Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nemba muri Gakenke bahangayikishijwe no kutagira ibyangombwa by’ubutaka bwitwa ko ari ubwabo.
Mukantaganda Bujeniya wo mu Karere ka Ngororero avuga ko imiyoborere idaheza yatumye ashyira ahagaragara umwana we ufite ubumuga.
Komite y’abafite ubumuga mu Karere ka Ruhango, iravuga ko kuba baritaweho n’ababyeyi na Leta, bituma babayeho neza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yazamuye abapolisi barenga 550 mu ntera harimo 21 bari ku ipeti rya Chief Superintendent bashyizwe ku rya Assistant Commissioner of Police (ACP).
Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’ingabo w’ikirenga, Paul Kagame, yazamuye mu ntera abasirikare 5726 mu byiciro bitandukanye barimo n’Abajenerali 10.
Umuryango AVEGA, w’Abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi, watangije gahunda ya “AVEGA wWeek” igamije kurushaho kwegera abanyamuryango ngo bahabwe ubufasha bakeneye mu miryango.
Komite nshya y’Ihuriro ry’Abana mu Karere ka Ngoma yiyemeje guhangana n’akato gakorerwa abana bafite ubumuga.
Abana batorewe guhagararira Ihuriro ry’Abana ku rwego rw’Akarere ka Kamonyi, biyemeje gukora ubuvugizi ku bibazo bibangamira iterambere ry’abana.
Kiliziya Gatolika igiye gutangira gahunda y’imyaka itatu, irimo gutanga imbabazi no kuzisaba ku ruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero baranenga abayobozi bakererwa mu bikorwa babatumiramo kandi bo baba bubahirije amasaha.
Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’Itorero Rucagu Boniface, yemeza ko ubwitange ari bwo bwaremye u Rwanda, burarubohora, burarwubaka buruhesha n’agaciro.
Impuguke ziteraniye mu rwanda ziga ku kibazo cy’ubucye bw’urubyiruko muri politiki, ziratangaza ko zizafata imyanzuro ijyanye n’uburyo umubare warwo wazamuka.
Minisitiri ushinzwe gucunga Ibiza no gucyura Impunzi, Seraphine Mukantabana, yashyikirije amazu 5 Abanyarwanda bahungutse bavuye muri Kongo.
Mu Munsi Mpuzamahanga w’Abafite Ubumuga mu Karere ka Musanze, havuzwe ko umushinga wo kubafasha kwiga wamaze kwemezwa hashingiwe ku buremere bw’ubumuga bafite.
Abafite ubumuga batangaza ko bafite ubumenyi mu myuga itandukanye, ariko bamwe muri bo babura ubushobozi bwo kubushyira mu bikorwa.
Abafite ubumuga bo mu Murenge wa Huye bibumbiye muri koperative ihinga ikawa bahize kuzaba bafite uruganda rutunganya kawa muri 2018.
Kagande Sirivani na Mukasikubwabo Immaculée bo mu Murenge wa Mpanga barashima byimazeyo abagiraneza babafashije nyuma y’imyaka 14 barwaje umwana.
Abakunzi b’isambaza zo mu kiyaga cya Kivu ntibishimira igiciro cyazamutse kikagera ku 2000Frw ku kilo, bavuga ko kitorohera buri wese.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Karere ka Rusizi barasaba bagenzi babo bagisabiriza kubireka bakihesha agaciro, bihangira imirimo ibasha kubatunga.
Abaturage bo mu kagari ka Mubuga, umurenge wa Kibeho muri Nyaruguru baravuga ko bahangayikishijwe n’umugore witwa Nyirahirwa Claudine uhora arwana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko badashobora kwishyura rwiyemezamirimo wakoze umuhanda Kabari-Kabuhanga, atabanje kwishyura ababaturage yakoresheje mu gukora uyu muhanda.
Abafite ubumuga bo mu Karere ka Kayonza barashima Leta kuko ikora ibishoboka ngo batere imbere ariko bagatunga agatoki zimwe mu nzego ko zikibakorera ivangura.
Mu gihe bimenyerewe ko ahantu hatandukanye uhasanga abamugaye basabiriza, mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko hp bimaze gucika.
RRA yafashe abakekwaho gushaka kunyereza imisoro ya miliyoni 70Frw, bakoresheje akamashini gatanga inyemezabuguzi (EBM) k’umucuruzi wo mu mujyi wa Kigali.
Abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye mu rwanda berekeje i Nkumba mu Karere ka Burera mu itorero ry’igihugu rizamara iminsi irindwi.
Umukobwa witwa Ruth Ndacyayisenga yatomboye miliyoni mu irushanwa rya Tigo, nyuma y’ibyumweru bitatu gusa atangiye gukoresha umurongo wayo.
Umusore witwa Iraguha Simplice afungiye kuri polisi ya Ruhango, akurikiranyweho kwiyita umukuru w’ingabo akambura amafaranga Akarere ka Ruhango.
Urwego rw’umuvunyi rwahuje abayobozi b’ingeri zitandukanye mu Ntara y’Amajyepfo basobanurirwa ingaruka ziri mu guhishira ruswa n’akarengane.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) n’ubuyobozi bw’uturere ntibavuga rumwe ku buryo bushya bwo gukusanya imisoro n’amahoro ugereranyije n’uko uturere twayikusanyaga.
Abana biga babifashijwemo n’Umuryango Imbuto Foundation, bavuga ko bahawe ubufasha batari babwiteze, none ngo bazawitura bazafasha Abanyarwanda bakeneye gufashwa.