Umuyobozi mukuru wa polisi y’igiuhugu, (IGP) Gasana Emmanuel yasuye abanyeshuri bari mu itorero mu kigo cya Gisirikari cya Gako abaganiriza ku birebana n’umutekano ariko yibanda cyane ku ruhare rw’abaturage mu gucunga umutekano (community policing).
Mu isengesho ryo kwiyambaza impuhwe z’Imana ryabaye tariki 05/08/2012 kuri Kiliziya gatorika yo mu Ruhango habonetse umwana w’uruhinja, bigaragara ko nyina ashobora kuba yarutaye ku bushake.
Mukamasabo Thabée, ari mu maboko ya Polisi kuri sitasiyo ya Kaduha, akurikiranyweho gukubita umukobwa we w’imyaka 14 bikamuviramo urupfu, tariki 30/07/2012, ubwo yari akimugeza mu rugo amuvanye aho yabaga.
Abantu batatu batawe muri yombi na Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Gakenke nyuma y’ubujura bwibasiye SACCO y’umurenge wa Kamubuga mu ijoro ryishyira kuwa kane tariki 02/08/2012.
Mukarubega Donathile n’umugabo we ndetse na Tuyishimire Leontine, wakubiswe ifuni azira gusambana na Nemeyimana Joseph bakatiwe n’urukiko rw’ibanze rwa Gakenke igifungo cy’amezi atandatu kuri uyu wa gatanu tariki 03/08/2012.
Abagabo bane bo mu Murenge wa Rwiyamiyaga mu Karere ka Nyagatare bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare basinjwa gushaka kwivugana uwitwa Ndebakure Félicien, na we mu Murenge wa Rwimiyaga mu Kagari ka Ntoma, bakoresheje intwaro.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu 03/08/2012 mu Murenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi hatwitswe ibintu bitandukanye byafatanywe abajura, abarobyi batemewe n’amategeko n’abandi bagizi ba nabi muri rusange.
Uwizeyimana Zakayo w’imyaka 30 yagiriwe n’ikirombe ubwo yacukuraga amabuye yo kubaka mu mudugudu wa Karambi akagari ka Mpumbu mu murenge wa Bushekeri ahita apfa mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 03/08/2012.
Kubera ikibazo cy’ubujura bwo mu ngo kimaze iminsi kigaragara mu mirenge imwe n’imwe yo mu mujyi wa Kigali, umurenge wa Nyarugunga wo mu karere ka Kicukiro wakoze inama y’umutekano yihutirwa yafatiwemo ingamba zigamije guca ubwo bujura.
Elie Munyazikwiye w’imyaka 31 yatawe muri yombi tariki 01/08/2012 na Polisi y’igihugu nyuma yo gufatanwa inoti eshashatu z’amafaranga 5000 ashaka kuyabitsa mu gashami ka Banki y’Abaturage ya Gakenke.
Ndikumana Souvenir w’imyaka 19 y’amavuko uvuga ko atuye mu karere Gasabo mu murenge wa Kimihurura mu mujyi wa Kigali yafatiwe mu cyuho yiba amafaranga y’iduka ricururizwamo telefoni zigendanwa mu mujyi wa Nyanza tariki 02/08/2012.
Nyuma yaho bimaze kugaragara ko akarere ka Ruhango kaza ku isonga mu ihohoterwa, ubu imiryango itandukanye yatangiye igikorwa cyo kwegera abaturage ibashishikariza guhangana n’ihohoterwa iryo ari ryose.
Ntakirutimana Frederick w’imyaka 22 yafatiwe mu cyuho yiba ibyuma by’ubwubatsi by’ururusengero rwa ADEPR ruherereye mu mudugudu wa Mont Cyangugu mu murenge wa Kamembe ahagana saa kumi z’igitondo tariki 02/08/2012.
Umushumba wa diyoseze ya EAR Gahini mu karere ka Kayonza, Mgr Alexis Birindabagabo, aravuga ko nta mpamvu n’imwe ihari yatuma abacuruza n’abakoresha ibiyobyabwenge badahashywa burundu kuko nta mbunda cyangwa izindi mbaraga bafite zatuma badahagarikwa.
Santere ya Gahunga iherereye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera iri mu kizima nyuma y’uko mu ijoro rishyira tariki 01/08/2012 abajura bibye insinga zijyanayo umuririmo w’amashanyarazi.
Abaturage bo mu karere ka Burera baturiye umuhanda Musanze - Cyanika ngo nibo batuma imodoka zitandukanye zikoresha uwo muhanda zibagonga kuko bawukoresha nabi bagenda n’amaguru ahagenewe kugenda imodoka.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gatsata uri mu karere ka Gasabo buvuga ko nyuma y’impfu za hato na hato zidasobanutse zikunze kuwuvugwamo, bwafashe ingamba zo kwirukana abantu badafite imirimo isobanutse cyane cyane abagaragara ko bakora uburaya n’ubuzererezi.
Polisi yo mu karere ka Nyagatare yataye muri yombi umukobwa wiga mu ishuri rikuru rya Umutara Polytechnic University ukurikiranyweho guta umwana we mu musarane.
Abaturage babiri bo mu murenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare bari mu maboko ya polisi bakekwaho gutema inka icyenda zari mu rwuri rwa Kanyenjwi utuye mu Kagari ka Rutungo mu ijoro rishyira tariki 30/07/2012.
Ikibazo cy’ubwicanyi mu bashakanye gikomeje gutera inkeke mu karere ka Gatsibo. Ubuyobozi butangiye gutunga akatoki imiryango y’abimukira baza kuhatura kuba aribo bakunze kurangwa n’amakimbirane abyara imfu.
Umugabo witwa Nkundimana Mugabwambere w’imyaka 42 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Kibimba,akagari ka Gatarama, umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe yishwe atewe icyuma mu ijoro rishyira tariki 31/07/2012 mu masaha ya saa tanu n’igice z’ijoro.
Nkurikiyumukiza Augustin w’imyaka 16, utuye mu murenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, afungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango akekwaho gusambanya umwana ufite umwaka n’igice.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kagogo, mu karere ka Burera bwafashe ingamba zo guca icuruzwa ry’inzoga y’ikigage yitwa “Umurahanyoni” nyuma yo kubona ko ari ikiyobyabwenge kuko abantu bayinywa bahungabanya umutekano.
Imodoka ifite purake RAA 552 yo mu bwoko bwa Taxi yagonze moto ifite purake R B 275 D tariki 30/07/2012 mu mujyi wa Ruhango uwarutwaye iyi moto arakomereka ahita ajyanwa ku kigo nderabuzima cya Kibingo kuvurizwa yo.
Jean Baptiste Mbonyumugenzi na Alias Mutsindashyaka batuye mu kagali ka Kivumu, Umurenge wa Cyeza mu karere ka Muhanga batawe muri yombi na Polisi nyuma yo gukubita Erade Nkerabahizi w’imyaka 51 akitaba Imana.
Abatwara abagenzi kuri moto (abamotari) bakorera mu mujyi wa Kigali barinubira ko moto ifatiwe mu ikosa iryo ari ryo ryose ifungwa igihe kingana n’ukwezi kandi ngo amashyirahamwe yabo akorana na polisi kuruta uko akorana nabo.
Aho ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwafatiye ingamba zikomeye zo kurwanya ikiyobyabwenge cya Kanyanga, ubu icyo kiyobyabwenge cyasimbuwe n’inzoga ituruka muri Uganda yitwa African Gin.
Mu gace ko hafi y’ahubatse Cathedral Saint Andre ya Kibungo mu murenge wa Kibungo hari kuvugwa bubujura bukabije bw’insinga z’umuriro w’amashanyarazi nijoro igihe umuriro ubuze.
Nsekanabo Cyprian w’imyaka 50 aravuga ko ababajwe n’ubusambanyi bwakorewe umuhungu we w’imyaka 6 y’amavuko. Ibi byagaragajwe n’isuzuma ryakorewe uyu mwana tariki 26/07/2012 n’ikigo nderabuzima cya Kibingo kiri mu karere ka Ruhango.
Ntirugiribambe Jean Damascene w’imyaka 38 yatawe muri yombi tariki 29/07/2012 n’abaturage bo mu mudugudu wa Nyabinyenga, akagari ka Munini, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, akekwaho kwiba inka yari ashoreye ayishakira umuguzi.