Abakora umurimo wo gutwara abantu ku mapikipiki barasabwa kugira uruhare mu kubungabunga umutekano wabo bwite, uw’abagenzi batwara n’uw’igihugu muri rusange; kuko kuba mu gihugu hari umutekano ariwo musingi akazi kabo kubakiyeho.
Mukeshimana Thomas w’imyaka 38 y’amavuko yatawe muri yombi tariki 26/09/2012 afite inoti z’inkorano za bitanu zihwanye n’amafaranga ibihumbi 65, akaba yari ari kugura ikarita ya terefoni akoresheje inoti ya 5000.
Abantu 13 bakomoka mu mirenge itatu yo mu karere ka Rutsiro batawe muri yombi na polisi icunga umutekano mu kiyaga cya Kivu ibashyikiriza ubutabera bazira kuroba mu Kivu kandi byarahagaritswe by’agateganyo no gukoresha imitego y’amafi itemewe.
Abana bane bo mu kagari ka Gakoni mu murenge wa Muganza mu karere ka Rusizi bariwe n’imbwa zo ku gasozi zirindwi zibasanze aho bari gukina na bagenzi babo mu ma saa yina z’amanywa tariki 26/09/2012.
Umunyonzi witwa Karimunda Innocent w’imyaka 25 yitabye Imana, abandi bane harimo umwana w’imyaka itanu barakomereka bikomeye mu mpanuka y’igare yabaye tariki 26/09/2012 ahitwa mu Rwamenyo mu Kagali ka Nyakina, Umurenge wa Gashenyi, Akarere ka Gakenke.
Imodoka ya sosiyete itwara abagenzi ya KBS yavaga mu Karere ka Musanze yerekeza mu Mujyi wa Kigali, tariki 25/09/2012, yagonze umunyegari ahita yitaba Imana.
Umusore witwa Irakarama Vincent wo mu kagari ka Buguri, umurenge wa Rukoma, yafatanywe inka ahagana ma saa saba z’ijoro rishyira tariki 26/ 9/2012, ayibye nyirasenge witwa Nyiraneza Vestine, ayijyanye kuyigurisha.
Mini Alimentation Iwacu iherereye mu mujyi wa Ruhango, yafashwe n’inkongi y’umuriro mu ijoro rya tariki 25/09/2012, ibicuruzwa byarimo birashya ibindi byangizwa n’umuyonga w’ibyahiye.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango, buravuga ko bwatoraguye umurambo w’umugabo utazwi ku nkengero z’umugezi wa Nyabarongo mu kagari ka Muremure.
Biyakiteto Antoine afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kanjongo kuva kuwa kabiri tariki 25/09/2012 azira gufatanwa amafaranga y’amiganano bihumbi 15.
Mbonimpa Daniel w’imyaka 30 y’amavuko yatawe muri yombi n’abaturage bo mu mudugudu wa Mukindo, akagali ka Kibinja, umurenge wa Busasamana bamushinja kubiba ibintu kubera igihanga cy’ibyarahani bibiri yafatanwe abishakira umuguzi.
Umugabo witwa Ndabagaruye Jean Bosco afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gahunga mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera kuva tariki 25/09/2012 aregwa gushaka kujya gucuruza magendu ifumbire mva ruganda yagenewe abahinzi bo mu Rwanda, muri Uganda.
Janvier Habineza, umushoferi utwara ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO yikorera amakara, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ngoma mu Karere ka Huye akurikiranyweho kugerageza guha umupolisi ukorera mu Karere ka Huye ruswa.
Umubyeyi witwa Uwimana Veronika w’imyaka 38 y’amavuko wari atuye mu mudugudu wa Marabuye, akagari ka Nyakarera mu murenge wa Ruhango mu karere ka Rutsiro yitabye Imana ku wa mbere tariki 24/09/2012 yishwe n’inkuba.
Umugabo witwa Muhirwa yambukanye itabi ryo mu bwoko bw’Intore arivanye mu Burundi arigejeje mu mudugudu wa Rwanamiza, akagali ka Rukingiro, Umurenge wa Busoro mu karere ka Nyanza ararifatanwa hamwe n’umumotari bari kumwe umuhetse bose bakizwa n’amaguru bariruka.
Abantu babiri bitabye Imana, abandi batandatu barakomereka bikomeye mu mpanuka z’imodoka zabaye mu mpera z’icyumweru mu turere dutandukanye; nk’uko bitangazwa na Polisi y’igihugu.
Kayijamahe Gabriel w’imyaka 60 utuye mu kagari ka Rugarama mu murenge wa Kigina afunzwe akekwaho gufasha Akimanizanye Chantal w’imyaka 23 utuye mu kagari ka Rugarama mu murenge wa Kigina gukuramo inda y’amezi atanu.
Polisi y’igihugu imaze gufata abantu bagera kuri 80 bakurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge mu rwego rwo kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka; nk’uko amasezerano y’igipolisi cy’ibihugu bigize agace k’uburasirazuba bw’Afurika (EAPCO) abiteganya.
Abagore babiri bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rubavu, kuva tariki 19/09/2012 nyuma yo gufatanwa imisongo hafi ibihumbi 14 na 300 y’urumogi.
Ndayambaje Samuel w’imyaka 25 y’amavuko wari utuye mu murenge wa Matimba mu karere ka Nyagatare yarashwe n’inzego z’umutekano za Tanzaniya zirinda pariki ubwo we na bagenzi be bari bavanyeyo ibiti by’imishikiri bakunze kwita Kabaruka bagurisha mu gihugu cya Uganda.
Abakozi batatu ba Groupe Scolaire de Kigali bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mageragere mu karere ka Nyarugenge kuva tariki 17/09/2012 bakekwaho kwiba ibikoresho bitandukanye by’icyo kigo.
Umusore witwa Habamenshi Jean de Dieu utuye mu mudugudu wa Arusha mu kagari ka Kankobwa mu murenge wa Mpanga, arwariye mu bitaro bya Kirehe nyuma yo kugerageza kwiyahura akoresheje umuti w’inka ntiyapfa kuri uyu wa 19/09/2012.
Uzamukosha Bellancila w’imyaka 54 wari utuye mu mudugudu wa Murambi, akagari ka Nyamirambo, umurenge wa Karembo yitabye Imana yiyahuye tariki 18/09/2012. Uyu mugore yiyahuje umuti uterwa mu nyanya witwa “Kiyoda” awunyweye.
Uwimana Alexis ufite imyaka 32 yafatanywe udupfunyika tw’urumogi tugera kuri 2223, ubwo yari mu modoka iva mu karere ka Rubavu yerekeza mu mujyi wa Kigali tariki 18/09/2012.
Umugabo witwa Rudasingwa Jean Damascene afungiye kuri station ya polisi mu Kigabiro mu karere ka Rwamagana ashinjwa icyaha cyo gufunga umuntu nta burenganzira abifitiye.
Habyarimana Anicet, wari utwaye FUSO ifite purake RAB 703 Z yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu karere ka Nyamasheke atwaye ibiro 2040 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Tin ndetse na Colta mu buryo butemewe n’amategeko.
Umugore witwa Menyuwawe Grace acumbikiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Rutare mu karere ka Gicumbi azira gutwika umugabo we akoresheje ibishirira avanye mu ziko.
Ntakirutimana Madaleine utuye mu mudugudu wa Bugina, akagali ka Migina, umurenge wa Muyira mu karere ka Nyanza yatemewe inka n’abagizi ba nabi bashakishijwe baburirwa irengero.
Abagabo umunani n’abagore bane bafugiye kuri station ya police ya Gisenyi mu karere ka Rubavu bakurikiranyweho icyaha cyo gukwirakwiza ibiyobyabwenge birimo urumogi ibilo 180.
Twahirwa Severien w’imyaka 30 utuye mu Kagali ka Nkomane, Umurenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke yishe ise umubyara witwa Karekezi Jean Damascene amukubise ifuni mu ijoro rishyira tariki 17/09/2012.