Ababyeyi n’abana bo mu karere ka Gakenke bavuga ko kuba hari abana bakunze guhora bambaye imyenda y’ishuri babiterwa n’ubukene.
Mu gihe Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko inyubako bukoreramo idahagije kugira ngo serivisi zose zinozwe, harimo kubakwa inyubako nshya.
Abaturage bo mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga bagabiye inka inteko ishinga amategeko kuko yemeye kuvugurura itegeko nshinga.
Abaturage bashima abadepite ko bubahirije ibyifuzo byabo mu kuvugurura Itegekonshinga, ariko bagaragaza impungenge zo kuba batazi icyo Perezida Kagame abitekerezaho.
Abagize inteko ishinga amategeko bibukije abatuye Akarere ka Nyamagabe ko ubutegetsi ari ubwabo nk’uko ingingo ya kabiri mu itegekonshinga ibiteganya.
Unity Club Intwararumuri iyoborwa na Madamu Jeannette Kagame, yahaye impano ya Noheri abakecuru bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo bavuga ko bitewe n’iterambere bamaze kugeraho biteguye gutora yego kuri Referandumu.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari twa Rusizi na Nyamasheke bavuga ko batarabona terefoni bemerewe na Perezida Kagame mu gihe ahandi henshi bamaze kuzibona.
Sosiyete sivile Nyarwanda ivuga ko ikibangamiwe n’abayitera inkunga barangiza bakanayitegeka uko igomba kuyikoresha batitaye ku byo iba yateguye gukora.
Minisitiri James Duddridge, ushinzwe Afurika, ububanyi n’amahanga n’umuryango w’ibihugu bivuga icyongereza (Commonwealth) araba ari mu Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki 16 Ukuboza 2015.
Bamwe mu barundi bahungira mu Rwanda bemeza ko mu gihugu cyabo abicanyi bakomeje kwibasira abaturage babashinja gukorana n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi buriho.
kuva Nzeri kugera kuwa 24 Ugushyingo 2015 imvura yaguye mu Rwanda yatwaye ubuzima bw’abantu 31 ikomeretsa 57 isenya amazu 933.
Umugabo witwa Niyonsenga Leonidas wo mu murenge wa Mwogo mu karere ka Bugesera, arashinja umugore Kabagwira Jeannette gukuramo inda ku bushake.
Kuri uyu wa 15 Ukuboza 2015, u Rwanda rwakiriye inkunga rwatewe na Banki y’Isi, izakoreshwa mu gukwirakwiza amashanyarazi mu ngo zirenga 72.000.
Abaturage bo mu Mrenge wa Gashenyi mu Karere ka Gakenke, baravuga ko biteguye kuzatora “Yego” ku munsi wa Referandum.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buvuga ko bugomba gukora ibirenze iby’abandi mu kurwanya SIDA kuko ari wo ufite umubare munini w’abanduye.
Abatuye mu mirenge ya Kivu na Muganza mu karere ka Nyaruguru biyemeje guca ubuharike kugira ngo abana babyara bahabwe uburenganzira bwabo.
Ikibazo cy’amatara yo ku muhanda Kigali-Musanze-Rubavu atakaga ngo kigiye gukemuka mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri.
Abaturage batuye mu murenge wa Nyabirasi mu karere ka Rutsiro bibaza impamvu Umurenge batuye ari wo wonyine udacana amashanyarazi.
Abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye bavuga ko gukurikirana amasomo ku kwihangira umurimo bizabarinda kuba abashomeri igihe bazaba barangije kwiga.
Abaturage bo mu murenge wa Kabarore, bavuga ko bishimiye uburyo ibyifuzo byabo ku ivugururwa ry’Itegeko nshinga byakirirwe bigashyirwa mu bikorwa.
Perezida wa Sena, Hon Bernard Makuza, asanga inteko ishingamageko ifite inshingano zo kugeza ku baturage ibyavuye mu busabe bwabo ku kuvugurura itegeko nshinga.
Abatuye mu Murenge wa Mbogo, ntibazatuza batararangiza kwitorera ibikubiye mu itegekonshinga ryavuguruwe mu ngingo y’101 n’172 ngo bitorere yego 100%.
Abaturage bo mu murenge wa Cyabakamyi, Akarere ka Nyanza basanga kuba ibyifuzo byabo byaritaweho igisigaye ari uruhare rwabo mu gutora.
Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 umuryango AVEGA Agahozo umaze, abanyamuryango bawo bavuga ko bigejeje kuri byinshi babifashijwemo nawo.
Mu rwego rwo kwirinda ubujura bw’amatungo, bamwe mu borozi bo mu karere ka Nyaruguru barifuza ko amatungo yahabwa ibiyaranga.
Abayobozi b’Imirenge n’Utugari muri Rusizi na Nyamasheke, biyemeje ko uyu mwaka urangira bageze nibura kuri 80% mu bwisungane mu kwivuza.
Abakozi bo mu rwego rw’imfungwa n’abagororwa muri Burukina Faso batangaza ko uburyo RCS icunga amagereza byakagombye kubera urugero ibindi bihugu.
Stromae, yakodesheje Hotel yose akoreramo ubukwe anakiriramo abatumirwa 170 barakesha kuri uyu wa gatandatu tariki 12 Ukuboza 2015.
Mu kigo cy’igihugu cyigisha amahoro (RPA) mu Karere ka Musanze, harimo gutangirwa amasomo yo kurinda abasiviri mu gihe habungabungwa amahoro.