Musanze: Yabonetse mu mugezi yashizemo umwuka

Umugore witwa Mukandutiye Drocella uri mu kigero cy’imyaka 50 yabonetse mu mugezi wa Rwebeye mu murenge wa Cyuve akarere ka Musanze yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 14/03/2013.

Munyanziza Atanaila avuga ko ubwo yarimo ahinga hafi y’umugezi wa Rwebeya, yaje kwerekwa n’umugore witambukiraga ko hari umuntu uryamye mu mugezi, amaze kureba asanga ni umugore kandi yashizemo umwuka.

Abaturage benshi bari bahuruye ngo baze kureba ibyaraye bibaye.
Abaturage benshi bari bahuruye ngo baze kureba ibyaraye bibaye.

Bivugwa ko Mukandutiye yaba yatwawe n’amazi y’umugezi ubwo yaturukaga mu isoko. Abamuheruka, bavuga ko ejo ku mugoroba yari yagiye ku gasantere kwinywera, bagatekereza ko nyuma atashye aribwo umugezi waje kumutwara, dore ko hariho imvura nyinshi ku buryo amazi yari yazamutse cyane.

Mukandutiye, asize abana batandatu, akaba yari atuye mu kagali ka Kabeza, umurenge wa Nyange mu karere ka Musanze, akaba yari umuhinzi kazi w’umupfakazi. Umurambo we wahise ujyanwa mu bitaro bya Ruhengeri ngo bemeza icyamuhitanye.

Muri uyu mugezi niho umurambo wabonetse.
Muri uyu mugezi niho umurambo wabonetse.

Hakizamungu Fillo, ushinzwe ubuzima no kurengera abatishoboye mu murenge wa Nyange, avuga ko abaturage bagomba kwitondera kwegera imigezi igihe imvura iri kugwa, bitewe n’uko bashobora gutwara n’amazi.

Avuga kandi ko bagiye guhuza abaturage, bakabaha ubu butumwa, kuburyo hatazagira abandi baturage bahasiga ubuzima kandi hari uburyo bwo kubyirinda.

Jean Noel Mugabo

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka