Muhanga: Boulangerie yafunzwe kubera umwanda ukabije ifite

Mu gikorwa cyo kugenzura isuku n’imikorere y’ibikorwa biri mu karere ka Muhanga, abagize itsinda rikora igenzura bafunze buranjeri ikora imigati yitwa “Boulangerie Welcome” kubera umwanda mwinshi.

Nyiri iyi buranjeri witwa Nsabimana yabanje kwerekwa umwanda wose uri muri iyi buranjeri ye kugirango atagirango bamurenganije.

Ahashyirwa imigati hakemanzwe isuku nke cyane.
Ahashyirwa imigati hakemanzwe isuku nke cyane.

Bimwe mu byagaragaye ni ibikoresho bakoresha mu gukora imigati, amakeke n’amandazi batajya boza bigatuma bihindura isura kubera umwanda.

Ikindi cyagaragaye ni aho bakorera batajya basukura kuko ahanini basanze nta kuhakubura cyangwa ngo bahakorope.

Bimwe mu bijyaho ibyo bamaze gukora, aba bagenzuraga isuku basanze birambitse hasi kandi biriho imigati, aha hasi byari biri bikaba byari kumwe n’ibindi bitari bikwiye kuba hamwe nk’inkweto.

Uburyo bukorwamo amakeke, imigati n'ibindi bwagawe umwanda.
Uburyo bukorwamo amakeke, imigati n’ibindi bwagawe umwanda.

Iyi buranjeri yasabwe gushyira amakaro aho bakorera mu rwego rw’isuku ndetse bagashakira imyambaro yabugenewe abakozi babo kuko biyambariye iyo babonye yose.

Uwari uyuboye itsinda ryakoraga igenzura, Gatali Eugene akaba avuga ko iyi buranjeri izongera gufungura ari uko yujuje ibyo yasebwe byose.

Umwanda w'ibikoresho ndetse n'aho bakorera ubwaho ugaragarira buri wese.
Umwanda w’ibikoresho ndetse n’aho bakorera ubwaho ugaragarira buri wese.

Iyi buranjeri yafunzwe kuva ku mugoroba wo kuya 04/01/2013, kugeza ubu ntirongera gufungurwa kuko nyirayo atarabasha kuzuza ibikwiye.

Si ubwa mbere iyi buranjeri yihanangirijwe kuko n’umwaka ushize yari yihanangirijwe kubera isuku na none nke ndetse no kutuzuza byinshi bya ngombwa.

Gerard GITOLI Mbabazi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka