Ibyo byatangajwe na Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau, ku wa Mbere tariki 30 Gicurasi 2022, ari kumwe n’abandi baminisitiri batandukanye, bari imbere y’imbaga y’abaharanira ko habaho igenzura rikomeye ku bijyanye n’imbunda.
Inyeshyamba za M23 zo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zavuye mu duce tw’icyaro zaherukaga kwigarurira mu mirwano yazishyamiranyije n’ingabo za Leta mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kurwanya indwara muri Nigeria (NCDC), cyatangaje ko habonetse abarwayi b’icyorezo cya Monkeypox 21 mu bice 9 by’igihugu, n’umuntu umwe wapfuye yishwe n’iyo ndwara muri Mutarama 2022.
Ku itariki 29 Gicurasi 2022, Umuyobozi w’Igisirikare cya Sudani, Abdel Fattah al-Burhan, yakuyeho ibihe bidasanzwe (state of emergency), byari byashyizweho mu mwaka ushize wa 2021, nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi (coup d’état), bikozwe n’igisirikare.
Abakuru b’ibihugu by’u Budage n’u Bufaransa, Olaf Scholz na Emmanuel Macron, bavuga ko bashimishijwe n’ikiganiro bagiranye na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, ku wa Gatandatu, aho basaba ihagarikwa ry’intambara byihuse muri Ukraine n’ibiganiro by’amahoro.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Gicurasi 2022, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane, Vincent Biruta, yahagarariye Perezida Paul Kagame mu nama idasanzwe ya 15 y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).
Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA), zatangaje ko zigiye guha Ukraine imbunda zirasa ibisasu kugera mu bilometero bibarirwa mu magana, bishobora kugera rwagati mu Burusiya birasiwe muri Ukraine, nk’uko byatangajwe n’Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters.
Mu nama y’Ihuriro ry’Ubukungu ku Isi (WEF) irimo kubera i Davos, kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Gicurasi 2022, ni bwo Ikigo cy’Abanyamerika Pfizer cyatangaje iyo gahunda izafasha ibihugu 45 bikennye, ndetse n’ibikiri mu nzira y’Amajyambere kujya bibona iyo miti ku giciro gihendutse.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente uri i Accra muri Ghana, aho yahagariye Perezida Kagame mu nama ya 57 ya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, yatangiye tariki 23 ikazageza tariki 27 Gicurasi 2022, yagaragaje akamaro k’Ikigega nzahurabukungu.
Perezida Paul Kagame, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Gicurasi 2022, i Davos mu Busuwisi, yayoboye inama yahuje abayobozi muri Afurika ndetse n’inshuti zayo, yavugaga ku Isoko rusange rya Afurika n’uruhare rwaryo mu kwihutisha iterambere ry’uwo mugabane.
Iminsi itanu irihiritse imirwano idasiba hagati y’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), n’inyeshyamba za M23 yongeye kubura, ikaba yongereye ubukana.
Igihugu cya Zimbabwe kirimo gusaba uburenganzira bwo kugurisha amahembe y’inzovu gifite mu bubiko bwacyo, afite agaciro k’abarirwa muri miliyoni 600 z’Amadolari ya Amerika.
Kuva kuri wa Mbere tariki 16 Gicurasi 2022 i Moscou mu Burusiya, hateraniye Inama y’Umuryango witwa Collective Security Treaty Organization (CSTO) ukaba utavuga rumwe na OTAN ya Amerika n’u Burayi.
Ku Cyumweru tariki 15 Gicurasi 2022, Inteko Ishinga Amategeko ya Somalia yatoye Hassan Sheikh Mohamud, nka Perezida mushya w’icyo gihugu, akaba asimbuye uwakiyoboraga, Mohamed Abdullahi Mohamed.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta, ari mu ruzinduko rw’akazi mu Bwami bwa Arabiya Sawudite, kuri iki cyumweru tariki 15 Gicurasi 2022, akaba yakiriwe na mugenzi we, Faisal Bin Farhan Al Saud, ndetse bagirana ibiganiro.
Mu kiganiro cyagarutse ku buzima bw’igihugu ndetse no ku mubano w’u Burundi n’amahanga harimo n’u Rwanda, Perezida Evariste Ndayishimiye yavuze ko hari gukorwa ibishoboka ngo ibintu byongere kuba byiza hagati y’u Rwanda n’u Burundi, kuko ngo nta rwango rwaba hagati y’ibihugu byombi bituranyi.
Leta y’u Burusiya yatangaje ko izihorera ikarasa ku bihugu bya Finlande na Suède, mu gihe byaba bibaye abanyamuryango b’Ishyirahamwe rirwanyiriza umwanzi hamwe (OTAN), rihuriweho na Leta zunze Ubumwe za Amerika n’u Burayi.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13 Gicurasi 2022, Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Repubulika ya Mozambike (IGP), Bernardino Rafael hamwe n’umuyobozi w’Akarere ka Macomia, Tomas Badae, basuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu gace ka Chai, bazishimira mu izina ry’Umukuru w’icyo gihugu, uruhare rwazo mu kukigaruramo amahoro.
Ababyeyi bo muri Leta ya Uttarakhand mu majyaruguru y’u Buhinde bareze umuhungu wabo umwe wenyine bafite, kubera ko atarabaha umwuzukuru nyuma y’imyaka itandatu ashatse umugore.
Ku wa Kane tariki 12 Gicurasi 2022, nibwo Abanyarwanda baba muri Polonye ndetse n’inshuti z’u Rwanda bahuriye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho Umurinzi w’Igihango, Padiri Stanislaw Urbaniak warokoye Abatutsi yashimiwe mu ruhame.
Abagabo batatu bo muri Malawi, buri wese muri bo Urukiko rukuru rwamukatiye igifungo cy’imyaka 155, kubera kwica umugabo wari ufite ubumuga bw’uruhu.
Leta ya Koreya ya Ruguru yatangaje ko kuva muri Mata igihugu cyadutswemo na Coronavirus yihinduranyije izwi ku izina rya BA.2 bwa mbere kuva aho icyorezo cya Covid-19 cyadukiye mu bihugu byose byo ku isi, mu ntangiriro z’umwaka wa 2020.
Icyambu cya Odesa muri Ukraine cyarashweho ibisasu bya misile n’Ingabo z’u Burusiya, hapfa umuntu umwe hakomereka batanu ubwo ibisasu byagwaga mu gace k’ubucuruzi no ku bubiko bw’ibiribwa.
Mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Brazil, habonetse umuntu ukuze cyane kuruta abandi ku Isi, hasigaye ukwezi ngo yuzuze imyaka 122.
Urukiko rukuru rwa Guinea rwatangaje ko Alpha Condé wahoze ari Perezida w’icyo gihugu, n’abandi bari abayobozi 30 bahoze muri Leta ye, bagiye gukurikiranwa ku byaha bakekwaho.
Ambasaderi Marie Chantal Rwakazina, yashyikirije Perezida wa Autriche, Alexander Van del Bellen, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Ku wa Gatandatu tariki 30 Mata 2022, Guverineri w’Intara ya Cabo Delgado, Valige Tauabo, yasuye Ingabo z’u Rwanda ku biro by’ubuyobozi biri mu karere ka Chai.
Mu gihe Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelenskyy yatangaje ko Ingabo z’icyo gihugu zirimo gukiza amaragara yazo, Umuryango OTAN n’ibitwaro biremereye wasatiriye umupaka w’u Burusiya wose aho witegura kurasana na bwo.
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yahagarariye Perezida Kagame, mu muhango wo gushyingura uwahoze ari Perezida wa Kenya, Mwai Kibaki, umuhango wabaye ku wa Gatanu tariki 29 Mata 2022.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Mata 2022, Ambasaderi w’u Rwanda mu gihugu cy’u Bwongereza, Johnston Busingye, yashyikirije nyiricyubahiro Umwamikazi Elizabeth II, impapuro zimwemerera guhagararira inyungu z’u Rwanda muri icyo gihugu.