Imvura nyinshi yaguye muri uku kwezi kwa mata 2013 mu karere ka Nyabihu yatumye abana babiri bicwa n’umugezi wa Kanama, umugezi wa Nyamukongoro wasenye amazu 8 ndetse andi 17 urayangiza,wangiza hegitari 5 z’ibirayi n’ibigori, ndetse wangiza ikiraro cyo ku muhanda wa kaburimbo Mukamira-Ngororero.
Umugabo utuye mu kagari ka Gasare umurenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango yatakaje amafaranga ibihumbi 500 yatwawe n’umusozi waridutse tariki ya 19/04/2013 urimuka ugera ku burebure bwa kilometero imwe n’igice.
Protegene Siborurema utuye mu murenge wa Mbuye akarere ka Ruhango, afungiye kuri Polisi ya Ruhango guhera tariki 26/04/2013 nyuma yo gufatwa atetse kanyanga ndetse anafite gerenade yo Totase.
Mu nama umuyobozi wa Polisi mu karere ka Nyanza yagiranye n’abamotari bakorera mu gice cy’umujyi w’ako karere tariki 26/04/2013 yasabye abamotari kuyifasha mu kurwanya bamwe muri bo bitwara nabi muri ako kazi.
Abajura binjiye mu biro bivunja byitwa Izere by’uwitwa Semanywa Sylvain biri ku mupaka wa Cyanika, mu karere ka Burera, maze bamwiba Amashilingi y’Amagande miliyoni 13 n’ibihumbi 105 n’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 988.
Imvura idasanzwe ivanze n’umuyaga yaguye ku mugoroba wo kuwa gatatu tariki 24/04/2013 yangije ibikorwa birimo amazu agera kuri 50 mu mirenge itandukanye igize akarere ka Musanze.
Abagabo babiri bakekwaho kwiba moto yo mu bwoko bwa AG100 y’uwitwa Twagirimama Vedaste ukomoka mu karere ka Karongi, bafatiwe ahitwa kuri Duwani, mu kagari ka Bibungo, umurenge wa Nyamiyaga; ho mu karere Kamonyi mu rukerera rwa tariki 24/04/2013.
Hafi ya buri munsi, nibura umuturarwanda ahitanwa n’impanuka yo mu muhanda, ibintu bibabaje kandi bikwiye guhagarara, bikaba bisaba uruhare rwa buri wese mu barebwa n’iki kibazo; nk’uko bitangazwa na Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda.
Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyamasheke yateranye tariki 24/04/2013 yongeye gukaza ingamba zo kubungabunga umutekano ku byambu by’Ikiyaga cya Kivu bikunze gukoreshwa n’abaturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bahahira muri aka karere.
Mu marembo y’amacumbi y’ikigo cyakira abashyitsi Sainfop mu karere ka Musanze hatoraguwe umurambo w’uruhinja watangiye kwangirika, bigaragara ko yapfuye nyina akimara kumwibaruka.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Rwoga, Rurangwa Theotime mu murenge wa Kabagari akarere ka Ruhango, afunganywe n’umwungirije Mbabazi Emile ndetse na Seneza Valens umukuru w’umudugudu wa Gitwa bakekwaho kubaza no gutwika amashyamba ya Leta.
Imibare itangwa n’akarere ka Gakenke igaragaraza ko kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2013, ibitaro n’ibigo nderabuzima byo muri ako karere byakiriye abakobwa n’abagore 41 basambanyijwe ku gahato.
Kuva kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR) yashingwa mu mwaka wa 1963, ngo ni ubwa mbere umunyeshuri wayo yishe umubyeyi we; nk’uko bitangazwa na Kalisa Egide, umuyobozi w’umuryango rusange w’abanyeshuri biga muri NUR.
Kuri sitatiyo ya Polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye abagabo 4 barimo n’umwarimu wo mu ishuri ribanza rya Nyabaguma mu murenge wa Shyara mu karere ka Bugesera, bakekwaho kwiba impombo z’amazi za EWSA ariko zitagikoreshwa.
Ahagana saa yine za mugitondo, kuri uyu wa kabiri tariki 23/04/2013, mu Karere ka Gakenke, Umurenge wa Gashenyi, Akagali ka Nyacyina mu mudugudu wa Mukira, umuturage yataburuye igisasu cyo mu bwoko bwa grenade n’amasasu 40.
Nikuze Cancilde w’imyaka 36 ukomoka mu Mudugudu wa Gicaca Akagari ka Nyakibungo, Umurenge wa Gishubi Akarere ka Gisagara ari mu maboko ya polisi akekwaho kwica umugabo we Murwanashyaka Evariste bakundaga kwita Cyaramye.
Umugore w’umugabo witwa Gapasi Etienne utuye mu murenge wa Nkungu yafashe icyemezo cyo kwisubirira iwabo kubera uyu mugebo we adasiba gufatwa yibye.
Polisi imaze guta muri yombi abantu batanu bakwekwaho urupfu rwa Rurangwa Alexandre wishwe tariki 17/04/2013 mu murenge wa Byumba akagari ka Gisuna, umudugudu wa Gatare bamuteye ibuye muri mu mutwe (muri nyiramivumbi).
Elie Niyonzima uvuga ko akomoka mu Murenge wa Nemba, Akarere ka Burera yatawe muri yombi n’abashinzwe umutekano tariki 21/04/2013 bamusanganye litiro 10 za kanyanga .
Mukambabazi Clementine w’imyaka 28 afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke akurikiranweho icyaha cyo kwihekura, uruhinja akarushyingura mu mibyare y’insina yarangiza akarenzaho ifumbire y’imborera.
Abantu bataramenyekana bateye gerenade mu rugo rwa Karangwa utuye mu kagali ka Muzingira mu murenge wa Mutendeli akarere ka Ngoma, ntawapfuye ariko babiri bakomeretse bajyanwa mu bitaro bikuru bya Kibungo.
Abagabo babiri bo mu karere ka Nyamasheke, umwe wo mu murenge wa Macuba n’undi wo mu murenge wa Karambi bafungiye kuri Station ya Police ya Kanjongo muri aka karere nyuma y’uko bakoze urugomo, buri wese mu murenge we agakomeretsa umuntu.
Jeannette Ntakirutimana w’imyaka 20 na Françoise Kabanyana w’imyaka 21 y’amavuko bafatiwe mu murenge wa Sake mu karere ka Ngoma tariki 21/04/2013 bafite ibiro 14 by’urumogi bagiye kubishakira isoko.
Béatrice Nyiragahinda w’imyaka 47 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kayove mu karere ka Rutsiro, akurikiranyweho kwica umugabo we witwa Rwubakubone Yohani uri mu kigero cy’imyaka 70 y’amavuko amukubise umuhini w’isekuru.
Abaturage batuye mu murenge wa Kinazi akarere ka Ruhango batewe n’ikiza umusozi ufite uburebure bwa kirometero imwe n’igice urariduka uridukana amazu ndatse wangiza n’imirima tariki 19/04/2013.
Donat Kubwayo w’imyaka 25 utuye mu murenge wa Nkomane mu karere ka Nyamagabe, yishe nyina umubyara witwa Anasitaziya Mukabaruta w’imyaka 63, akoresheje akuma bakatisha ubwatsi bw’amatungo bita Najero, ku mugoroba wo kuwa Gatanu tariki ya 19/04/2013.
Olivier Rebero yarokotse impanuka y’imodoka na moto yabaye ku mu mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 19/04/2013, ku bw’amahirwe ntiyapfa ariko ipantaro yari yambaye ihinduka uburere yangirika n’igice cy’ukuguru kumwe.
Anathalie Nyirabikari w’imyaka 67, wari utuye umudugudu wa Nyabitare, akagari ka Gitare ho mu murenge wa Nyarubaka, bamusanze mu nzu amaze iminsi yicishijwe ibyuma. Abantu batanu bakaba bakekwaho kuba ari bo bamwishe.
Nyakirori Emmanuel w’imyaka 41, afungiye kuri station ya Polisi Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 19/04/2013 akekwaho ubujura bwo kwiba moto abanje gusinziriza abazitwara.
Mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi, abantu 20 bo mu Ntara y’Amajyepfo bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside ishingiye mu buryo bw’imvugo zisesereza abayirokotse.