Kamonyi: Ku nshuro ya kane Abanyakoreya batuye mu mudugudu wa Mushimba bibwe

Kuwa mbere tariki 22/10/2012, umwe mu Banyakoreya batuye mu mudugudu wa Mushimba, akagari ka Kigembe, umurenge wa Gacurabwenge, yibwe mudasobwa igendanwa n’abantu bataramenyekana, bayisanze mu nzu.

Mu masaa tanu z’amanywa , ubwo Umunyakoreya abaturage bazi ku izina rya Manzi, yari agiye mu nama ku nyubako y’umudugudu wa Mushimba, yubatse imbere y’inzu acumbitsemo, nyuma y’iminota nka 30 agarutse yasanze bamwibye mudasobwa igendanwa n’amarido yari agenewe gushyirwa ku madirishya y’iyo nyubako.

Bamwe mu baturanyi b’uwo Munyakoreya barakeka ko umuntu wamwibye ari uwa hafi aho, kuko iyo nzu acumbitsemo iri hagati mu yandi mazu , kandi bakaba bayibyemo imbere yayo hari hicaye abantu.

Ngo umujura yuriye urugo maze yinjira mu nzu anyuze mu muryango wo mu gikari, amennye ikirahuri cy’urugi akuraho ingufuri yari ku rugi imbere ariko idafunze, arongera arigendera ku buryo Umukoreya yagiye kugaruka umujura yarangije kugenda.

Umunyakoreya bamwibye kandi imbere y'inzu ye hicaye abantu.
Umunyakoreya bamwibye kandi imbere y’inzu ye hicaye abantu.

Umukuru w’umudugudu wa Mushimba, Nyetera Paul, atangaza ko iyi ari inshuro ya kane Abanyakoreya batuye mu mudugudu wa bo bibwa. Mu minsi ishize bari bibye babiri muri bo mudasobwa zigendanwa, biba n’amasafuriya bari barazanye muri iyo nyubako bubakiye abaturage ngo bakoreremo ibikorwa by’iterambere.

Abanyakoreya baje gutura mu karere ka Kamonyi baje gufasha abaturage mu bikorwa by’iterambere ngo imidugudu batuyemo bayisanishe n’iyo muri Koreya; ariko muri bose aho batuye bafite ikibazo cy’abajura baza kubiba ku manywa bagiye mu mirimo. Mu babibye nta n’umwe urafatwa.

Icyo kibazo cy’umutekano w’abo banyamahanga, kirabahangayikishije ku buryo Ambassade ya bo yandikiye Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu, iyisaba ubufatanye mu gucunga umutekano w’abantu ba bo baba mu karere ka Kamonyi.

Marie Josee Uwiringira

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ni ukuri biriya si ukwihesha agaciro. Abakora ibyo baratuvangira kandi abanyarwanda twarashyizimbere kwihesha agaciro.

gusa abaturanye na bariya bashyitsi nita bahire,nibafatanye n’inzego z’ubuyobozi bate muri yombi bariya bagizi ba nabi.

Munana yanditse ku itariki ya: 24-10-2012  →  Musubize

NAMWE NI MUNYUMVIRE KOKO! ABANYARWANDA TUZACIKA KU NGESO MBI RYARI? ABABAGIRIRA NEZA BARABACUZA UTWABO KOKO

marimari yanditse ku itariki ya: 24-10-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka