Abakundana ngo ntibakwiye kwizihiza "Saint Valentin" umunsi umwe gusa

Umuririmbyi Butera Knowless ahamagarira abakundana guhora bereka abakunzi babo urukundo aho kurubereka ku munsi w’abakundana gusa, “Saint Valentin”.

Knowless Butera yasabye abakundana kutabitezukaho
Knowless Butera yasabye abakundana kutabitezukaho

Yabitangaje ubwo yari amaze gufatanya n’abafana be kwizihiza umunsi w’abakundana, Saint Valentin, wabaye ku wa kabiri tariki ya 14 Gashyantare 2017.

Knowless asanga abakundana batagombye kwizihiza Saint Valentin umunsi umwe gusa. Ahubwo ngo urukundo rwabo rukwiye guhora rukura kandi bakihanganirana.

Agira ati “Ntabwo Saint Valentin ikwiye kuba umunsi umwe, ni byiza ko abakundana bajya berekana urukundo rwabo igihe cyose, aho bitagenze neza hakaba kwihanganirana.”

Knowless yavuze ko azakora ibishoboka byose urukundo rw’abafana be rugakomeza gusagamba, abicishije mu bihangano bye.

Ati “Nta kinshimisha nko kuba abafana banjye bishimye, ni byiza kuba wishimira uwo ufana kandi ndi hano ku isi kugira ngo mbashimishe kandi mbahishiye byinshi bizatuma urukundo rwabo rudakonja.”

Knowless yari amaze igihe atagaragara mu bitaramo nta n’ibihangano bye bigaragara nyuma gukora ubukwe akaza no kwibaruka.

Avuga ko ariho ategurira abakunzi be ibihangano bitandukanye ndetse akanabizeza kuzumva itanduniro ry’ibyo agiye kubagezeho n’ibindi byose bigeze kumva.

Ati “Abakunzi banjye bazishimira byinshi ngiye kuzabagezaho kuko bitandukanye n’ibyabanje hari indirimbo nyinshi n’ibitaramo byinshi.”

Knowless yasabanye n’abafana be ku munsi w’abakundana babyinana indirimbo zirimo “Nzaba Mpari”, “Reka ngukunde”, “Ko nashize”, “Baramushaka”.

Ikindi ni uko mu minsi ishize yosohoye indirimbo nshya yitwa “Ujya unkumbura”.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Knowless arashoboye kbs mama or jtm byinci

B shilla yanditse ku itariki ya: 15-02-2017  →  Musubize

Knowless arashoboye cyaneeeeeeeeee uyumwaka nuwamateka gsaaaaaa

B shilla yanditse ku itariki ya: 15-02-2017  →  Musubize

Ooooh! We love you butera wacuuuuuuuuuuuuu!!!!!!! Twifuza kukwigiraho byinshi nukuri

Karl yanditse ku itariki ya: 15-02-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka