Hakunze kugaragara cyane ibibazo hagati y’abahanzi n’ibyamamare ariko wakurikirana ugasanga ba bahanzi hagati yabo ntacyo bapfa cyangwa se baba bakwisanzuyeho bakakwibwirira ko rwose babanye neza.
Nyuma yo kumenyekana ku ndirimbo nka “Unsange” na “Musaninyange” yahimbiye umugore we ariko akaza kuzimira mu ruhando rw’umuziki, Umuhanzi Bigirimana Fulgence agarukanye n’indirimbo nshya yise “Iz’ubu” ivuga ibibazo by’ingo.
Amakuru dukesha Jules Sentore umwe mu bagize Gakondo Group akaba n’umwuzukuru wa Athanase Sentore ni uko ku itariki 03/04/2013 aribwo hazaba igitaramo cyo kwibuka Athanase Sentore.
Umunyamakuru Dj Adams umenyereweho cyane kunenga abahanzi, araburira abahanzi byitwa ko bajya mu bapfumu gushakisha icyatuma bamenyekana.
Nyuma y’umwaka urenga bivugwa ko umubyeyi wa Uncle Austin arwaye umugongo nyuma bikavugwa ko yorohewe, kuri ubu yongeye kumererwa nabi ku buryo Uncle Austin asa nk’uwataye icyizere.
Umuhanzikazi Ingabire Irene Kamanzi wamenyekanye cyane ku izina ry’ubuhanzi rya Gaby no ku ndirimbo ye “Amahoro” yakunzwe cyane, kuva yatangira muzika mu mwaka wa 2002 agiye kumurika alubumu ye ya mbere yise “Ungirira neza”.
Ubwo umunyamakuru Munyengabe Murungi Sabin na mugenzi we Pontien bakora ku inyarwanda.com barangizaga amashuri umwaka ushize wa 2012, bemerewe inka n’umuhanzi Eric Senderi International Hit.
Umuhanzikazi Young Grace asanga kuba atarashoboye kugaragara mu bahanzi 11 bazahatanira Primus Guma Guma Super Star ya 3 (PGGSS 3) bitaraturutse ku mikorere ye muri muzika.
Nyuma y’uko umuhanzi Eric Senderi International Hit agaragariye ku rutonde rw’abahanzi 11 bazahatanira kwegukana insinzi ya PGGSS 3, hari bamwe mu bakunzi ba muzika bahamya badashidikanya ko uyu muhanzi ashobora kwegukana iki gikombe.
Ubwo abahanzi 11 bari muri Primus Guma Guma Super Star III bajyaga gusinya amasezerano (contract), y’imikoranire na Bralirwa muri iki gikorwa, kuri uyu wa Gatanu tariki 08/03/2013, batunguwe n’igabanuka ry’amafranga bagombaga guhabwa.
Adolphe Bagabo uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Kamichi yishimiye byimazeyo kuba yagaragaye mu bahanzi 11 batoranijwe guhatanira insinzi ya PGGSS ku nshuro yayo ya gatatu.
Umuhanzikazi Vesta ukunze kwitwa Neviska akaba ari umwe mu bakobwa baririmba mu itsinda rya Lucky Girls yagize isoni zo kubyinana na King James maze aranamuhunga.
Korali “Umusamariya Mwiza” yo mu Itorero ry’Abangirikani muri Paruwasi ya Remera- Giporoso i Kigali na Korali SILOWAMU yo muri iryo torero muri Diyosezi ya Butare bagiranye umubano udasanzwe utuma biyemeza guhuza izina rimwe bitwa “SILOAMARIYA”.
Itorero “Impumuro Nziza” ryo mu karere ka Ngoma ryatsindiye umwanya wa mbere mu matorero ndangamuco ku rwego rw’intara y’uburasirazuba mu marushanwa yateguwe muri gahunda y’iserukiramuco nyafurika (FESPAD).
Abanyamakuru abatunganya umuziki n’abandi bantu banyuranye bagira uruhare mu iterambere ry’umuziki Nyarwanda, bahuriye ku cyicaro cya Bralirwa kuri uyu wa gatanu tariki 22/02/2013, mu rwego rwo gutangiza amarushwa ya Primus Guma Guma Super Star III.
Umuhanzi Elion Victory yatangaje ko amajwi ye ayahaye Senderi International Hit kubera ko ngo abona yarakoze cyane kumurusha ndetse no kurusha abandi bahanzi bo muri Afrobeat.
Niyonkuru Justine, umunyeshuri mu mwaka wa 2 w’amashuri yisumbuye muri GS Karama mu karere ka Kamonyi, afite impano yo guhanga imivugo agendeye ku nsanganyamatsiko yahawe. Ubu buhanzi ngo bumufasha kumenya ubuzima bw’igihugu, akaba ahamagarira na bagenzi be kubwitabira.
Umunyamakuru Jean Paul Ibambe wari uzwi cyane ku inyarwanda.com nk’umwanditsi mukuru (Chief Editor) ntakiri umunyamakuru kuri uru rubuga rwa inyarwanda.com
Ku rubuga rwa Facebook hakomeje kugaragara amafoto agenda asebya abahanzi nyarwanda ashyirwaho n’abantu bataramenyekana neza.
Umuhanzi Mani Martin yamaze kubona ibyangombwa by’urugendo kuburyo tariki 15/02/2013 azerekeza muri Zanzibar mu Iserukiramuco rya Muzika ritumirwamo abahanzi b’ibihangange muri muzika Nyafurika.
Groupe igizwe n’abahungu babiri bitwa Amon na Charles iratangaza ko yitegura gukorera amashusho album yabo y’indirimbo zigera ku munani, zikozwe mu njyana ya Rnb, Rock na Country Music.
Ku cyumweru tariki 17/02/2013, Korali Hoziyana iramurikira abakunzi bayo n’ab’umuziki muri rusange alubumu yabo ya 10 yise «Imana Irakuzi ».
Nyuma y’uko umuhanzi Mani Martin akoze impanuka ya moto, abantu bakomeje kumuha ubutumwa bamubwira ngo impanuka yakoze ni igihano cy’Imana ngo kubera ko yaretse kuririmba indirimbo zihimbaza Imana (Gospel).
Umuhanzi Butera Jeanne uzwi ku izina rya Knowles ari mu gihugu cya Uganda kuva kuwa gatanu aho biteganyijwe ko aza gutaramira abakunzi be bo muri Uganda kuri uyu wa gatandatu tariki 09/02/2013.
Kamana Richard uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Kennedy, wo mu Karere ka Gatsibo Umurenge wa Kabarore, aravuga ko akeneye ubufasha kuko afite impano yo guhanga.
Umuhanzi w’umunyarwanda Natty Dread yavuze ko isi itabashije gushimira Bob Marley ibyo yakoze, ahubwo yihitiramo kwiyumvira imiziki irwanya Kirisito.
Umuhanzi Maitre Jad’Or uherutse gushyira ahagaragara amashusho y’indirimbo ye yise « Igihango » yateguye igitaramo cyo kuyamurika muri gahunda yihaye yo kurushaho kwegera abafana be dore ko ngo yari amaze igihe atigaragaza cyane.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 10 utuye ahitwa ku Muyira mu uurenge wa Kibirizi, Akarere ka Gisagara witwa Tuyishimire Devota amaze guhanga indirimbo 16 kandi zose azizi mu mutwe kuko ataramenya kwandika.
Abahanzi Urban Boys, Ama-G The Black na King James basubiyemo indirimbo ‘Biracyaza’ ya King James bayita ‘Ibitenge’.
Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Gaston Rurangwa uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Skizzy akaba ari umwe mubagize itsinda rya KGB ntagikora umwuga w’itangazamakuru kuri radiyo y’abayisilamu ya hano mu Rwanda yitwa Voice of Africa (VOA).