Mu bushakashatsi Transparency international Rwanda yashyize ahagaragara, yagaragaje ko abaturage berekanye ko hari imishinga myinshi ibakorerwa batabigizemo uruhare.
Abitabiriye itangizwa ry’iserukiramuco ry’imbyino n’ubugeni (Festival d’Arts et de Musiques Contemporains) batangaza ko rizatuma abazaryitabira barushaho gutekereza ku bworoherane.
Umukino wahuje ikipe ya Rayon Sports n’ikipe ya Sunrise witabiriwe n’abafana benshi batandukanye ku mpande zombi.
Polisi y’igihugu yerekanye abantu batatu bakekwaho ubwambuzi bashuka abaturage ko bakora ku kigo cy’Umuvunyi, ndetse n’umwe mu bacuruzi ukekwaho guha ruswa abapolisi.
Abahinzi b’ibihingwa by’umuceri n’ibigori bagiye guhabwa ubumenyi n’ubushobozi bitari bisanzwe mu rwego rwo kubafasha kongera umusaruro, bihaze kandi basagurire amasoko.
Mu muhango wo kwakira ku meza Madame Claudine Talon wa Perezida wa Benin, yavuze ko Umuryango Imbuto Foundation wamubereye icyitegererezo mu buzima bwe.
Bimenyerewe ko abahanzi bakunzwe cyane mu Rwanda, bakorera ibitaramo mu Mujyi wa Kigali. Bamwe bavuga ko abafana b’umuziki wabo benshi baba i Kigali, abandi bakavuga ko mu zindi ntara bigoye kubona ahantu hakwakira ibitaramo hisanzuye.
Umuhanzi Senderi International Hit avuga ko yahisemo kuririmbira mu masoko nyuma yo kubona ko indirimbo ze zitagicurangwa ku maradio.
Ikondera ni kimwe mu bikoresho bikoreshwa n’ababyinnyi b’injyana gakondo zo mu Rwanda ariko hari abatazi akamaro n’inkomoko yaryo.
Abakora ibijyanye na filime mu Rwanda ngo bazigira byinshi mu iserukiramuco rya filime z’i Burayi rigiye kubera bwa mbere mu Rwanda.
Abahanzi b’Abanyarwanda bakeneye kwerekana umuco Nyarwanda muri Leta zunze ubumwe z’Amerika muri "Rwanda Cultural day".
Umuhanzi Niyitegeka Gratien uzwi nka Seburikoko atangaza ko atazasubira gushyingura no mu rusengero kuko iyo agiyeyo arangaza abantu.
Abaririmbyi n’abandi bakora ibijyanye na muzika mu Rwanda bahamya ko igitaramo Sauti Sol yakoreye mu Rwanda cyabasigiye isomo bazagenderaho.
Igitaramo cy’itsinda ry’abahanzi bo mu gihugu cya Kenya bazwi nka Sauti Sol, baje gutaramira i Kigali cyahinduriwe aho cyagombaga kubera habura amasaha make.
Mani Martin aratangaza ko agarukanye imbaraga nyinshi muri muzika, nyuma y’igihe yari amaze atagaragara .
Kuva ku mwana muto kugera ku muntu mukuru, abageze mu ishuri ndetse n’abatararikandagiyemo baturiye Ikivu, usangamo benshi bafite ikibazo cy’amenyo y’umuhondo asa n’ashiririye.
Musabyimana Jacqueline wo mu Karere ka Nyamasheke, aterwa ishema n’akazi akora ko gukora inkweto, nubwo hari abo bigitangaza, bavuga ko ashaje.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Nyamasheke bafashe icyemezo cyo gushinga ihuriro rigamije kuzamura imikino n’imyidagaduro muri ako karere.
Mu rugo rwa Bazimaziki Jean Paul na Bayavuge Marthe b’i Nyamasheke havumbuwe udupfunyika 21 tw’urumogi bacuruzaga, umugore atabwa muri yombi umugabo arabura.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko bateguye igikorwa cyo guha inka Silas Haabiyaremye wabarokoye muri Jenoside.
Ngezahayo Cassien wahoze atega inyamaswa mu ishyamba rya Nyungwe avuga ko yicuza imyaka 15 yamaze ahiga inyamaswa yangiza ibidukikije.
Urugaga rw’abagore bashamikiye ku muryango RPF-Inkontanyi mu Ntara y’Uburengerazuba basuye, banaremera umuryango w’umugore uherutse kwicwa aciwe umutwe n’abagizi ba nabi.
Impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yakoze impanuka ihitana abantu babiri abandi batatu barakomereka bikomeye.
Ubushakashatsi bushya bwasohotse bugaragaza ko abafite ubumuga bagifite imbogamizi mu matora aba mu Rwanda bituma batisanzura no gutora mu mucyo.
Inama y’umutekano yaguye y’Akarere ka Nyamasheke yasanze mu kwezi gushize umutekano warishwe n’impfu za hato na hato n’inkongi z’umuriro.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyamasheke yakoze umukwabu wo gufata abantu bananiranye bazwi ku izina ry’“ibihazi” inafata bimwe mu biyobyabwenge n’ababigurishaga.
Abaturage baturiye parike y’igihugu ya Nyungwe bavuga ko ubujiji ari imwe mu ntwaro zatumaga bangiza ishyamba n’urusobe rw’ibinyabuzima bigize ishyamba rya Nyungwe.
Umugabo witwa Manayera uzwi nka Rasta arashinjwa n’abaturage gucura umugambi wo kujya kwivugana umuturanyi we agatahurwa atarawugeraho ariko ari hafi kuwusohoza.
Ishyamba rya Leta ndetse n’amashyamba y’abaturage mu Murenge wa Gihombo mu Karere ka Nyamasheke akomeje gushya nyuma y’iminsi ibiri yadukiriwe n’inkongi y’umuriro.