Minisitiri w’Umutekano mu gihugu atangaza ko nta gihugu cy’igihangange ku isi cyagira icyo kibaza Abanyarwanda igihe bahinduye Itegeko Nshinga ryemerera Perezida Kagame kongera kwiyamamariza manda ya gatatu izaza nyuma ya 2017 kuko ibyo bihugu byagize aba-perezida banditse amateka nka Perezida Kagame bituma bahindura (...)
Parezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa 01 Mata 2015 yakiriye ba ambasaderi babiri bashya barimo Mme Namira Babil Mohamed El Mahdi Negm waje guhagararira igihugu cya Misiri mu Rwanda na Ali Idi Siwa waje guhagararira Tanzaniya mu Rwanda.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Rosemary Mbabazi mu mpanuro yahaye intore z’urubyiruko ziva mu Ntara y’Iburasirazuba zisaga 1032 yazisabye gufata iya mbere mu guteza imbere igihugu kuko u Rwanda rwabahaye amahirwe yose.
Abaturage bo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara barasaba ubuyobozi bw’akarere kabo kubatumikira ko bashaka gukomeza kuyoborwa na Perezida Paul Kagame ngo kubera ibyiza amaze kubagezaho.
Abana b’imfubyi 5 bo mu Kagari ka Burunga, mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi barasaba gufashwa kwishyura cyangwa gusonerwa umwenda basigiwe n’ababyeyi babo kuko nta bushobozi bwo kuwishyura bafite.
Nyuma y’igihe kinini abubatse inyubako nshya z’ibitaro bya Kirehe bategereje guhembwa ubu bari mu byishimo kuko bose bamaze guhembwa amafaranga yabo yose bakaba ngo bashimira itangazamakuru ryabavuganiye.
Abahoze mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda ikorera mu Burasizuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) basoje ingando zaberaga mu Kigo cy’Amahugurwa cya Mutobo mu Karere ka Musanze basabwe kutitinya bagafatana urunana n’abandi Banyarwanda mu kubaka igihugu cyabo.
Resitora Karibu, imwe mu maresitora azwi mu Mujyi wa Kigali rwagati, yatunguwe n’abakozi b’Umujyi wa Kigali bashinzwe kugenzura isuku mu maresitora n’amahoteli basanga aho bategurira ibyo kurya hari umwanda ukabije, bayica amande banayibwira ko ishobora gufungwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera burimo gutegura igishushanyombonera cy’ikoreshwa ry’ubutaka bwo muri ako karere kizagaragaza ahazajya imijyi ndetse n’ahateganyijwe kubakwa imidugudu mu rwego rwo gukoresha ubutaka neza no kunoza imiturire.
Ishyirahamwe ry’abavuzi gakondo mu Karere ka Kayonza, tariki 30 Werurwe 2015 ryashyikirije polisi umuturage ukomoka mu gihugu cya Uganda rivuga ko ari umupfumu wiyitirira umwuga w’ubuzi gakondo.
Abashoferi bakorera muri gare ya Kabarondo mu Karere ka Kayonza bavuga ko kuba itubakiye bituma icikamo imikuku ibangiriza imodoka kandi basora buri munsi uko bayinjiyemo.
Urwego RMC rw’Abanyamakuru Bigenzura mu Rwanda ruravuga ko kuba hari ibitangazamakuru byandika amakuru mabi n’inkuru zituzuye zirimo n’izijijisha ngo biterwa n’abaturage ndetse n’abasomyi badakoresha amafaranga yabo mu guhana ibyo bitangazamakuru.
Umuyobozi w’Ishuri rikuru rya Polisi riri mu Karere ka Musanze, CP Félix Namuhoranye atangaza ko ishuri rya Polisi ry’ubugenzacyaha (CID School) rizafasha abagenzacyaha kwiyungura ubumenyi bagakora amadosiye anoze yo gushyikiriza ubushinjacyaha.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) hamwe na Komisiyo y’ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) basabye abanyeshuri bagize amatsinda y’ubumwe n’ubwiyunge (SCUR) mu mashuri makuru na za kaminuza, kujya kwigisha indangagaciro z’ubunyarwanda mu bo bigana, abiga mu mashuri yisumbuye ndetse n’abaturage mu bice bakomokamo.
Mu gihe hasigaye amezi atatu gusa ngo umwaka w’ingengo y’imari 2014-2015 urangire, ibipimo by’ubwitabire mu bwisungane mu kwivuza mu Karere ka Huye biri ku kigero cya 85%, kandi ngo nta n’icyizere ko byazarenga kandi nyamara abadatanga ubwisungane mu kwivuza batungwa agatoki kwambura amavuriro.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame arahamagarira abayobozi n’abaturage ba Afurika kwicara bakanoza icyerekezo bifuza kugeraho n’ingamba zizabagezayo kuko ngo icyabuze mu iterambere ari umurongo uboneye, aho guhora bararikiye amafaranga y’abanyamahanga atangwa ari menshi ariko ntageze abantu aho bashaka.
Urubyiruko rw’abanyeshuri biga muri Kaminuza “Rusizi International University” iri mu Karere ka Rusizi rurashima ko Leta y’u Rwanda yabatekerejeho ikabaha kaminuza ijyanye n’ubushobozi bwabo mu gihe ako karere karere ingoma zabanje zitagafataga nk’akari mu Rwanda kubera kuba hakurya ya Nyungwe.
Ishyaka Riharanira Iterambere n’Ubusabane PPC, ryemeje kwandikira Inteko Nshinga Matageko y’u Rwanda, riyisaba guhindura ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga yemereraga Umukuru w’igihugu manda ebyiri gusa, kugira ngo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame “ntazazitirwe mu baziyamamariza kuyobora u Rwanda nyuma ya 2017”.
Ku bufatanye bw’igihugu cy’Ubuyapani n’Akarere ka Huye, mu isambu ya Gereza ya Karubanda (hafi cyane yagare irikuba kwa mu Mujyi wa Butare, hari kubakwa inzu yagenewe abahinzi n’abanyabukorikori bo mu Karere ka Huye.
Inama njyanama y’Akarere ka Kayonza, tariki 27 Werurwe 2015 yungutse abajyanama bashya nyuma y’amezi umunani harimo icyuho.
Ubuyobozi bw’Inama Nkuru y’Itangazamakuru (MHC) buratangaza ko bufite gahunda yo kuzaganira n’abahagarariye ibitangazamakuru, ababishinze n’ababikoramo kugira ngo bungurane ibitekerezo ku guteza imbere itangazamakuru ry’umwuga.
Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda, kuri uyu wa 27 Werurwe 2015 yashyikirije abagize Koperative Tuzamurane y’abafite ubumuga butandukanye mu Murenge wa Kanama, Akarere ka Rubavu kugira inkunga ya miliyoni 2 n’igice z’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo bashobore kwiteza imbere.
Mu kiganiro cyatanzwe nyuma y’umuganda rusange wabaye tariki 28 Werurwe 2015, abawitabiriye bashimye gahunda igihugu kigiye gutangira yo gutoranya abantu bakoze ibikorwa by’indashyikirwa muri Jenoside na nyuma yayo. Izo ndashyikirwa ziswe “Abarinzi b’igihango” zikaba zizatoranywa n’abaturage zigashimirwa ku rwego (...)
Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Caritas Mukandasira avuga ko nta muntu uri hejuru y’amategeko ari yo mpamvu abanyuranyije na yo agomba kubibabaza.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu by’agateganyo, Kaduhoze Marie Jeanne, ugomba kuyobora akarere ka Rubvu mu gihe cy’iminsi 90 avuga ko atazemera ko akarere kongera kuza mu myanya ya nyuma mu mihigo nk’uko bisanzwe kuko imikorere y’ubuyobozi n’abakozi bafatanya n’abaturage bigaragarira mu gushyira mu bikorwa imihigo.
Kuri uyu wa 28 Werurwe 2015, mu Ishuri Rikuru rya Kibogora Polytechnic habereye umuhango wo kurahiza no kwinjiza abanyamuryango bashya mu muryango wa FPR inkotanyi bagera kuri 18.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rongi uhererey mu karere ka Muhanga baravuga ko barangije gutora perezida kagame kuri manda ya gatatu. Ibyo babihera ku kuba yarashoboye kugeza u Rwanda ku kuba igihugu gitekanye kandi kita ku iterambere ry’abanyagihugu.
Majoro Hategekimana Valens alias Noah wari Umuyobozi Wungirije muri FDLR ushinzwe ibikorwa byo guhuza abasirikare ba FDLR n’abaturage mu bice bya Rutshuru na Nyiragongo yageze mu Rwanda ku wa 18 Gashyantare 2015 none kuri ubu ngo arashima ibyo yabonye ku buryo yifuriza na bagenzi be gutaha.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko/ Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille, arasaba abaturage kurwanya umuntu wese uhakana cyangwa upfobya Jenoside ku buryo atazabona aho amenera, ngo kuko ababikora baba bashyigikira umugambi w’abayiteguye.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa 28 Werurwe 2015, abagore b’abayobozi n’abagore bari mu nzego z’ubuyobozi mu Rwanda bibumbiye mu muryango witwa Unity Club baraye bafashe ifunguro muri Serena Hotel i Kigali mu rwego rwo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore maze Perezida Paul Kagame ababwira ko u Rwanda rwashoboye byinshi (...)