Amakuru agera kuri Kigali Today avuga ko Anita Pendo yaba atwite kuburyo ngo yitegura no kwibaruka mu minsi ya vuba.
Umuririmbyi Uwayezu Jean Thierry uba muri Afurika y’epfo atangaza ko abaririmbyi b’Abanyarwanda baba mu mahanga bagorwa no kumenyekanisha indirimbo zabo mu Rwanda.
Abahanzi bazahatanira Primus Guma Guma Super Star icyiciro cya 7, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Werurwe 2017 bamaze kumenyekana.
Umunyarwenya Ntarindwa Diogene uzwi nka Gasumuni cyangwa Atome agiye gususurutsa abakunzi be abasetsa yigana uburyo Miss Igisabo yitwaye muri Miss Rwanda 2017.
Miss Uwase Hirwa Honorine uzwi nka "Miss Igisabo" avuga ko nubwo ategukanye ikamba rya Miss Rwanda 2017 nta gahunda afite yo kongera guhatanira iryo kamba.
Abanyarwenya Ben Nganji, Nkusi Arthur uzwi nka Rutura na Niyitegeka Garasiyani uzwi nka Seburikoko, bagiye gususurutsa Abanye-Huye bifashishije urwenya.
Nyuma y’inkuru yakozwe mu itangazamakuru igaragaza uburyo abana bakomeje guterwa inda n’abantu bakuru, Ubuyobozi bw’Akarere ka Rurindo bwahagurukiye kubarwanya binyuze mu bukangurambaga.
Uwimana Jean Francois, umupadiri umaze kumenyekana mu kuririmba mu njyana ya Hip Hop, yacurangiye abakundana abahamagarira kugira urukundo rurambye.
Umuririmbyi Butera Knowless ahamagarira abakundana guhora bereka abakunzi babo urukundo aho kurubereka ku munsi w’abakundana gusa, “Saint Valentin”.
Ku bufatanye na sosiyete y’itumanaho, Airtel abahanzi b’ibyamamare mu Rwanda, The Ben, King James na Riderman basusurukije Abanya-Rubavu bataha batabishaka.
Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwasabiye 2/Lt Seyoboka Jean Claude ukekwaho ibyaha bya jenoside yakorewe abatutsi, gukomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo, kuko bugikora iperereza ku byaha akurikiranyweho.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) itangaza ko mu rwego rwo guca ruswa, Leta y’u Rwanda iri gukora ibishoboka ngo serivisi zishoboka zose zitangirwe kuri interineti.
Polisi y’u Rwanda yerekanye Abarundi 12 yafatiye ku mupaka uhuza u Rwanda n’Uburundi ku Kanyaru bikekwa ko bari bagiye gucuruzwa muri Aziya.
Mu muhango ngarukamwaka wo kwizihiza umunsi mukuru w’Intwari uba tariki ya 1 Gashyantare za buri mwaka, muri uyu mwaka uzabera mu midugudu hashimirwa abarinzi b’igihango.
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwemeje icyifuzo cy’umushinjacyaha cy’uko umunyamakuru Shyaka Kanuma afungwa by’agateganyo iminsi 30 kugira ngo akurikiranwe.
Irushanwa ryo gutoranya umukobwa uhiga abandi ubwiza, uburanga n’umuco rizwi nka Miss Rwanda, rizibanda ku bikorerwa mu Rwanda bizwi nka Made in Rwanda muri uyu mwaka 2017.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Amakoperative (RCA) cyashyizeho amabwiriza mashya agamije kuzamura imitungo no kunoza imikoranire mu makoperative y’abamotari.
Polisi y’igihigu ikorera mu mujyi wa Kigali yerekanye abantu bane bakurikiranweho kugurisha inzitiramibu zari zigenewe abaturage.
Umuvugabutumwa w’Umunyarwanda witwa Corneille Karekezi uba muri Nigeria agiye kumurika umuzingo w’indirimbo (Album) ze yise “Jye ndi umugeni wa Yesu”.
Umunyamuryango wa banki ya Zigama CSS uzajya apfa afite inguzanyo itarenga miriyoni 25Rwf, zizajya zishyurwa na banki mu korohereza umuryango we.
Minisitiri w’umutungo kamere Dr Vincent Biruta yasabye abashinzwe kugena agaciro k’ umutungo utimukanwa, kurangwa n’indangagaciro z’ubunyangamugayo no kuba abanyamwuga mu guhesha agaciro akazi bakora.
Urubyiruko rurakangurirwa gukoresha imbaraga rufite mu bumenyi no mu bwenge kugira ngo rubyaze umusaruro amahirwe rufite mu gihugu no hanze yacyo.
Umucuranzi wa Piano wo mu Bubiligi, Jef Neve atangaza ko atatunguwe no kubona igitaramo cye na Kayirebwa Cecile gishimisha abakitabiriye.
Abarangije mu ishuri ry’umuziki rya Nyundo batangaza ko biteguye kwerekana ubudasa mu muziki bityo muzika nyarwanda ikagera ku yindi ntera.
Polisi y’igihugu itangaza ko ikomeje urugamba rwo kurandura ruswa ku buryo hari icyizere ko izagabanuka ku buryo bufatika.
Urwego rw’umuvunyi rurizeza abanyamakuru ko bazakomeza gukorana mu bufanye bushoboka, bakabafasha kugira ubushobozi n’ubumenyi mu gutunga agatoki no gutahura ahari ruswa.
Perezida Paul Kagame na Madamu we Jeannette Kagame bifurije ababyeyi n’abana bo mu gihugu cyose kuzagira Noheri nziza n’umwaka mushya muhire.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga Nsengimana Philbert yabwiye urubyiruko guhaguruka rugahangana n’ikinyoma, kuko ari cyo mwanzi u Rwanda rufite kugeza ubu.
Abanyeshuri biga mu ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro IPRC Kigali barasaba ko hagira igikorwa kugira ngo ururimi rw’Ikinyarwanda rukomeze kuvugwa neza kandi rukomeze guhuza Abanyarwanda.
Umuhanzi Niyitegeka Gratien uzwi nka Seburikoko atangaza ko adatewe ipfunwe no kuba agize imyaka 38 y’amavuko atarashaka umugore.