Umugabo witwa Jean de Dieu Ingabire yatemye abantu babiri harimo n’umugore we abaziza impamvu na n’ubu atarabasha gusobanura, kuko avuga ko atazi icyabimuteye. Abatemwe bo kugeza ubu barakivuza ibyo bikomere.
Nkundabagenzi Célèstin w’imyaka w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Karambi, Akagali ka Mbuye, Umurenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza basanze umurambo we munsi y’isambu ye yapfiriye mu mugende unyuramo amazi.
Ubwo Mukaremera Béatrice na Mukamugema batuye mu karere ka Nyanza barwanaga mu ijoro rishyira tariki 12/07/2012 bapfa amafaranga y’ubukode bw’inzu, umwe yafashe isuka ashaka kuyikubita undi ifata umwana wari hafi yabo iramukomeretsa.
Mu gitondo cya tariki 12/07/2012, Polisi ikorera mu karere ka Gakenke yataye muri yombi abantu 10 batuye mu murenge wa Kamubuga, akarere ka Gakenke bafatanwe amakarito 12 n’imifuka itatu y’inzoga ya “African Gin”. Mu gitondo cy’umunsi wabanje, umusore w’imyaka 28 nawe yarafunzwe azira kwiba inkavu 10.
Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyamasheke yabaye tariki 11/07/2012 yafashe ingamba zo kwegera abaturage bakabasobanurira uko bakwiye kwitwara ngo birinde impanuka y’umuriro cyane cyane muri ibi bihe by’impeshyi.
Umusore witwa Murwanashyaka Faustin, ubwo yavaga ku Gisenyi ataha iwabo mu karere ka Nyamagabe, yageze muri gare ya Muhanga ahahurira n’abatekamutwe batatu bamutwara amafaranga ibihumbi 41 na telephone ntiyarabukwa.
Polisi ikorera mu karere ka Nyagatare, tariki 08/07/2012, yatawe muri yombi abantu batatu bakekwaho kugurisha ibiti byitwa “umushikiri” mu gihugu cya Uganda.
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Muhanga kuri uyu wa kabiri tariki 11/07/12, yamennye ibiyobyabwenge byiganjemo inzoga z’inkorano bifite agaciro ka miliyoni zirenga esheshatu.
Mukansengimana Collette w’imyaka 21 y’amavuko utuye mu mudugudu wa kirundo, akagali ka Butara, umurenge wa Kigoma, akarere ka Nyanza yatawe muri yombi na polisi y’igihugu akekwaho kuvanamo inda abigizemo uruhare.
Kuwa kabiri tariki 10/07/2012, mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo habereye imyigaragambyo y’abagore b’abasirikare bamagana Leta bavuga ko ireka abagabo babo bagapfa ari nako bavuma Abanyarwanda.
Nkurunziza Pierre w’imyaka 35 afungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 07/07/2012 akekwaho kuba ari we warashe umumotari warasiwe mu karere ka Ruhango itariki 30/05/2012.
Umugabo yanyoye zo mu bwoko bwa Mitzing mu kabari k’uwitwa Rugerinyange François kari mu mujyi wa Nyanza agenda atishyuye maze arakubitwa ahinduka intere tariki 10/07/2012.
Umusore w’imyaka 28 yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu karere ka Nyarugenge akekwaho kwiba insinga z’umuriro w’amashyanyarazi z’ikigo cy’igihugu gishinzwe amashyanyarazi, isuku n’isukura (EWSA) cyo ku Muhima agambiriye kuzigurisha.
Munyarubuga André w’imyaka 63 yiyahuye ahita apfa, mu gitondo cya tariki 09/07/2012, kubera kutumvikana n’umuryango we. Uyu musaza yari atuye mu mudugudu wa Kambyeyi, akagari ka Gihinga, umurenge wa Gacurabwenge mu karere ka Kamonyi.
Mutungirehe Evariste utuye mu murenge wa Ngororero mu kagali ka Mugano mu mudugudu wa Nyabisindu, mu rukerera rwo kuwa gatandatu tariki 07/07/2012, yatangiriwe n’abantu bataramenyekana baramukubita banamwambura amafaranga ibihumbi 307 ariko abikuramo ariruka.
Umugore witwa Uwikunda Beatrice uvuka mu Rwanda ariko washatse muri Uganda yafatiwe muri Uganda, mu gitondo cya tariki 09/07/2012 aregwa kwiba umwana w’amezi atanu mu Rwanda akamujyana muri Uganda kumugurisha.
Nyirabagande Grace w’imyaka 51acumbikiwe kuri polisi ya Kabarore acyekwaho kwiyicira umugabo mu ijoro rishyira tariki 09/07/2012 mu mudugudu wa Kabeza, akagari ka Nyabukiri umurenge wa Kabarore.
Umurambo wa Kayumba Vincent w’imyaka 73 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Kamugaza, akagari ka Bunyogombe, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango watoraguwe tariki 09/07/2012 munsi y’umukingo muri uwo mudugudu.
Sibomungu Innocent, Niyibigira Vincent na Ndatsibuka bo mu murenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango bafungiye kuri polisi ya Kinazi guhera tariki 08/07/2012 bakekwaho guhitana ubuzima bwa Mukanyandwi Eugenie w’imyaka 32.
Mu rugendo yagiriye mu murenge wa Butare, tariki 07/07/2012, umuyobozi wa polisi mu karere ka Rusizi, Supt. Gasana Yusuf, yashimiye byimazeyo inzego zose zikorera muri uwo murenge zaba iza gisivire n’iza gisirikare kuko bafatanya kugira ngo umutekano ugerweho.
Abajura bibye mu rugo rwa Mushayija Yassin utuye mu mudugudu wa Nyanza, akagali ka Nyanza, umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza mu ijoro rishyira tariki 08/07/2012 baburirwa irengero.
Buregeya Etienne w’imyaka 21 wo mu mudugudu wa Kinama, akagari ka Munini umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, afungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana azira gucuruza urumogi.
Bus nini ya sosiyete Kigali Bus Service (KBS) itwara abagenzi, yagonze umwana w’imyaka itandatu y’amavuko arakomereka bikomeye; mu kagari ka Kayenzi, mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera.
Polisi ikorera mu karere ka Nyarugenge yataye muri yombi abantu batatu bakekwaho kwiba ipikipiki ifite puraki RA 464 V ya Flavien Habyarimana ushinzwe ubuhinzi n’amashyamba mu murenge wa Rukumberi, akarere ka Ngoma.
Umurambo w’umwana w’umukobwa w’imyaka 3 wari watawe mu mugezi wa Murokora watoraguwe mu kagari ka Ruragwe, umurenge wa Rubengera mu karere ka Karongi kuwa gatanu tariki 06/07/2012.
Ipikipiki yo mu bwoko bwa AG 100 ifite cya RA391C, yagonze umunyamaguru wagenderaga mu gice cyagenewe abanyamaguru, bitewe n’uko nta matara yari ifite kandi n’umuriro wabuze mu mujyi wa Huye.
Inkongi y’umuriro yibasiye ishyamba yangiza hagitare imwe n’igice mu karere ka Gisagara, umurenge wa Gikonko mu kagari ka Cyiri, kuri uyu wa kane tariki 05/07/2012.
Nsengimana Pascal w’imyaka 25 y’amavuko yari ahitanwe na tagisi itwara abagenzi tariki 06/07/2012 ariko Imana ikinga ukuboko. Iyo mpanuka yari ibereye mu karere ka Nyanza tagisi yari itwaye abagenzi bajya mu karere ka Ruhango.
Polisi ikorera mu karere ka Nyagatare yataye muri yombi abagabo babiri bo mu murenge wa Nyagatare bakekwaho gutobora iduka rya Tigo maze bakiba ibintu bifite agaciro kangana n’amafaranga arenga miliyoni 17.
Abamotari bongeye kwihanangirizwa kubahiriza amategeko y’umuhanda mu mujyi wa Kigali, kuko impfu nyinshi z’abaguye mu mpanuka zihabera zihitana abari kuri moto kurusha abari mu modoka.