Mu nama yo kunoza imikoranire y’inkeragutabara n’abayobozi b’ibanze, abayobozi b’imidugudu n’abahagarariye inkeragutabara muri imwe mu mirenge igize akarere ka Huye bibukijwe ko nta muntu wemerewe gufunga umuturage uretse polisi yonyine.
Karibushi Protais w’imyaka 38 acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke nyuma yo gufatanwa litiro 20 za kanyanga. Uyu mugabo yatawe muri yombi mu gitondo cyo ku wa 04/09/2012 yikoreye kanyanga kandi bigaragara ko yasinze.
Umugore w’imyaka 42 afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhima mu Mujyi wa Kigali kuva tariki 03/09/2012 nyuma yo gufatanwa imisongo 41 y’urumogi.
Urupfu rwa Ngendahayo Gaspard w’imyaka 41 wo mu kagari ka Shara, umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi rwateje urujijo ubwo umurambo we wabonekaga mu cyumba cye kuri uyu wa mbere mu gitondo.
Abatuye umujyi wa Kibungo bavuga ko bahangayikishijwe n’ubujura bw’ibikoresho byo mu rugo buri gukorwa n’inzererezi ziri muri uyu mujyi.
Mbarubukeye Jean Marie Vianney w’imyaka 42 y’amavuko utuye mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza yagejejwe mu bitaro bya Nyanza yatemwe ukuboko kwe kw’iburyo na mukuru we amuhoye ko amubujije gukomeza kurwana.
Abanyekongo icyenda bo mu mujyi wa Bukavu bacumbikiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe mu karere ka Rusizi kuva tariki 03/09/2012 bazira gukoresha inzira zitemewe n’amategeko basubira iwabo ubwo bari bavuye mu Rwanda.
Abantu 10 bakurikiranyweho n’ubutabera gukora icyaha cyo gufata abana ku ngufu mu karere ko Bugesera nk’uko byagaragajwe na raporo ya polisi ishami rikorera muri ako karere.
Abantu batatu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhima kuva tariki 02/09/2012 bakekwaho kwiba iduka ry’umucuruzi ukomoka muri Pakistan witwa Faraz Ismail ukorera mu Kagali ka Kiyovu, Umurenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge.
Mu ijoro rishyira tariki 03/09/2012, abajura banyuze mu gisenge cy’iduka Munyurangabo Leopold acururizamo, hafi y’isoko ryo mu mujyi wa Butare, biba amafaranga yose bari basizemo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 03/09/2012 imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace itwara abagenzi yagonze igare maze umunyegare, uwo yari atwaye ndetse n’undi muntu umwe wigenderaga barakomereka.
Polisi ikorera mu Karere ka Karongi yataye muri yombi, tariki 31/08/2012, umugabo w’imyaka 24 witwa Jean Baptiste Nsanzumukiza akekwaho kwica ise amutemaguye yarangiza umurambo we akawujugunya mu musarane.
Umuyobozi wa polisi mu karere ka Kirehe aratangaza ko umutekano mu karere ka Kirehe uhagaze neza kiretse ikibazo cy’ibiyobyabwenge biva mu mirenge ya Gatore, Kigarama na Musaza. Ngo impamvu ibitera ni uko iyi mirenge ihana imbibi n’igihugu cya Tanzaniya.
Bahizi Apollinaire w’imyaka 76 na Ndatimana Theogène wari ufite imyaka 21 bose bo mu kagari ka Mwendo umurenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro bitabye Imana mu buryo butunguranye mu cyumweru gishize.
Mukakamari Marie Claire w’imyaka 27 yafashwe n’inzego z’umutekano afite udupfukika 50 tw’urumogi yajyaga acururiza aho atuye mu mudugudu wa Gitwa, akagari ka Munini umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango.
Uwitwa Bugabo Desire wo mu Murenge wa Fumbwe mu Karere ka Rwamagana yishe umugore we Mukamwiza bapfuye ko uyu mugore yamubazaga niba koko yarateye inda undi mugore nk’uko bivugwa aho batuye mu Kagari ka Munono.
Abana bane batuye mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke, kuwa kane tariki 30/08/2012, bafatanwe ingurube n’inkwavu 27 bibye ngo bashaka kwishyura umwenda bari bafitiye umucuruzi.
Abagore batatu bishwe banizwe n’abantu bataramenyekana tariki 28/08/2012, mu kagali ka Nyamabuye, umurenge wa Gatsata mu karere ka Gasabo.
Kuri uyu wa kane tariki 30/08/2012, hatangijwe icyumweru cyahariwe gushishikariza abaturarwanda kwita ku mutekano wabo. Iki gikorwa cyatangijwe na Minisitiri w’Intebe aherekejwe na minisitiri w’umutekano mu karere ka Gisagara umurenge wa Nyanza.
Abantu umunani bakurikiranweho gukora ibikorwa by’ubujura bihunganya umutekano batawe muri yombi na Polisi mu mukwabu yakoze i Nyabugogo mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge tariki 27/08/2012.
Nyiramariba Aimée Marie Rosine wigisha kuri Groupe Scolaire Gihira mu karere ka Nyabihu yatawe muro yombi tariki 24/08/2012 nyuma y’aho byakekwaga ko ibyangombwa bisimbura impamyabushobozi y’icyiciro cya mbere cya kaminuza (A1) akoresha byaba ari ibihimbano.
Inzego z’umutekano ku bufatanye n’akarere ka Rusizi bafashe abantu 53 biganjemo abajura, indaya ,inzererezi, abakoresha ibiyobyabwenge, n’abandi bose badafite imirimo bakora igaragara mu mujyi wa Kamembe mu karere ka Rusizi.
Musabyimana Innocent wo mu mu murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga warindaga ibutike mu mudugudu yari atuyemo wa Murambi mu kagali ka Ruli yishwe mu ijoro rishyira tariki 29/08/2012 n’abantu bataramenyekana.
Abanyeshuri babiri biga ku kigo cy’amashuri abanza cya Kirabo giherereye mu Murenge wa Busengo mu Karere ka Gakenke bakubiswe n’inkuba kuwa mbere tariki 27/08/2012, umwe ahita yitaba Imana.
Imodoka yo mu bwoko bwa mini bus ifite ikirango cyo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (CGO 4453AA 22) yakoze impanuka mu karere ka Rusizi umuntu umwe yitaba Imana abandi barakomereka.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 29/08/2012, imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Toyota Hiace, yakoze impanuka ikomeye igeze muri metero nkeya uvuye muri santere ya Tyazo mu murenge wa Kanjongo, abantu barakomereka ariko nta witabye Imana.
Munyemana w’imyaka 25 utuye mu Murenge wa Musha mu Karere ka Rwamagana yaraye yishe umwana we w’amezi atanu ubwo uwo bamubyaranye yari agiye kubwira abaturanyi ko mu rugo rwe bitameze neza.
Nyirarugwiro Joselyne wari ufite imyaka 18 y’amavuko wari utuye mu kagari ka Gatare, umurenge wa Ruhunde mu karere ka Burera yiyahuye mu gishanga cy’Urugezi ahita yitaba Imana mu gitondo cya tariki 28/08/2012.
Ndorimana Emmanuel na mugenzi we Kayishema bo mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi bari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Kamembe bashinjwa kugabiza ishyamba ry’ibiti bakaritema nta burenganzira babifitiye.
Kuri uyu wa kabiri tariki 28/08/2012, Mukanoheli Marie Chantal utuye ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali yafatiye uwari umukozi we witwa Siwuzamutuma Nadine mu isoko rya Gakenke amushinja kumwiba ibintu bitandukanye byo mu rugo iwe.