda babaga mu mashyamba ya Congo batahutse bavuga ko barambiwe n’ubuzima bubi babagamo.
Abaturage bakoresha umuhanda Ruhuha-Mareba-Nyamata mu karere ka Bugesera bavuga babangamiwe n’ikiraro cya Mareba cyacitse.
U Rwanda rwakiriye inguzanyo ya miliyoni 15 z’amadolari (USD), yatanzwe n’Ikigega cya Arabiya Sawudite gishinzwe iterambere(SFD), yo kubaka umuhanda Nyagatare-Rukomo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko bufatanyije n’urugaga rw’abikorera bugiye gukora urutonde rwa ba rwiyemezamirimo ba bihemu.
Umukecuru Kambonwa Damarisi wo mu murenge wa Gashari, Akarere ka Karongi avuga ko ubuyobozi bukomeje kumutererana kandi inzu igiye kumugwaho.
Nubwo bo batabyemera, abasigajwe inyuma n’amateka mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi barashinjwa kwisenyera amazu baba bahawe yo kubamo.
Kurushaho kwirinda ibyahungabanya umuryango n’ibyasenya urugo, nibyo byasabwe abagize ihuriro ry’ingo bo mu murenge wa Ngarama mu karere ka Gatsibo.
Hari abakobwa bo mu Karere ka Rutsiro bavuga ko bari bafite imyumvire y’uko haboneza urubyaro abakuze bigatuma babyarira iwabo.
Abigira kuboha ibyibo ku Kigo cy’Urubyiruko cya Rutsiro mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro baravuga ko nibamara kubimenya bizabavana mu bushomeri.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buributsa abaturage bakiragira inka ku gasozi ko bitemewe, uzabifatirwamo ko azabihanirwa.
Abafite ubumuga bo mu Murenge wa Uwinkingi mu Karere Kanyamagabe baravuga ko bahangayikishijwe no kutagira insimburangingo n’inyunganirangingo kubera ibibazo by’amikoro make.
Kuri uyu wa 27 Ukuboza 2015, abakozi b’Akarere ka Rusizi batatu banditse basaba kwemerwa kwegura ku mirimo bakoraga.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko buri muturage akwiye kugaragaza uruhare rwe mu buyobozi bw’inzego z’ibanze.
Bamwe mu babyariye iwabo batuye mu Karere ka Kamonyi, ntibitabira kwandikisha abana kuko babazwa abo bababyaranye kandi hari abatabemera.
Mu ijoro rya Noheli, Polisi yafashe urubyiruko 18 rutaruzuza imyaka y’ubukure hamwe n’ababajyanye mu tubari ndetse na ba nyiratwo umunani.
Bamwe muri ba rwiyemezamirimo bo mu karere ka Nyaruguru baravuga ko hari igihe Akarere kica amasezerano baba bagiranye kagatinda kubishyura.
Nshimyumuremyi Claude,nyuma yo gufatirwa mu karere ka Ngoma atwaye umufuka w’urumogi agiye kurugurisha arahamya ko yicuza ibyo yakoze.
Kalisa Gaston,yafatiwe mu cyuho yakira ruswa y’umuturage y’ibihumbi 20 ngo amushyire ku rutonde rw’abagomba guhabwa inka muri “Gira inka”.
Abatuye mu mudugudu wa Kibangira mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi baravuga ko babangamiwe no kubura aho bivuriza
Minisitiri Busingye Johnston yabwiye abanyamategeko badakurikirana ngo bagaruze ibyo Leta iba yatsindiye mu manza ko umwaka utaha batazongera kwihanganirwa.
Ubushobozi buke n’inshingano za bamwe mu baturage, bituma bakora kuri Nohelr kugira ngo babashe gukemura bimwe mu bibazo bahura na byo.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rutsiro bavuga ko gukoresha amaranga menshi basesagura mu minsi mikuru byamaze gucika kuko bitabubaka.
Ubuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Nyamiyaga giherereye mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Kamonyi, butangaza ko cyakira abarwayi benshi, ugereranyije n’abakozi bafite.
Abana biga ku Kigo cy’Inshuke cya Key of Life mu Murenge wa Rugerero basangijwe Noheri na Kivu Serena Hotel.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke basanga Noheri ari wo munsi w’ibyishyimo kurusha indi minsi yose.
Abakozi ba Minisiteri y’Ubutabera ku wa 24 Ukuboza 2015 basuye Club Urumuri y’abana bagizwe imfubyi na Jenoside batuye mu Matyazo, baraganira baranasangira.
Ikigo Vision Jeunesse Nouvelle kitwa ku rubyiruko cyasangiye Noheri n’abana 162 biganjemo abana bo ku muhanda bo mu Mujyi wa Rubavu.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kagina, mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi baratangaza ko Noheri atari igihe cyo gusesagura cyane ko n’ubukungo ngo butifashe neza.
Ingabo z’u Rwanda zikorera muri Batayo 75 zasangiye Noheri n’Abanyarwanda birukanywe Tanzaniya batujwe mu Karere ka Rubavu.