KARONGI: Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yateye inkunga ya miliyoni 1,6 impfubyi za Jenoside
Mu gihe bizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango RPF-Inkotanyi umaze ubayeho, abanyamuryango bayo bafatanya ibyo byishimo banagaragaza mu ma murikagurisha ibikorwa bagezeho, kugira ngo bibe ikimenyetso cy’uko bayobowe neza.
Lit. Gen. Fred Ibingira, uyobora umutwe w’Inkeragutabara, yahumurije abatuye akarere ka Ngororero ko umutekano urinzwe, asaba abaturage kugira uruhare rwo kuwubungabuga bamenya uwinjiye, uwasohotse, bubahiriza gahunda z’amarondo, batanga amakuru vuba kandi ku gihe no kurwanya ibihuha.
Imvura y’urubura ivanze n’umuyaga mwinshi yaguye kuwa kuwa Kane w’iki cyumweru mu murenge wa Kabarore, mu karere ka Gatsibo, yasize yangije imyaka y’abaturage ku ubuso bungana na hegitari enye bibaviramo igihombo.
Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana, Uwimana Nehemie, arasaba abaturage b’ako karere kudaterwa impungenge n’ibikorwa by’ubwiyahuzi bya FDLR kuko nta bushobozi na buke ifite bwo guhungabanya umutekano rusange w’igihugu.
Abakorerabushake 32 bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bitwa Peace Corps barahiriye kuba mu cyaro cy’u Rwanda mu gihe cy’imyaka ibiri, bakora akazi ko kwigisha mu mashuri yisumbuye, nyuma yo kumara amezi atatu mu karere ka Kamonyi bigana imibereho y’abaturage bakennye.
Urubyiruko rw’u Rwanda rwasabwe kubera urugero urubyiruko rwo muri Afurika mu kurwanya ruswa cyane ko u Rwanda rukomeje kuba intangarugero kuri uyu mugabane no ku isi mu kuyirwanya.
Ubucamanza bwo mu Bufaransa bwemeje ko umugore wa Yuvenali Habyarimana wahoze ari Perezida w’u Rwanda ahabwa uburenganzira bwo gutura mu Bufaransa.
Plate Forme ya Sosiyete Sivile y’u Rwanda isanga icyemezo u Bwongereza bwafashe cyo guhagarika inkunga bwageneraga u Rwanda buyicishije mu ngengo y’imali kibangamiye ubuzima n’imibereho by’Abanyarwanda bakennye yari ifitiye akamaro.
Urubyiruko ruri mu itorero ry’igihugu ryo ku rugerero mu karere ka Rutsiro rurasabwa kwirinda amacakubiri ndetse no gukunda igihugu, bamagana abagisebya, barangwa n’imyitwarire myiza kugira ngo bazigirire akamaro, bakagirire n’igihugu cyabo.
Abanyagicumbi batuye ahacukurwa amabuye n’imicanga, mu bishanga, ku manga ndetse no kumanegeka y’inzira cyangwa hejuru ku musozi (ahitwa high risk zones) bakomeje kubarurwa mu mirenge yose igize akarere ka Gicumbi ngo bashakirwe aho bimurirwa heza.
Abaturage batarimuka mu gice cya Kimicanga cyegereye ku gishanga mu karere ka Gasabo, kivuga ko ahamaze gusenywa haruguru yabo, ngo imvura iyo iguye bahura n’ingorane zikomeye cyane.
Ndagijimana Thomas (Sadiki) ufite ubumuga bw’ingingo avuga ko yahisemo kuba umuhanzi w’indirimbo kugira ngo yumvikanishe akababaro k’abantu bafite ubumuga.
Mu ruzinduko umuvunyi mukuru Aloysie Cyanzayire yagiriye mu karere ka Kamonyi, tariki 06/12/2012, yasabye abaturage kugira uruhare mu gukumira ruswa n’akarengane kandi bagatunga urutoki ahavugwa ruswa hose.
Inzego z’umutekano mu gihugu cy’Ubudage zataye muri yombi Abadage 3 bashinjwa kwamamaza, gukora ubuvugizi no gushakira abayoboke umutwe wa FDLR ugizwe ahanini n’abantu basize bakoze Jenoside mu Rwanda mu 1994.
Umugaba w’Inkeragutabara (Reserve Forces) atangaza ko u Rwanda ntawe rusaba imbabazi cyangwa uburenganzira bwo kurinda umutekano warwo kuko Abanyarwanda bafite uburenganzira bwo kubaho neza.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, abinyujije ku rubuga rwa Twitter yatangaje ko urupfu rwa Minisitiri Inyumba Aloysia ari igihombo gikomeye ku muryango wa FPR-Inkotanyi no ku gihugu muri rusange kuko yari umuyobozi mwiza.
Kasigasi Jackson wari utwaye ikomyo yo mu bwoko bwa rukururana avuye i Kigali yerekeza i Ngozi mu gihugu cy’u Burundi yahagaze gato imbere y’akarere ka Bugesera imodoka ihita yibirandura kuri uyu wa kane tariki 06/12/2012.
Ubwo yatangizaga ku mugaragaro itorero ry’intore z’urubyiruko rw’abanyeshuli bo mu karere ka Nyanza, tariki 6/12/2012, umuyobozi wa Task Force ishinzwe itorero ry’igihugu mu Rwanda, Rucagu Boniface yatangaje ko ibyo rimaze kugeraho biri ku rugero rushimijshije.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burasaba abayobozi b’amadini atandukanye akorera muri ako karere kwigisha abayoboke babo ijambo ry’Imana ariko bakanabigisha icyabakura mu bukene kuko aka karere kakigaragara mu turere dukennye.
Rukundo Vevullice ufite ipeti rya Major wabarizwaga mu mutwe wa FDLR yafashe icyemezo cyo kugaruka mu gihugu cye ngo kubera ko FDLR uri kugenda urushaho gusenyagurika kandi nta cyerekezo ifite.
Abagize ihuriro ry’abafite ubumuga « Ubumwe Community Center » batanze ibikoresho by’isuku ku mpunzi z’Abanyecongo 130 ziri mu nkambi ya Nkamira mu karere ka Rubavu zakuwe mu byabo n’intambara ibera mu burasirazuba bwa Congo.
Muri rusange abantu babona ko ikibazo cya ruswa mu Rwanda kigenda kigabanuka; nk’uko bigaragara mu mibare mishya Transperency International Rwanda yashyize ahagaragara ibigaragaza.
Uwungirije Minisitiri w’umutekano mu gihugu cya Guinea Equatorial, Juan Antonio Nchuchuma, yasuye ibikorwa by’intangarugero bya Polisi y’u Rwanda bituma igera aho yoherezwa mu butumwa bw’amahoro mu gucunga umutekano.
Abahagarariye umutwe wa M23 n’abayobozi ba Leta ya Kongo-Kinshasa biteganyijwe ko kuri uyu wa 06/12/2012 bagera i Kampala kugira ngo ibiganiro by’amahoro bitangire; nk’uko Jean-Marie Runiga ukuriye ishami rya politiki muri M23 yabitangarije ibiro ntaramakuru by’Abafaransa (AFP).
Bamwe mu Banyarwanda bitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro ibarizwa mu mashyamba ya Kongo bari mu mahugurwa y’imisi ine yibanda ahanini kuri gahunda za Leta n’uburyo bwo kwiteza imbere.
Akarere ka Gisagara katangirijwemo icyumweru nyafurika cyo kurwanya ruswa n’akarengane kashimiwe ko kaje imbere mu marushanwa atandukanye yateguwe muri urwo rwego ariko kandi abagatuye bashishikarizwa kongera imbaraga mu kurwanya ruswa kuko urugamba rugihari.
Inteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite, iratangaza ko umwanya yatorewe wo kuyobora Ihuriro ry’inteko zishinga amategeko z’ibihugu by’Afurika (APU), mu gihe cy’imyaka ibiri (2013-2014), izawukoresha mu kugaragaza isura nziza y’igihugu mu ruhando mpuzamahanga.
Umuyobozi w’akarere ka Burera aratangaza ko abaturage bazajya bamugezaho ibibazo ngo abikemure badafite ikaye yanditsemo ibyo bibazo atazajya abakira mu rwego rwo guca ingeso yo gusimbuka inzego.
Ambasaderi w’Ubuholandi mu Rwanda, Madame Leoni Margarita Cuelenaere, tariki 04/12/2012, yasuye ikigo cyakirirwamo abahoze ari abarwanyi i Mutobo, ngo asesengure ibivugwa n’impuguke za LONI ko abamaze guhabwa amasomo muri iki kigo boherezwa gufasha umutwe wa M23.