Cyusa Eric, umusore uvuga ko ari umunyeshuri mu ishami ry’amategeko muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Gasaka azira kwiyita umupolisi ufite inyenyeri eshatu (Chief Inspector of Police).
Umubyeyi witwa Jeanne Yandereye wo mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga yahetse umwana we mu gitondo cya tariki 03/06/2012 amwururukije asanga yashizemo umwuka.
Ndahimana Claude w’imyaka 24 afungiye kuri station ya police ya Nyamagana guhera tariki 02/06/2012 azira kuba yaribye ihene agakomeratsa ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Kanyete akagari ka Kayenzi umurenge wa Ntongwe akarere ka Ruhango.
Byishimo Daniel na Gatete Abdoulikarim bakorera Horizon Express barwaniye aho iyi sosiyete ikorera mu mujyi wa Nyanza ku mugoroba wa tariki 03/06/2012 umwe arakomereka ajyanwa mu bitaro undi arafungwa.
Akimana Jean Claude wo mu karere ka Bugesera ari mu maboko ya polisi akekwaho gufasha umukobwa w’umunyeshuri wo mu ishuri ryisumbuye gukuramo inda. Akimana avuga ko atamukuyemo inda ngo ahubwo yamuvuraga indwara yo kuva amaraso.
Abantu bane bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kibungo kuva kuwa gatanu tariki 01/06/2012 bakekwaho kwiba ipikipiki y’uwitwa Bonaventure Karuranga.
Abantu barindwi batawe muri yombi na Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Kicukiro bakekweho kwiba imodoka yo mu bwoko bwa FUSO y’umugabo witwa Edouard Rutayisire ucururiza muri karitsiye (quartier) ya Matheus mu mujyi wa Kigali.
Umusore wamenyekanye ku izina rya Alain utuye ahitwa ku Rwesero mu karere ka Nyanza tariki 31/05/2012 saa saba z’ijoro yarohamye mu bwogero rusange ( piscine) bwa Dayenu Hotel yasinze ariko ku bw’amahirwe arohorwa akiri muzima.
André Munyakaragwe w’imyaka 52 wo mu karere ka Rulindo arwariye mu Bitaro Bikuru bya Nemba kuva tariki 28/05/2012 kubera inkoni yakubiswe n’umusore yatesheje agiye kwambura umusaza wari wasinze.
Iryivuze Damien w’imyaka 26 utuye mu kagari ka Tambwe umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango yarashwe n’abagize banabi mu ijoro rishyira tariki 31/05/2012 bashaka gutwara moto ye ariko ku bw’amahirwe ntiyapfa.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster yagoze umumotari witwa Joseph Turahimana nimugoroba tariki 29/05/2012 mu kagali ka Rusagara, umurenge wa Gakenke mu karere ka Gakenke maze imodoka ihita yigendera.
Hakizimana Emmanuel, umugabo w’imyaka 32 utuyemu kagari ka Akabuga, umurenge wa Mbazi mu karere ka Huye, yishe uwitwa Nkundwanabake Gaspard amutemye mu mutwe akoresheje umupanga tariki 30/05/2012 ahita yishyira polisi.
Polisi y’u Rwanda irahamagarira buri Munyarwanda waba utunze intwaro mu buryo bunyuranye n’amategeko kuyishyikiriza abashinzwe inzego z’umutekano cyangwa abayobozi b’inzego z’ibanze.
Umuntu umwe muri batatu bari bari muri FUSO yakomeretse byoroheje ubwo bakoraga impanuka mu karere ka Nyagatare munsi gato y’uruganda rw’amakaro ahitwa Rutaraka tariki 30/05/2012.
Nsanzimana w’imyaka 14 wo mu mudugudu wa Mutukura, akagari ka Kibare, umurenge wa Mutendeli, yaguye mu mazi y’umwuzure ubwo yari yagiye kuvoma, tariki 26/05/2012, ahita yitaba Imana.
Abajura bafatiwe mu karere ka Rwamagana bemera ko bakorana n’itsinda rinini rifatanya kumenya ahari ibyakwibwa bifite agaciro mu ngo z’abaturage ndetse bakanafatanya kubigeraho bacukuye amazu y’abaturage.
Ndihokubwimana Hassan ukunze kwiyita Taribani utuye mu mudugudu wa Nyakarambi ya mbere, akagari ka Ruhanga, umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe, mu ijoro rishyira tariki 30/05/2012, yakubiswe n’abantu bataramenyekana bamuhindura intere azira kujya kwiba.
Habumugisha Jean Baptist w’imyaka 28 afungiye kuri stasiyo ya polisi ya Nyamagana azira gutema Karambizi Faustin w’imyaka 35 baturanye mu mudugudu wa Nyirarubaye akagari ka Rutabo mu murenge wa Kinazi akarere ka Ruhango.
Jean de Dieu Ryashize ucururiza mu gasentere ka Kinoni mu kagali ka Rusagara, umurenge wa Gakenke mu karere ka Gakenke yibwe n’abajura bacukuye inzu akoreramo mu ijoro rishyira tariki 28/05/2012 maze ntibamusigira na mba.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagali ka Buyange, Paulin Mbonigaba arasaba ko igisasu cyavumbuwe muri ako kagali, umurenge wa Mataba mu karere ka Gakenke cyahakurwa ku buryo bwihuse.
Samuel Nsengiyumva na Samuel Rugaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gisozi mu karere ka Gasabo kuva tariki 28/05/2012 bazira kwiba mudasobwa ngendanwa (laptops).
Mugarura Emmanuel w’imyaka 26 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kinyana mu kagali ka Migina mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza yivuganye umugabo mugenzi we witwa Nyamihirwa w’imyaka 60 y’amavuko amutemesheje umuhoro ahita apfa.
Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyanza yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 28/05/2012, isuzuma uko umutekano uhagaze, yongeye kwikoma abacuruzi n’abanywi b’ibiyobyabwenge ko bakomeje kutava ku izima.
Abatuye santere ya Gitare iri mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera bavuga ko muri iyo santere hakorerwa uburaya bwinshi kandi bukorwa ahanini n’abana b’abakobwa bakiri bato.
Umugore utuye mu kagari ka Ruhanga, umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe yahengereye umugabo agiye gutangaza aho umuganda wa nyuma w’ukwezi uri bubere ahita atwara ibikoresho byo mu nzu afatanije na murumuna we baburirwa irengero.
Abarimu n’abanyeshuli b’ishuli ryisumbuye rya ESPANYA ryo mu karere ka Nyanza bakoze impanuka y’imodoka ku mugoroba wa tariki 25/05/2012 ubwo bavaga gufasha umunyeshuli wacitse ku icumu rya Jenoside kuri icyo kigo ariko ntawagize icyo aba.
Karimwabo w’imyaka 21 utuye mu mudugudu wa Murambi mu Kagali ka Nganzo mu murenge wa Gakenke afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke kuva 22/05/2012 akekwaho kwangiza umwana w’umukobwa w’imyaka 14.
Muhoza w’imyaka 22 wo mu kagari ka Mbogo, umurenge wa Kiziguro mu karere ka Gatsibo yishwe tariki 22/05/2012 mu masaha y’ijoro ateraguwe ibyuma, akurwamo amaso barangije bamutwikisha lisansi mu maso mu rwego rwo kugira ngo atamenyekana.
Indaya zo mu mujyi wa Nyanza zabyutse zigaragambya tariki 23/05/2012 zamagana mugenzi wazo witwa Dusabe Marie Ange ukora kuri Bar Idéal wanze kwita ku bana 7 yabyaye ku bagabo banyuranye.
Mugabo François, umukozi ushinzwe irangamimerere n’ibibazo by’abaturage mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke akurikiranyweho gushyingira ku nshuro ya kabiri umugore witwa Nyirantawuzuzakira Clémentine; nk’uko byemezwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kanjongo, Ndindayino Jean Claude.