Ministre w’Umutekano, Sheikh Musa Fasil Harelimana, yasabye abatuye agace ka Rusizi gahana imbibe na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, gusabana n’abaturanyi bagenzi babo b’Abanyekongo no kwita ku mutekano.
Ubuyobozi bwa M23 bukomeje gutsimbarara ku cyemezo cyabwo cyo kuva mu mujyi wa GOma no kuwusubiza Leta ya Kinshasa, nyuma y’aho inama yahuje abakuru b’ibihugu bigize Inama Mpuzamahanga y’Ibiyaga Bigali (ICGLR), yari yayisabye kuva I Goma mu minsi ibiri.
Perezida wa Sena, Dr. Jean Damscene Ntawukuriryayo, yasabye abaturage bo mu murenge wa Rwinkwavu kurinda ibiti, mu rwego rwo ku bungabunga ubuzima bwa bo n’ubw’ibidukikije muri rusange.
Abasirikare bane bambutse umupaka wa Rusizi baurutse muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo, bavuga ko bari barambiwe kuba mu mutwe wa FDLR udafite politiki ihamye ugenderaho.
Abayobozi bo mu karere ka Gisagara barasabwa kwegera abaturage bayobora, babasanze mu mirenge no mutugari, bakabafasha gukemura ibibazo bihari no kumva ibitekerezo byabo, cyane cyane muri gahunda z’imihigo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yabwiye abitabiriye umuganda wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 24/11/2012, i Masaka mu karere ka Kicukiro, ko batagomba gutegereza ko hari ibindi bikenewe kugira ngo bihaze muri byose, kuko n’Imana itakimanura ibyo kurya by’ubuntu.
Kwishyura imitungo yangijwe muri Jenoside ntibigora ubikora iyo afite ubushake bwo kwishyura, nk’uko bivugwa na Jean Bosco Kambanda, umwe mu bangije imitungo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Guverineri w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwali, aributsa abayobozi ko bagomba gutura aho bayobora, utabishoboye akareka ababishoboye bagakora. Yemeza ko ari mu rwego rwo kugira ngo bakurikirane ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo intara yiyemeje.
Imiryango igera ku 162 yo mu murenge wa Muganza, akarere ka Rusizi, yashikirijwe inkunga y’ibiryo, yiganjemo ibigori, amavuta yo guteka n’ibishyimbo, nyuma y’uko ako gace kibasiwe n’ibiza biherutse kuba, byasize byangije ibintu by’abaturage abandi bakahasiga ubuzima.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yongeye gutangaza ko nta ruhare u Rwanda rufite mu guteza umutekano muke mu karere, kandi ko ari ko Umunyamabanga wa Leta mushya, Amb. Eugene-Richard Gasana, usanzwe uhagarariye u Rwanda mu muryango w’abibumbye (UN), asabwa kujya kuvuga.
Byibura abaperezida 10 bategerejwe guhurira i Kampala muri Uganda tariki 24/11/2012 ngo baganire ku butabazi bwihuse bakorera abaturage ba Congo bugarijwe n’intambara ingabo z’icyo gihugu FARDC zirwana n’umutwe wiyise M23.
Mu mujyi wa Goma hamwe n’ahandi hafashwe n’ingabo z’umutwe wa M23 abaturage barimo kwizezwa umutekano, bagasabwa gusubira mu mirimo yabo. Mu nama yahuje ubuyobozi bwa M23 n’abayobozi b’ibitangazamakuru tariki 22/11/2012 bijejwe imikoranire myiza.
Abasirikare baturuka mu bihugu bitandatu bya Afrika, bahuriye mu kigo cy’amahoro cy’ u Rwanda, (Rwanda Peace Academy) i Nyakinama mu karere ka Musanze, kugira ngo bahugurwe ku bijyanye no kurinda abasivire mu bihe by’intambara cyane cyane abana bakoreshwa mu mirimo y’igisirikare.
Uhagarariye Ingabo mu karere ka Gicumbi, Major Ndayizeye Egide, yakanguriye abaturage batuye ako karere kwirinda ibihuha muri ibi bihe by’intamabara iri kubera mu gihugu cya Kongo.
Abagore b’Abanyadarfur bashyikirijwe isoko bubakiwe n’ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Darfur (UNAMID). Umuhango wo gutaha iri soko riherereye mu gace kitwa Nertiti, tariki 20/11/2012.
Nubwo M23 yafashe igice cya Congo gihana imbibi n’u Rwanda, nta mikoranire Leta y’u Rwanda izagirana nayo ahubwo u Rwanda ruzakomeza kubahiriza imikoranire rufitanye na Leta ya Congo; nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni.
Ambasaderi Eugene Gasana Richard uhagarariye u Rwanda mu muryango w’Abibumbye yagizwe Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane.
Abaturage bo mu kagari ka Save mu murenge wa Ruharambuga wo mu karere ka Nyamasheke barishimira ko imiyoborere myiza irangajwe imbere na FPR-Inkotanyi yatumye babasha kubona amashuri n’ivuriro hafi yabo ndetse bakabasha kwikura mu bukene bashingiye ku bitekerezo by’uyu muryango.
Mu rwego rwo kwitegura amatora y’abadepite ateganijwe mu mwaka utaha wa 2013, intumwa za Komisiyo y’igihugu y’amatora kuri uyu wa 22/11/2012 zahuguye abahagarariye urubyiruko ku rwego rw’imirenge igize akarere ka Kirehe.
Ministiri w’u Bwongereza ushinzwe ububanyi n’amahanga na Commonwealth muri Afurika, Mark Simmonds, hamwe na Mark Lowcock, umunyamabanga uhoraho w’ikigega cy’iterambere mpuzamahanga (DFID), baje mu Rwanda kugaragariza Perezida Kagame ko bashyigikiye imyanzuro yafatiwe i Kampala ku kibazo cya M23.
U Rwanda rwakoze neza ryiyemeza rugahanga no gutsimbarara ku kwiregura ku birego amahanga arushinja ko gufasha umutwe urwanna na Leta ya Congo, nk’uko bitangazwa na Visi Peresida wa Sena y’u Rwanda, Senateri Bernard Makuza.
Nyuma yo gufata umujyi wa Goma taliki 20/11/2012 abari ingabo za Leta ya Congo n’abapolisi 3000 basabye gukorana n’ingabo za M23 kugira ngo bashobore gukuraho Leta ya Perezida Kabila.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane 22/11/2012, ku mupaka wa Rusizi ya mbere urujya n’uruza rw’abantu rwagabanutse kuko Abanyekongo batakiri kwambuka nkuko byari bisanzwe.
Mark Simmonds, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bwongereza ushinzwe ibibazo by’Afurika yatangiye uruzinduko mu gihugu cya Uganda akazakomereza mu Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu rwego rwo gushaka umuti w’intambara ya Kongo.
Perezida Joseph Kabange Kabila yemeye kugirana imishyikirano n’umutwe wa M23 nyuma y’amasaha 24, umutwe wa M23 ufashe Umujyi wa Goma nta mirwano ihambaye ibaye mu masaha ya mu gitondo tariki 20/11/2012.
Bamwe mu baturage batuye mu mujyi wa Goma baravuga ko stade y’umujyi wa Goma yuzuye abasirikare n’abapolisi ba Leta ya Congo banze guhunga bemera gukorana na M23.
Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR) yiyemeje guhugura abavugururamibereho (Social workers) mu kunoza akazi kabo, nyuma y’aho ubushakashatsi bakoze bwagaragaje ko bafite uruhare runini mu kurwanya ubukene no gufasha u Rwanda kugera ku ntego z’ikinyagihumbi.
Abanyamuryango ba FPR mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera baravuga ko ibyo yabagejejeho bibonwa n’abahizi n’abagenzi. Tariki 20/11/2012, utugari twa Kindama, Gikundamvura, Gatanga na Ruhuha twizihije isabukuru y’imyaka 25 Umuryango FPR-Inkotanyi umuze uvutse.
Minisiteri ishinzwe gucyura impunzi mu Rwanda (MIDMAR) hamwe n’umuryango w’abibumbye (UN), bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye, yo kurangiza ubuhunzi ku Banyarwanda barenga ibihumbi 70 bakiri hanze y’igihugu.
Umunyamabanga mukuru w’umutwe wa M23, Francois Tuyihimbaze Rucogoza, yatangaje ko ibikorwa byo gukurikira ingabo za Leta ya Congo bigiye gukomeza kugira ngo batagaruka guhohotera abaturage mu mujyi wa Goma no kubabuza umutekano.