Amatsinda ane y’abantu bagize inama y’umutekano itaguye mu karere ka Karongi, basuye imirenge ine (Murundi, Murambi, Gashari na Ruganda), bakorana inama n’abayobozi b’ibanze, babasaba kudaha icyuho ibihuha bivuga ko muri Karongi haba harinjiye abacengezi ba FDLR.
Umuryango w’Abibumbye wambitse Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo imidari y’ishimwe kuko zakoze akazi k’indashyikirwa mu kubungabunga amahoro ndetse zikarenzaho n’ibikorwa by’ubutabazi n’iterambere.
Abakirisitu Gatolika bo mu karere ka Burera batangaza ko umunsi mukuru wa Noheli bawufata nk’umunsi udasanzwe kuburyo bateganya ibyo bagomba guhemba umubyeyi Bikira Mariya uba wibarutse umwana Yezu.
Abinyujije ku rubuga rwa Twitter, Perezida Kagame yifurije abantu Noheli Nziza by’umwihariko abayimwifurije n’umuryango we, aboneraho kubifuriza n’umwaka mushya Muhire.
Ministeri y’ingabo (MINADEF) yashimye inkunga ingana na miriyoni eshatu z’amadolari y’Amerika, yatanzwe na Leta y’Ubuyapani mu kubaka ibikorwaremezo by’ishuri ryigisha kubungabunga amahoro (Rwanda Peace Academy) riri i Nyakinama mu karere ka Musanze.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 24/12/2012, inkambi ya Kigeme icumbikiwemo impunzi z’abanyekongo zahunze imirwano n’umutekano muke biri muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yakiriye indi miryango 34 igizwe n’abantu 135 baje baturuka mu nkambi y’agateganyo ya Nkamira.
Ku rwego rw’akarere ka Nyanza hagiye kubakwa urwibutso rwa jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 ruzatwara amafaranga arenga miliyoni 169; nk’uko byemejwe mu nama yabaye tariki 24/12/2012.
Abakaporari babiri: Ntezimana Emmanuel na Ntawumenyiryayo; n’umu sordant umwe bitandukanyije n’umutwe wa FDLR bageze mu nkambi ya Nyagatare mu karere ka Rusizi ku mugoroba wa tariki 21/12/2012.
Abadiventiste b’intara ya Mudende mu karere ka Rubavu bageneye abagororwa bo muri gereza ya Rubavu toni ebyiri z’ibirayi. Iki gikorwa cyashimwe n’ubuyobozi bwa gereza ya Rubavu kuko byungura byinshi mu mibereho y’imfungwa n’abagororwa.
Umunyecongo witwa Munyarutete Auguste yahungiye mu Rwanda taliki 23/12/2012 yarashwe ku kaboko ubu akaba avurirwa mu bitaro bya Gisenyi.
Ikiraro cyo ku mugezi wa Rukarara giherereye mu Kagari ka Nyabisindu mu murenge wa Kaduha gihuza imirenge ya Mbazi na Kaduha cyari kimaze umwaka cyarangiritse bikabije, cyongeye kuba nyabagendwa nyuma yo gusanwa.
Maniraho Bernard utuye mu murenge wa Musha mu karere ka Gisagara arishimira ko itariki ya 21/12/2012 yaramusize amahoro kandi byaravugwaka ko isi izaba yarangiye.
Rutarindwa Joseph Desire uyobora akagari ka Kinyanzovu, umurenge wa Cyanzarwe mu karere ka Rubavu arahamagarira abaturage gusezerana imbere y’amategeko no kuboneza urubyaro kuko byagaragaye ko iyo bidakozwe byongera amakimbirane mu miryango.
Abakirisito b’Itorero rya ADEPR bo muri Paruwase ya Rwesero mu karere ka Nyamasheke, ku cyumweru, tariki 23/12/2012 batashye urusengero rwuzuye rutwaye amafaranga asaga miliyoni 289.
Umukecuru witwa Mukaruhana Herena utuye mu mudugudu wa Gakenyeri B mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, yari yivuganye umwuzukuru we arera bapfuye ko yaramennye umuceli bahawe mu mushinga nk’igaburo ry’iminsi mikuru ya Noheri n’ubunani bw’umwaka wa 2013.
Abatuye umurenge wa Kibirizi akagari ka Muyira ho mu karere ka Gisagara bongeye gushishikarizwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa mu ngo, nyuma y’aho bigaragariye ko ari inzitizi ku bikorwa byinshi mu buzima bw’umuryango ndetse n’iterambere muri rusange.
Abafite ubumuga bo mu karere ka Gakenke bari guhugurwa ku gikorwa cy’amatora y’abadepie bazahagararira abaturage mu nteko ishingamategeko, giteganyijwe umwaka utaha wa 2013. Komisiyo y’amatora ikemeza ko abafite ubumuga nabo bafite uruhare muri iki gikorwa.
Abafite ubumuga bo mu karere ka Rubavu bavuga bashima komisiyo y’amatora ku biganiro ibagenera bya Demokarasi no kubakangurura uruhare rwabo mu matora yo mu nzira ya demokarasi.
Itsinda ry’abanyeshuri barangiye muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR) barihiwe n’Ikigega gishinzwe gutera inkunga abacitse ku icumu rya Jenoside, bashimye uburyo iki kigega cyabaereye umuryango mushya kikabitaho nyuma y’uko benshi muri bo bari barasigaye ari imfubyi.
Abacungagereza barasabwa kurangwa n’imyitwarire myiza kugira ngo babashe gucunga neza umutekano wa za gereza. Babisabwe na Komiseri mukuru wa RCS ubwo yasuraga 2012 Gereza ya Gicumbi iherereye mu murenge wa Miyove, kuri uyu wa Gatanu tariki 21/12/2012.
Abakozi b’ikigo cya Walfram Mining and Processing Company (WMP) gicukura amabuye y’agaciro i Rwinkwavu mu karere ka Kayonza, bavuga ko hari byinshi bamaze kugeraho nyuma y’aho ubuyobozi bw’icyo kigo bushyiriye imbaraga mu kunoza imibereho y’abagikoramo.
Bamwe mu bahahira n’abacururiza mu isoko rya Kamembe mu Karere ka Rusizi bavugako imyiteguro y’iminsi mikuru isoza kandi ikanatangira umwaka, idashyushye nk’uko bisanzwe kubera ibura ry’amafaranga kubahaha n’ubwo ibiciro by’ibicruzwa byagabanutse.
Abashinzwe iby’imitangire ya serivisi mu karere ka Nyanza bemeranyije ko bagiye gukora ibishoboka byose bagacyemura ikibazo cy’imitangire ya serivisi itanoze, nk’uko babihurijemo mu nama yabahuje kuri uyu wa Gatanu tatiki 21/12/2012.
Akabyiniro kazwi ku izina rya Orion Club ko mu mujyi wa Muhanga kafashwe n’inkongi y’umuriro muri iri joro rya tariki 21/12/2012. Icyateye iyo nkongi y’umuriro ntikiramenyekana.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye mu biro bye itsinda ry’abanyeshuri 22 biga muri Kaminuza ya Stanford yo muri Reta zunze ubumwe z’Amerika, baje kureba uko Abanyarwanda, cyane cyane abatuye mu cyaro babayeho, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abdul Kazungu w’imyaka 20 niwe wegukanye imodoka ya kabiri muri enye zihatanirwa muri muri tombola ya SHARAMA ya kabiri, yateguwe na MTN muri iki gihe cy’iminsi mikuru.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ari ku rutonde rw’abantu 51 bigaragaje ku buryo budasanzwe mu mwaka wa 2012; nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru The Time Magazine.
Inama njyanama y’akarere ka Nyamagabe yateranye tariki 16/12/2012 yemeje ko abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge ine mu mirenge 17 igize ako karere bahindurirwa imirenge bayoboraga.
Ishyaka The Communist Party of China (CPC) ryo mu Bushinwa ryiyemeje ubufatanye n’umuryango FPR-Inkotanyi, hagamijwe kunoza ibirebana n’inshingano zabo.