Ingoro ya Buckingham Palace yatangaje ko Umwamikazi w’u Bwongereza, Elizabeth II w’imyaka 95 yanduye Covid-19.
Umwe mu Banyarwandakazi batuye mu gihugu cy’u Bwongereza, Sherrie Silver, yubakiwe ikumbano mu Mujyi wa London ateze amaboko nk’urimo kubyina, mu buryo Abanyarwanda babyina bateze amaboko.
Intumwa ziyobowe na Inspector General Reonardo Mathe, Umuyobozi mukuru ushinzwe ubutasi muri Mozambique (IGISS), yasuye icyicaro cy’Ingabo z’u Rwanda i Mocimboa da Praia, mu ntara ya Cabo Delgado.
Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) na Afurika, kuva ku wa Kane tariki 17 kugeza tariki 18 Gashyantare 2022, bahuriye mu nama isanzwe ihuza iyi migabane yombi yari ibaye ku nshuro ya gatandatu, mu rwego rwo kurushaho gushimangira umubano n’ubufatanye bw’ahazaza .
Ku wa Gatanu tariki 18 Gashyantare 2022, Guverinoma ya Mali yasabye u Bufaransa gukura Ingabo zabwo muri icyo gihugu bidatinze, kandi icyo gikorwa kigahagarikirwa n’abategetsi ba Mali.
Ku kibuga cy’indege cya Zanzibar hatangijwe uburyo bushya bwo gusuzuma Covid-19, aho abagenzi bose bashyikira kuri iki kibuga mpuzamahanga cyitiriwe Abeid Amani Karume, basuzumwa iyo virusi hifashishijwe scanner, aho gukoresha uburyo busanzwe bumenyerewe bwa Rapid test cyangwa PCR.
Perezida Paul Kagame uri mu bakuru b’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye Inama ya gatandatu, ihuza Afurika n’u Burayi irimo kubera i Buruseli mu Bubiligi, kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Gashyantare 2022, yayoboye Inama yo ku rwego rwo hejuru yiga ku by’ubuzima n’ikorwa ry’inkingo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yabitangarije mu nama ya gatandatu ihuza Afurika n’u Burayi, yatangiye kuri uyu wa Kane tariki 17 Gashyantare 2022, yahurije hamwe Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma, ikaba irimo kubera i Buruseli mu Bubiligi.
Mu gihe Inama ya 35 y’Inteko rusange ya Afurika yunze Ubumwe (AU) yemeje ko 2022 ari umwaka wo kwita ku kibazo cyo kwihaza mu biribwa, mu mpera z’icyumweru gishize, Loni yatanze impuruza ko inzara ikomeje guca ibintu mu ihembe rya Afurika, aho nibura abantu miliyoni 13 bamerewe nabi.
Perezida w’igihugu cya Algeria, Abdelmadjid Tebboune, yatangaje ko Guverinoma igiye kuzashyiraho uburyo bwo gutunga abashomeri ibagenera umushahara, mu gihe igihugu kikiri guhangana n’ikibazo cy’ibura ry’akazi.
Kuri uyu wa Kane tariki 17 Kugeza tariki 18 Gashyantare 2022, i Buruseli mu Bubiligi hateganyijwe kubera inama ya gatandatu ihuza Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi (EU) na Afurika (AU), ikazahuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma ba Afurika n’u Burayi, mu rwego rwo kwigira hamwe iby’ingezi byihutirwa ku bufatanye (...)
Leta ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yatangaje ko yakuyeho gahunda yo guhagarika ingendo za nijoro yari yarashyizweho mu kwezi k’Ukuboza 2020, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.
Luc Montagnier, umuhanga mu bya virusi w’Umufaransa wemejwe ko yagize uruhare mu kuvumbura virusi itera SIDA (HIV), yapfuye afite imyaka 89.
Ibyo bikubiye mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umuyobozi mukuru w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Tedros Adhanom Ghebreyesus.
Abahitanywe n’inkubi y’umuyaga yiswe Batsirai ivanze n’imvura nyinshi, biyongereye bagera kuri 92 muri Madagascar.
Mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 08 Gashyantare 2022, nibwo hashyizwe ahagaragara itangazo riturutse muri Minisiteri y’Ingabo ya Uganda, rivuga ko Perezida Museveni akaba n’Umugaba mukuru w’Ikirenga w’Ingabo, yagize Major General Abel Kandiho, umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Polisi ya Uganda. Yari aherutse kumukura ku (...)
Ubushinjacyaha bwa Gisirikare muri Burkina Faso kuri uyu wa kabiri tariki 08 gashyantare 2022, rwasabiye igifungo cy’imyaka 30 uwahoze ari Perezida w’icyo gihugu, Blaise Compaoré.
Elizabeth II ni Umwamikazi wa kabiri w’Ubwami bw’u Bwongereza (United Kingdom), bugizwe n’ibihugu bine: England, Scotland, Wales na Northern Ireland.
Abantu bagera kuri 20 bapfuye mu gihe ababarirwa mu bihumbi 55 bakuwe mu byabo n’inkubi y’umuyaga yiswe Batsirai, ivanze n’imvura nyinshi mu burasirazuba bwa Madagascar, nk’uko abayobozi babitangaje.
Ku Cyumweru tariki 06 Gashyantare 2022, ubwo hasozwaga ku mugaragaro inama ya 35 y’Inteko ya Afurika yunze Ubumwe y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma, yateraniye ku cyicaro gikuru cya AU i Addis Ababa muri Ethiopia, yafatiwemo icyemezo cyo gusubika guha Isiraheli umwanya wo kuba indorerezi muri AU.
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 5 Gashyantare 2022, yahagurutse vuba na bwangu ava i Addis-Abeba aho yari yitabiriye inama ya 35 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), asubira mu gihugu cye kubera umwuka mubi wahavugwaga.
Umwana w’umuhungu w’imyaka itanu wo muri Maroc wari waheze mu kinogo (umwobo) cy’iriba akamaramo iminsi ine yakuwemo yapfuye, n’ubwo hakozwe ibikorwa birimo kwigengesera kwinshi byo kugerageza kumurokora.
Abakuru b’ibihugu na Guverinoma bateraniye mu nama ya 35 y’Inteko ya Afurika yunze Ubumwe (AU), batoye Macky Sall, Perezida wa Senegal, nk’Umuyobozi mushya wa Afurika yunze Ubumwe mu mwaka wa 2022. Ni mu muhango wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 5 Gashyantare 2022, ku cyicaro gikuru cya AU i Addis Abeba muri Ethiopia.
Abakora ibikorwa by’ubutabazi muri Maroc bagerageza kugera ku mwana w’umuhungu w’imyaka itanu, Rayan, waguye mu kinogo (umwobo) cy’iriba kirekire mu majyaruguru y’icyo gihugu, barimo kwinjira mu byiciro bya nyuma by’iki gikorwa.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa by’Umuryango w’Abibumbye byo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, zibarizwa mu Ntara ya Ekwatoriya y’Iburasirazuba, zikomeje gukora ibikorwa byo gufasha abaturage kurwanya imirire mibi ikabije mu bana.
Afrigen Biologics, uruganda rukora imiti rwo muri Afurika y’Epfo, ku wa Kane tariki 3 Gashyantare 2022, rwatangaje ko rwakoze urukingo rwa mbere rwa Covid-19 rwo mu bwoko bwa mRNA, bakaba bifashishije amwe mu makuru y’urukingo rwa Moderna.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yatangaje ko umuyobozi wa Islamic State, Abu Ibrahim al-Hashimi al-Qurayshi yitabye Imana nyuma yo kugabwaho igitero n’Ingabo zidasanzwe za Amerika, aho gufatwa ari mu zima akiturikirizaho igisasu.
Muri Guinea Bissau, ku wa Gatatu tariki 2 Gashyantare 2022, hatangiye iperereza rigamije kumenya abari inyuma y’umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Umaro Sissoco Embalo, warokotse igitero cyahitanye abantu 11, nk’uko Leta y’icyo gihugu giherereye muri Afurika y’Iburengerazuba abivuga.
Abakobwa babyariye iwabo muri Tanzania basubiye mu ishuri n’abana babo, nyuma y’aho hashyizweho itegeko rishya risimbura iryari risanzwe, ryabuzaga abakobwa batwaye inda zitifujwe gukomeza kwiga.
Leta ya Mali yafashe icyemezo cyo kwirukana ambasaderi w’u Bufaransa i Bamako, bitarenze amasaha 72, nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Mbere tariki 02 Mutarama 2022.