Rusizi: Bongeye gufunga ibikorwa by’abatagira isuku

Nyuma y’ibyumweru 2 mu mujyi wa Kamembe hakozwe isuzuma ry’isuku, tariki 14/12/2012 hakozwe irindi suzuma maze hafungwa akabari kitwa NZANGA Na BISU aho igenzura ryasanze umusarani bakoresha ubangikanye n’aho batekera ibiryo ndetse n’ibikoresho bikaba nta suku bifite.

Iri genzura ryakozwe mu rwego rwo kureba niba abari basuwe ubushize barashoboye gushyira mu bikorwa inama zijyanye no kunoza isuku bari bagiriwe. Ikigaragara n’uko amwe mu mahoteri yari yafunzwe arimo Ten to Ten na Hoteri du Lac bigifunze kubera ko bataruzuza ibyo basabwe gukora.

Mu kabari kitwa NZANGA Na BISU ahabikwa imyenda ni naho habikwa ibyo kunywa.
Mu kabari kitwa NZANGA Na BISU ahabikwa imyenda ni naho habikwa ibyo kunywa.

Uretse ayo mahoteri yakomeje gufungwa, abenshi mu bakoresha ama restora ndetse n’utubari bari basuwe ubushize bagerageje gushyira mu bikorwa ibyo basabwaga; nk’uko byatangajwe na Muturutsa Patrick umukozi mu karere ushinzwe gukurikirana ibikorwa by’ubuzima.

Bamwe muri aba basuwe bagasanganwa isuku na serivisi batanga bimeze neza batangarije Kigali Today ko babifashwamo n’uko bamaze kumenya ko isuku ari uguhozaho.

Mu kabari kitwa NZANGA Na BISU aho batekera hafattanye n'ubwiherero.
Mu kabari kitwa NZANGA Na BISU aho batekera hafattanye n’ubwiherero.

Iri genzura ry’isuku ngo rizajya riba kenshi gashoboka ndetse rikazanagera no mu yindi mirenge igize akarere ka Ruzizi.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka