Kuva mu ijoro ryo kuwa gatanu 01/03/2013 ubwo hafatwaga amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 40 agizwe ni noti za bitanu mu tubari tubiri dutandukanye Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Ruhango yatangiye gushakisha abinjiza amafaranga y’amiganano mu mujyi w’akarere ka Ruhango none umwe yamaze gutabwa muri yombi.
Umugore w’imyaka 33 witwa Hasha Gahire utuye mu Murenge wa Nyarugenge, Akarere ka Nyarugenge arwariye mu Bitaro Bikuru bya Muhima mu Mujyi wa Kigali nyuma yo gukuramo inda y’amezi atandatu akava amaraso menshi.
Abantu babiri bari kuri moto bitabye Imana nyuma yo kugongana n’imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ya Sosiyeti itwara abagenzi Volcano mu mpanuka yabaye ku mugoroba w’ejo ku cyumweru tariki ya 03/03/2013 ahitwa I Rugobagoba mu karere ka Kamonyi.
Umumotari n’uwo yari ahetse baraye baguye mu mpanuka yabereye ahitwa mu Dusego mu kagari ka Nyabivumu mu murenge wa Gasaka, ubwo imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yagongaga moto bariho ahagana isaa tatu z’ijoro kuri uyu wa Gatanu tariki 01/03/2013.
Mutera Pater wari umubitsi wa koperative CUCUNYA ihuje abafite ubumuga bo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza akaba yari aherutse gutorokana inkunga yabo isaga miliyoni 1 y’amafaranga y’u Rwanda yafatiwe mu karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba bw’u Rwanda, akaba yagejejwe i Nyanza aho yakoreye icyaha uyu munsi (…)
Polisi y’u Rwanda ikurikiranye umukozi wa Banki y’Abaturage y’u Rwanda wakoreraga ku ishami ry’iyo banki mu Rutsiro acyekwaho kunyereza amafaranga y’u Rwanda miliyoni icyenda n’ibihumbi 224.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku aratangaza ko mu bakozi hari umwe ufunze akekwaho kuba yarafashe umukobwa ku ngufu. Hari amakuru avuga ariko ko uwo mukozi yaba atumvikanaga n’abayobozi akaba yageretsweho icyaha.
Mu bitaro bya Murunda mu Karere ka Rutsiro Intara y’Iburengerazuba haravugwa abakozi 6 batorotse akazi baburirwa irengero nyuma yuko biketswe ko baba bakoresha impamyabushobozi z’impimbano.
Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu araburira abaturage ba Nyabihu n’abandi Banyarwanda guhungira kure ibikorwa byose byabahuza no gucuruza, gusakaza no gukoresha ibiyobyabwenge.
Umugabo witwa Gahonga Ferederiko w’imyaka 33afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ntarama mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa amakarito 38 y’inzoga bita chief waragi zitemewe kunyobwa no gucuruzwa mu Rwanda.
Umwe mu bakozi b’uturere tw’Intara y’Amajyepfo bari guhugurwa ku bijyanye n’imitunganyirize y’imijyi yibwe mudasobwa ye mu ijoro rishyira tariki 26/02/2013 iburirwa irengero muri Hotel Dayenu iherereye mu karere ka Nyanza.
Nkiriyehe Eric ukora akazi ko gutwara imodoka, Ntabanganyimana Juma umukarasi ukorera muri gare ya Kayonza na Hakizimana Samuel ugenda ku makamyo bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kirehe bazira kwiba inzoga zo mu bwoko bwa likeri mu kabari.
Umwana w’umunyarwanda w’imyaka 13 witwa Kabarebe mwene Byamugisha Cyprien wo mu mudugudu wa Kagugu akagari ka Gishari mu murenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi yazanywe n’inzego z’ubuyobozi bwa Uganda ari umurambo.
Nyiransabimana Sylvaniya, wabanaga n’umugabo we witwa Sibomana Fidele bakaba bari batuye mu kagari ka Twabugezi mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro, yitabye Imana yiyahuye mu gitondo cyo kuri uyu mbere tariki 25/02/2013.
Buri wese arasabwa kugira uruhare mu guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi zirimo amakimbirane n’ihungabana; nk’uko bisabwa n’umuryango IBUKA.
Mu karere ka nyanza hafashwe inzoga z’inkorano ku nshuro ebyiri zikrikiranye, zifatanywe abacuruzi batandukanye. Abafatanywe izo nzoga bose kuri ubu bahise bashyikirizwa ibiro bya Polisi kugira ngo bakurikiranwe.
Abaturage batuye ikirwa cya Bushonga, kiri mu murenge wa Rugarama, akarere ka Burera batangaza ko bahangayikishijwe na barushimusi babatwarira amato bakayakoresha mu burobyi butemewe, Polisi ikabafata ubwato ikabutwara.
Nsekanabo Athanase w’imyaka 20 y’amavuko utuye mu karere ka Nyamasheke, wari wibye Stabilisateur mu kabari yaje kubabarirwa na nyir’ukwibwa, nyuma yo kuyimufatana. Nyirakabari yatangaje ko ari ukugira ngo amuhe isomo ryo gukoresha amaboko ye.
Banki y’Abaturage (PBR) ishami rya Rwamagana rimaze iminsi ibiri ryibwe amafaranga asaga miliyoni 39 zaba zaribwe n’abakozi babiri bakoreraga iyo banki.
Nyiransekuye Chricelina wo mu kagari ka Nyarubuye, umurenge wa Rugarika mu karere ka Kamonyi yabonye ihene ye yari yibwe na Iradukunda Jean Pierre umusore w’imyaka 18 wari waraje gupagasa. Iyo hene akaba yayirangiwe n’umumotari Iradukunda yateze ayifite.
Nsengiyumva Jean Paul na Mujyambere Benjamin bakunze kwita Karera bose batuye mu murenge wa Mushikiri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kirehe bazira gufatanwa gerenade ebyiri mu rugo imwe yo mu bwoko bwa Totasi indi yo mu bwoko bwa steak.
Umucuruzi witwa Iyizere Gregoire ucururiza muri santire ya Mwendo mu karere ka Ruhango, inzu akorerama yafashwe n’inkongi y’umuriro tariki 21/02/2013 hashya ibintu bifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 720.
Habimana Anisept w’imyaka 20 wari utuye mu kagari ka Nyabigugu mu murenge wa Mwendo akarere ka Ruhango yitabye Imana aguye mu muvure wengerwamo.
Mu mudugudu wa Telimbere mu kagari ka Mataba mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro haravugwa ubujura bw’amatungo bumaze iminsi bwibasira abahatuye, ku buryo ngo muri uku kwezi kwa kabiri abajura bamaze kuhiba inka eshatu mu ngo zitandukanye.
Nyuma yo gutsindwa na Vital’o mu mukino wa ‘Champions League’, APR FC yongeye kwitwara nabi, ubwo yatsindwaga na Mukura Victory Sport igitego 1-0 mu mukino wa shampiyona wabereye kuri Stade Kamena i Huye ku wa gatatu tariki 20/02/2013.
Abakozi 4 bakora kuri G.S. Bumbogo mu Kagali ka Nyagasozi, Umurenge wa Bumbogo, Akarere ka Gasabo, bafungiye kuri Sitasiyo ya Rusororo kuva tariki 18/02/2013 bakekwaho kwiba mudasobwa zirindwi.
Kalisa Callixte w’imyaka 29 y’amavuko umurambo we bawusanze tariki 19/02/2013 munsi y’iteme riri mu mudugudu wa Rugarama n’akagali ka Gahombo mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza.
Ikigo cy’amashuli abanza cya Gasoro kiri mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza cyibasiwe n’imvura ivanzemo umuyaga wasenye ibyumba by’amashuli bitanu ndetse n’abanyeshuli barindwi barahakomerekera ku gicamunsi cyo ku itariki 19/02/2013.
Abantu batatu biyomoye ku idini y’abadivantisiti b’umunsi wa karindwi bo mu murenge wa Gataraga mu karere ka Musanze, baravuga ko badashobora kuzigera bafata indangamuntu kuko ishobora kuba irimo umubare 666 bita uwa shitani.
Mukankaka Jacqueline washakanye n’umugabo witwa Sindayigaya Cleophas batuye mu mudugudu wa Ruhina mu kagari ka Ruli kari mu murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga bahora bashwana kubera bose bamwe bagasinda.