Umugabo witwa Fidele Gashema utuye mu mudugudu wa Kabajoba mu kagali ka Mushaka mu murenge wa Rwimbogo, afungiye kuri Station ya Polisi ya Kamembe akekwaho gufata ku ngufu umwana yibyariye w’imyaka 12 y’amavuko.
Hakuzimana w’imyaka 17, utuye mu murenge wa Kisaro mu karere ka Rulindo, yibye ubwatsi mu baturanyi, maze ategekwa kubwishyura atanga inka ye y’ikimasa.
Gatare Christophe w’imyaka 30, akanaba umwalimu ku kigo cy’amashuri cya Ndora, afungiye kuri station ya Polisi ya Gisagara akurikiranyweho gusambanya no gutera inda umunyeshuri w’imyaka 17 wiga muri iki kigo cy’amashuri cya Ndora giherereye mu karere ka Gisagara.
Umurambo w’umugabo witwa Munyantore Athanase wabonetse ahagana saa mbiri za mu gitondo cyo kuwa 07/02/2013 mu mudugudu wa Ndaberewe, akagari ka Kigenge, umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi.
Mu nama yagiranye n’abayobozi b’inkeragutabara ku nzego zose zigize akarere ka Gatsibo, Brig Gen Murokore Eric ukuriye Inkeragutabara ku rwego rw’intara y’iburasirazuba yazishimiye umurava zagize mu gucunga umutekano hakaba haravuyemo umusaruro ushimishije.
Heka Francois w’imyaka 32 na Habiyaremye Rudomoro w’imyaka 26 bazwi nk’abakuriye itsinda ry’abantu bacucura abaturage utwabo baje kurema isoko rya Gakenke bakoresheje umukino uzwi nka kazungunarara bari mu maboko ya Polisi kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa 08/02/2013
Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi yataye muri yombi abagabo batatu aribo Daniel Habumuremyi, Emmanuel Nshimiyimana na Jean Pierre Maniriho bakekwaho gutwara forode y’inzoga ya Chief Waragi.
Nyirandababonye Dative utuye mu mudugudu wa kabiri, akagari ka Gikatsa, umurenge wa Kisaro mu karere ka Rulindo, arasaba ubuyobozi kumufasha mu bibazo afitanye n’umugabo we kuko yamubwiye ko azamukubita agafuni, kandi ngo afite ikibazo cy’uko yazabikora.
Nyiramvuyekure Petronile wayoboraga akagari ka Gasheke, mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke afunzwe akurikiranyweho kunyereza amafaranga asaga miliyoni 1 yari yishyuwe imitungo yangijwe mu gihe cya Jenoside ariko we ntayashyikirize bene yo nyuma yo kuyishyuza.
Ubwo hizihizwaga umunsi wo kurwanya SIDA mu rwego rw’akarere ka Ngoma, tariki 06/02/2013, ibiyobyabwenge byashyizwe mu majwi mu ituma ubwandu bushya bwiyongera.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buramagana abakoresha ibikoresho bisakuza nk’indangururamajwi n’ibindi bikoresho by’umuziki, kuko nubwo buri wese yemerewe kwisanzura mu myidagaduro n’amakoraniro, agomba kubikora mu buryo bwubaha uburenganzira bw’abandi.
Abantu 12 bafungiye kuri stasiyo ya polisi mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza bakekwaho guhiga mu buryo bunyuranye n’amategeko muri pariki y’Akagera.
Nyiramagambo Petronile uri mu kigero cy’imyaka 55, utuye muri Mubona umurenge wa Muhoza, akarere ka Musanzwe, yagonzwe na moto mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 06/02/2013, ubwo yambukiranyaga umuhanda, ava guhaha.
Munyankumburwa Selemani w’imyaka 68, utuye mu mudugudu wa Kagina, akagari ka Kagina, umurenge wa Runda, yishwe n’inka y’umuturanyi we bari baragiranye mu gisambu, ajyanwa kwa muganga agezeyo ahita yitaba Imana.
Mukamudenge Fibronia utuye mu mudugudu wa Rutagara, akagali ka Cyabajwa, umurenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza avuga ko yaheze mu gihirahiro nyuma yo kugongerwa inzu ye n’imodoka y’ibitaro bya Kibungo.
Abasore babiri bo mu karere ka Karongi bafungiye kuri Station ya Polisi ya Kanjongo mu karere ka Nyamasheke bazira kwiyita abakozi b’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority) bagasoresha abaturage bo kuri Centre y’ubucuruzi ya Jarama mu murenge wa Gihombo tariki 02/02/2013.
Inkongi y’umuriro yatwitse inzu y’umuturage utuye mu kagari ka Gisovu, mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera tariki 05/02/2013 ngo yatewe na “Court Circuit” y’umuriro w’amashanyarazi wa EWSA.
Mu bice bitandukanye by’akarere ka Rusizi ubujura bw’insinga z’amashanyarazi bubangamiye benshi kuko hari abasubiye mu kizima atari ukubura amafaranga ahubwo ari uko baba bibwe insinga zigeza amashanyarazi ku mazu yabo.
Ubuyobozi bwa Polisi mu karere ka Rubavu bwatangiye guhamagarira abafite moto zimaze igihe zifungiwe kuri Polisi kuza kuzireba kuko izirengeje amezi 6 zigiye gushyikirizwa inkiko zigatezwa cyamunara.
Abaturage batuye mu tugari twa Rwikiniro mu Murenge wa Rwimbogo na Kabeza mu Murenge wa Kabarore mu karere ka Gatsibo bahangayikishijwe n’abajura ba nijoro batobora amazu bakiba imitungo yabo.
Ubuyobozi bwa Police n’ubw’akarere ka Karongi burasaba abafatanyabikorwa b’akarere kubahiriza gahunda yo gutanga ku gihe raporo z’umutekano kuko kutabikora bigaragaza ko abantu batazi agaciro k’umutekano.
Umwana w’imyaka itanu witwa Niyitanga Steven wo mu mudugudu wa Nyange, akagari ka , umurenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi yafashwe n’insinga z’amashanyarazi ku mugoroba wo kuwa 03/02/2012 ahita yitaba Imana.
Manirareba Simon uri mu kigero cy’imyaka 20 y’amavuko yagwiriwe n’ikirombe mu ijoro rishyira tariki 03/02/2013 ubwo yacukuraga amabuye mu buryo butemewe ahita ajyanwa kuvurizwa ku kigo nderabuzima cya Rutsiro.
Bugingobwimana Theogene utuye mu mudugudu wa Kavumu, akagali ka Karwasa, umurenge wa Gacaca mu karere ka Musanze, yahitanye umugore we mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 04/02/2013 ahita atoroka.
Abantu babiri bitabye Imana, abandi barakomereka mu mpanuka zirindwi zabereye mu turere dutandukanye tw’igihugu mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 03/02/2013.
Sohaib Nkweno, utuye mu Murenge wa Cyanzarwe, Akarere ka Rubavu yatawe muri yombi na polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali i Nyabugogo imusanganye udupfunyika 1500 tw’urumogi yari ajyanye mu Mujyi wa Kigali.
Abantu biganjemo insoresore n’abandi birirwa ku muhanda wa kaburimbo Muhanga-Ngororero cyane cyane mu gice kiri mu karere ka Ngororero bamaze iminsi bakora ubujura bwo gushikuza abagenzi ibyo bafite mu ntoki cyane cyane ku bagenzi bari mu mudoka.
Bucyanayandi na Jean Baptiste Nkurunziza bafungiye kuri station ya polisi Kicukiro mu mujyi wa Kigali bakurikiranweho ubujura bwa moto yibiwe kuri stade y’akarere ka Muhanga mu Ntara y’amajyepfo tariki 23/01/2013.
Umugore witwa Uwimana Faraziya utuye mu murenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare ari mu maboko ya Polisi akekwaho kuroga umuhungu yari abereye mu kase wapfuye umwaka ushize, ndetse n’umukecuru Donatila Mukakabera ubu wivuza.
Hategekimana Faustin w’imyaka 44 utuye mu kagali ka Gataba mu Murenge wa Rusasa, Akarere ka Gakenke, tariki 01/02/2013 yambitswe anikorezwa ibigori byibwe n’abagore be babiri.