Abasore babiri bafatiwe ku Giticyinyoni mu karere ka Nyarugenge tariki 14/06/2012 bafite ibiro icumi by’urumogi bagerageza kubyinjiza mu mujyi wa Kigali.
Manigera Isidole utuye mu mudugudu wa Kabyimana, akagari ka Nyagahinga, umurenge wa Cyanika, akarere ka Burera afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga azira gushaka kwica umugore we yamubura akica ihene bari batunze mu rugo.
Abakozi batatu n’abazamu babiri ba SACCO y’umurenge wa Rusasa mu karere ka Gakenke bafungiye kuri poste ya polisi ya Cyabingo mu karere ka Gakenke kuva tariki 12/06/2012 bakurikiranweho kugira uruhare mu kwibisha iyo SACCO.
Polisi yo mu karere ka Kayonza iratangaza ko benshi mu bacuruzi b’ibiyobyabwenge batabinywa, ahubwo ngo babicuruza bagamije gushaka amafaranga no kwangiza urubyiruko n’abandi bakoresha ibiyobyabwenge muri rusange.
Iduka ry’umugabo witwa Emmanuel Kuradusenge ucururiza mu kagali ka Nyarutarama, umurenge wa Remera mu karere ka Gasabo ryafashwe n’inkongi y’umuriro kuwa kabiri tariki 12/06/2012 yangiza ibintu bifite agaciro k’amafaranga miliyoni imwe.
Iribagiza Denise w’imyaka 38 wari utuye mu kagari ka Rwantonde mu murenge wa Gatore mu karere ka Kirehe yiyahuye tariki 12/06/2012 mu masaha ya nijoro bamusanga mu gitondo yapfiriye iwe mu nzu.
Abasore babiri baguye mu rugomero rw’amazi rwa Sagatare rwubatswe mu rwego rwo kuhira igihingwa cy’umuceri. Abo basore baguye muri uro rugemero rwubatse mu karere ka Kirehe mu kagari ka Mubuga ho murenge wa Musaza ubwo bashakaga kogamo.
Nyuma y’inshuro eshatu abantu bibisha intwaro mu murenge wa Karembo mu karere ka Ngoma bagatoroka ntibafatwe ubu abacuruzi bo muri uwo murenge bahangayikishijwe n’ubu bujura ndetse bakaba bafunga kare kubera ubwoba.
Polisi y’igihugu, tariki 11/06/2012, yataye muri yombi abagabo batatu bakurikiranweho gukoresha amafaranga y’amahimbano mu bice bitandukanye by’igihugu.
Mukampazimaka Consolee w’imyaka 32 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kabarore akekwaho kwivugana umugabo we Rubayiza Joseph w’imyaka 61, kuwa mbere taliki 11/06/2012.
Muramyangango Dauda w’imyaka 59 wo mu mudugudu wa Mpinga, akagali ka Akaziba, umurenge wa Karembo yasanzwe mu nzu iwe tariki 11/06/2012 umurambo we utangiye kwangirika nyuma yo kwicwa agafungiranwa mu nzu.
Urwego rwa Polisi mu Ntara y’Uburasirazuba rurashishikariza urubyiruko kureka kwijandika mu biyobyabwenge kuko sosiyete zishobora gusenya izindi zikoresheje ibiyobyabwenge; nk’uko CSP Alexandre Muhirwa, uyobora polisi mu Ntara y’Uburasirazuba yabivuze.
Umugore witwa Yvonne Uzamuranga afungiye kuri Station ya Polisi ya Muhanga, akekwaho kwiyicira umugabo we witwaga Narcisse Habyarimana wari uzwi ku izina rya “Agronome”, bari babyaranye abana batatu.
Beturabusha wo mu kagari ka Cyenkwanzi, umurenge wa Karama mu karere ka Nyagatare arashakishwa n’ubuyobozi bw’umurenge n’inzego z’umutekano ashinjwa gutera urugo rw’iwitwa Niyitanga Albert akoresheje amabuye n’umuhoro.
Inyeshyamba za FDLR zifatanyije n’abarwanyi ba Mai-Mai zagabye igitero mu kigo cya gisirikare kiri i Kaseye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru zihitana abasirikare 14 abandi icyenda barakomereka
Abantu icyenda batuye mu mirenge ya Musaza na Kigarama mu karere ka Kirehe batawe muri yombi na polisi kuwa gatanu tariki 08/06/2012 nyuma yo gufatanwa urumogi n’ibiyobyabwenge birimo inzoga ya vodka na waragi.
Ndagijimana Eric uzwi ku izina rya Eddy uririmba indirimbo z’icyunamo yarusimbutse mu mpanuka y’imodoka yabereye mu karere ka Nyanza tariki 10/06/2012 ahagana saa tatu za mu gitondo ubwo yajyaga ahitwa mu Nkomera kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Itangishaka Emmanuel w’imyaka 34 y’amavuko utuye mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza afungiye kuri station ya polisi ya Busasamana akekwaho gusambanya umwana w’imyaka itanu umugore we yabyaranye n’undi mugabo mbere y’uko babana.
Mu rugo rwa Murekeyimana Sylvain utuye mu mudugudu wa Munini akagari ka Munini umurerenge wa Ruhango, mu karere ka Ruhango hatoraguwe intwaro ebyiri zo mu bwoko bwa Gerenade tariki 08/06/2012.
Umushinwa umwe yakomeretse ubwo imodoka yabo yaterwaga ibuye n’umwana uri mu kigero cy’imyaka 9 ubwo yari avuye kwiga ku kigo cy’amashuli abanza cya Mukingo mu karere ka Nyanza ahagana saa sita z’amanywa tariki 08/06/2012.
Nyuma yo gutangiza club irwanya ibiyobyabwenge ku kigo cy’amashuri cya Gatore, umunyeshuri wo kuri icyo kigo witwa Ndayishimiye Hamis wigeze kunywa urumogi arakangurira urundi rubyiruko kureka kunywa ibiyobyabwenge kuko ari bibi ku buzima.
Utubari tune twahagaritswe burundu naho utundi dutanu ba nyiratwo bahabwa igihe ntarengwa cyo kuba batuvuguruye muri gahunda ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe bwafashe yo guhagarika utubari dukorera mu mujyi wa Nyamagabe tutujuje ibyangombwa.
Havugimana Ferdinand w’imyaka 27 na Nsengimana Damascene w’imyaka 22 bafungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 06/06/2012 bazira kwiba moto yo mu bwoko bwa Yamaha AG 100 mu karere ka Karongi.
Inyeshyamba za FDLR zifatanyije n’abarwanyi ba Nyandura, tariki 05/06/2012, batwitse imidugudu mu duce twa Upamando ya mbere n’iya kabiri mu birometero 80 mu majyepfo ya Minova mu karere ka Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Gacamumakuba w’imyaka 23 y’amavuko utuye mu kagali ka Taba, umurenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke kuva kuwa mbere tariki 04/06/2012 akurikiranweho gucuruza kanyanga.
Abagore babiri: Yankurije Eugenie na Nyiransabimaba Rachel, tariki 02/06/2012, bafatanywe udupfunyika 3900 tw’urumogi mu modoka ya KBS bava i Gisenyi berekeza mu mujyi wa Kigali.
Uwimbabazi Jeanne ukomoka mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu, acumbikiwe kuri Station ya Police ya Mukamira akurikiranyweho icyaha cyo kwiyicira umwana we w’umukobwa yari amaze kubyara tariki 03/06/2012.
Abantu batatu bakomoka mu murenge wa Kabaya, mu karere ka Ngororero n’undi umwe wo mu murenge wa Rugerero, akarere ka Rubavu bafunzwe nyuma yo kubeshywa akazi n’umusore w’inshuti yabo ukora mu karere ka Musanze bakabuze bahinduka inzererezi.
Nzaramba Eric utuye mu kagari ka Muganza, umurenge wa Gatore mu karere ka Kirehe ari mu maboko ya polisi kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 05/06/2012 azira umurima w’urumogi uri iwe mu rugo.
Abagore babiri bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi mu karere ka Rubavu kuva tariki 03/06/2012 nyuma yo gutabwa muri yombi bazira kwinjiza urumogi mu Rwanda barukuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.