Nsabuwiteka Jean Claude afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Busogo muri Musanze, ashinjwa kubahuka mu ruhame Visi Perezida w’Umutwe w’Abadepite.
Ikoranabuhanga mu itangwa ry’impushya zo kubaka rizatuma abantu batandukanye bashaka kubaka babona serivisi zihuse batarinze gusiragira mu nzira.
Umusore ukekwaho kuba mu mutwe w’Abarembetsi bakwirakwiza ibiyobyabwenge mu Ntara y’Amajyaruguru, yafatiwe mu karere ka Musanze afite ibiro 13 by’urumogi.
Uwitwa Mubera Oswald wari utuye mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza, yakubitiwe mu murima w’amashu yakekwagaho kwibamo bimuviramo urupfu.
Mu Murenge wa Nyagisozi muri Nyanza mu byumweru bitatu bibwe inka eshanu, ariko ku bufatanye bw’ubuyobozi n’abaturage zirafatwa zisubizwa ba nyira zo.
Umugabo wari umaze iminsi atorotse ibitaro by’abarwayi bo mu mutwe yatwitse ishyamba rya Leta mu Murenge wa Rwabicuma muri Nyanza.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne yagereranyije Umuganura no kwicisha bugufi kw’abayobozi mu gihe yifatanyaga n’Abanyarwanda mu kuwizihiriza mu Karere ka Nyanza.
Mu gusoza Iserukiramuco Nyafurika ry’imbyino ku rwego rw’igihugu i Nyanza, Umunyekongo wagaragaye yitobora umunwa umunwa noneho yitoboye inda na bwo ntiyava amaraso.
Akarere ka Nyanza kakajije isuku mu kwitegura isozwa ry’Iserukiramuco Nyafurika (FESPAD 2016) rizasorezwa i Nyanza ku rwego rw’igihugu.
Mu Ntara y’Amajyepfo hasozwa icyumweru cyahariwe ubukangurambaga mu kwandikisha ibyangombwa bya burundu by’ubutaka, abagifite ibyangombwa by’agateganyo byabwo bigereranywa n’”ibiryabarezi”.
Imiryango yahoze ikennye cyane mu Karere ka Nyanza, ariko ikaba yarorojwe binyuze muri “Girinka”, iremeza ko iyi gahunda yabakijije ubworo bakaba abatunzi.
Bamwe mu batuye muri Nyanza bavuga ko kuba muri ako karere hafatwa nk’igicumbi cy’umuco nyarwanda bituma bakunda ibintu byose biwitirirwa
Nyiramayira Clémentine utuye mu Karere ka Nyanza arasaba Perezida wa Repubulika kumurenganura, nyuma y’uko ukekwaho kwica umwana we yarekuwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza bwahagarikishije imirimo yose ya Tombora bise “Ikiryabarezi”.
Ibiro by’Akagari ka Rwesero mu Murenge wa Busasamana muri Nyanza byibwe mudasobwa n’abantu bataramenyekana.
Macumbi Abel, wari umunyeshuri muri UNILAK -Nyanza yasanzwe mu nzu yari acumbitsemo hafi y’ishuri yapfuye urw’amarabira.
Ikigo cy’ubushakashatsi n’ubusesenguzi bwa politiki mu Rwanda (IPAR) kiravuga ko imihigo y’uturere itandukanye no kuba umuntu yakwiha ikizamini akanikosora ahubwo ko ivuga ibikorwa bifatika.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mukingo muri Nyanza bavuga ko bibasiwe n’ubujura ku buryo hari n’abibwa inkono ku ziko.
Umuryango w’Aba-Islam mu Rwanda (RMC) uvuga ko Leta y’Ubumwe yababohoye kimwe n’abandi Banyarwanda ikanababohora mu buryo bw’idini.
Umuryango mpuzamahanga wa AHF ufatanya na Leta y’u Rwanda mu kurwanya SIDA, urasaba abaturage ubufatanye mu kurwanya ubwandu bushya.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Nyanza rwibumbiye muri koperative ruravuga ko rwiyemeje gukora inkweto zihagije mu rwego rwo kuyishyigikira gahunda yo guteza imbere ibikorerwa mu gihugu, “Made in Rwanda”.
Ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya Kavumu ryabonye igikombe cy’ubudasa n’ubudashyikirwa mu ikoranabuhanga mu gusoza imurikabikorwa ryahuzaga abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Nyanza.
Umukino w’amahirwe wiswe “Ikiryabarezi” uhangayikishije bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Nyanza, bakaba basaba ko abana babo bawukumirwamo batarararuka.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Nyanza rwahuguwe n’umushinga “Technoserve” ku kwihangira imirimo rwatewe inkunga ya miliyoni 13FRW.
Umukozi ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage mu Murenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza, Mugisha Janvier, arashinjwa kunyereza asaga miliyoni eshatu yo muri gahunda y’ubudehe.
Abari abakozi ba Perefegitura zahinduwemo Intara y’Amajyepfo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bubukiwe i Nyanza ku cyicaro cy’Intara.
Umusore w’imyaka 22 y’amavuko utuye mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza akurikiranweho gufata ku ngufu nyina umubyara akamusambanya.
Bamwe mu borozi bo mu Karere ka Nyanza basabwe gutanga 3.000Frw yiswe aya “Mitiweri y’amatungo” bavuga ko batigeze bazihabwa, ntibanamenya irengero ryazo.
Habimana Jean Claude w’imyaka 32 wo mu Kagari ka Nyanza, Umurenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza yaciwe umunwa yishyuza mugenzi we 5000FRW.
Mu Karere ka Nyanza, Umurenge wa Busoro umusore w’imyaka 25 yasiramuriwe mu rugo bimuviramo kubyimbirwa ajyanwa kwa muganga arembye.