Kuri uyu wa kane tariki 05/07/2012 mu masaha ya saa tanu z’amanywa, abantu 12 barohamye mu kiyaga cya Kivu babiri muri bo bahasiga ubuzima, abandi 10 barohorwa ari bazima.
Maniraguha Deogratias ari mu maboko ya polisi y’akarere ka Rusizi azira gufatanwa ibiro 50 by’urumogi ubwo yageragezaga kurwambukana aruvana muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo tariki 04/07/2012.
Umwana w’umwaka umwe witwa Erica Mukadusabe utuye mu murenge wa Mugesera, akarere ka Ngoma yarohamye mu kiyaga cya Mugesera kuwa mbere tariki 02/07/2012 ahita yitaba Imana.
Mpfabakuze Célestin wo mu murenge wa Karangazi mu karere ka Nyagatare yariwe n’imvubu tariki 29/06/2012 yoherezwa mu bitaro bya Nyagatare.
Abantu 42 biganjemo abasore, inkumi n’abana b’inzererezi bafatiwe mu mukwabu wakozwe mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi mu ijoro rya tariki 02/07/2012.
Nserukiyehe Jean Claude w’imyaka 25 wigaga mu mwaka wa 6 w’amashuli yisumbuye mu kigo cya APADEM yikubise hasi ntawe umukozeho bimuviramo urupfu ubwo yarimo kwiga hamwe na bagenzi be tariki 3/07/2012.
Semanza Anastase wakoraga akazi ko kubungabunga umutekano ku mupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda mu karere ka Burera yishwe n’abaforoderi tariki 02/07/2012 ubwo yari arimo abarwanya kugira ngo abambure forode bari bafite.
Zigiranyirazo Francois w’imyaka 28 yishwe n’abasore babiri bamuziza ko yashatse gukiza umwana bashakaga gusagarira. Hari tariki 01/07/2012, mu mudugudu wa Gitega, akagari ka Ngaru, umurenge wa Nyarusange mu karere ka Muhanga.
Bamwe mu baturiye n’abatuye santere ya Mugu iri mu murenge wa Kagogo mu karere ka Burera baratangaza ko muri iyo santere hakunze kugaragaramo urugomo rukabije rutewe ahanini n’ikiyobyabwenge cya kanyanga.
Nsekanabo Emmanuel uri mu kigero cy’imyaka 25 yasangiye inzoga y’igikwangari na Uwiduhaye Jean Paul bamaze kugisinda bararwana Uwiduhaye afata ibuye irihondagura Nsekanabo amukomeretsa mu gahanga bikomeye.
Niyongabo Philémon w’imyaka 19 y’amavuko yagonze ivatiri mu gitondo cyo kuri uyu wa 01/07/2012 mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza maze umwe mubo ivatiri yari itwaye arakomereka.
Abantu batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu karere ka Gasabo, tariki 29/06/2012 nyuma yo gufatanwa inoti mpimbano y’amafaranga 5000.
Amaduka abiri yibasiwe n’inkongi y’umuriro mu kagali ka Kiyovu, umurenge wa Nyarugenge mu karere ka Nyarugenge kuwa gatanu tariki 29/06/2012 mu masaha ya saa tanu n’igice z’ijoro maze ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni 13 birakongoka.
Impanuka za kompanyi itwara abagenzi ya KBS zikomeje kwiyongera ari nako zihitana abantu, mu ntara y’amajyaruguru, aho kuri uyu wa Gatanu tariki 29/06/2012 batanu baguye mu mpanuka ebyiri zitandukanye hagakomereka umwe, nyuma y’iminsi itatu gusa indi mpanuka yayo ikomereeje batatu bikomeye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwashyize ho umurongo wa telefone utishyurwa, uzajya wifashishwa n’abaturage igihe babonye umutekano uhungabana n’ahandi babonye cyangwa se bahuye n’akarengane.
Ku mugoroba wo kuwa Kane tariki 28/06/2012 mu masaha ya Saa Mbiri, abantu batatu bo mu muryango umwe batuye mu karere ka Gakenke bakomerekeye bikomeye mu gitero cy’igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade bateweho.
Polisi ikorera mu karere ka Rusizi yataye muri yombi abantu babiri batunze amakamyo yo mu bwoko bwa FUSO afite puraki RAA 918 x na RAA 685 Y bazira gucura ibyangombwa mpimbano by’ikigo cya Polisi gishinzwe kugenzura ibinyabiziga.
Abana babiri bo mu kagali ka Gituza, umurenge wa Rukumberi mu karere ka Ngoma bitabye Imana tariki 27/06/2012 bariwe n’inzuki.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Fuso yagonze abanyegari babiri umwe ahita yitaba Imana, undi arakomereka bikomeye ku gicamutsi cyo kuwa kabiri, tariki 26/06/2012 mu kagali ka Taba, umurenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke.
Byiringiro Samuel w’imyaka 28 utuye mu karere ka Kirehe yatawe muri yombi tariki 27/06/2012 akurikiranyweho kwica umuturanyi we witwa Mukamana Emertha w’imyaka 48.
Nyuma yuko abatuye umujyi wa Kibungo bakomeje gutaka ko bibwa ndetse abandi bakanahohoterwa n’isoresore ziba zanweye urumogi, tariki 27/06/2012 habaye umukwabu wafatiwemo insoresore 20 zifite utubure 13 tw’urumogi.
Ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO ifite purake RAB 137 B yageze mu gasantire ka Rebero mu rugabano rw’umurenge wa Ntongwe n’uwa Ruhango mu karere ka Ruhango ibura feri igonga abantu 8 barapfa abandi 16 barakomereka bikabije inahitana amazu 2.
Mukamana Siphora w’imyaka 30, tariki 27/06/2012 saa tatu za mu gitondo, yakuyemo inda y’amezi ane yari atwite ubwo yacukuraga amaterasi y’indinganire mu mudugudu wa Munyinya, akagali ka Mushirarungu, umurenge wa Rwabicuma, Akarere ka Nyanza.
Niyomugabo wo mu murenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo yatwikiye muri matela umugore we, Muningisa Aliya, bari bamaranye amezi ane amushinja ko amuca inyuma.
Abatuye mu mirenge ya Nyarubaka na Musambira yo mu karere ka Kamonyi ndetse no mu murenge wa Cyeza wo mu karere ka Muhanga bahangayikishijwe n’imbwa z’inyagasozi zirya amatungo yabo.
Ndagijimana Eugene bakunda kwita Kanyandekwe wo mu mudugudu wa Rutenga akagari ka Gahogo umurenge wa Nyamabuye akarere ka Muhanga, afunzwe azira kwica Emmanuel Biyandurijiki ukomoka mu karere ka Ngororero wamukoreraga muri resitora.
Polisi y’u Rwanda icumbikiye abaturage basaga 15 bo mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Kigabiro bakekwaho kwivugana Munyankindi Emmanuel wari wabasengereye, bashaka kumwambura amafaranga yari afite.
Yadusoneye Ndungutse utuye ahitwa ku Kamazuru mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga yitwaza agafuka n’akuma gakata ubwatsi maze akigabiza imirima y’abaturage agasarura ibyo ahasanze ubundi agashyira utwatsi duke kumpande z’ibyo yibye akitahira.
Bus nini ya sosiyete Kigali Bus Service (KBS) itwara abantu yagonze abantu babiri ahitwa Karwasa mu murenge wa Gacaca, mu karere ka Musanze, barakomereka bikomeye nayo ihita ita umuhanda ijya munsi yawo.
Umukecuru witwa Mukamanzi Erida utuye mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yajyanwe ku kigo Nderabuzima cya Busoro ari intere nyuma yo gukubitwa ibuye n’uwitwa Musabyimana Marie Jeanne warimo arwana na mugenzi we bapfa umuhungu.