Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, John Rwangombwa, arasaba uturere twakoresheje abaturage mu kubaka amashuri y’imyaka 9 na 12 ntitubishyure, ko twabishyura mbere y’uko batangira ibindi bikorwa.
Abasirikari b’Abanyarwanda ba batayo ya 33, basanzwe babarizwa muri batayo ya 71 y’abarwanira ku butaka mu ngabo z’u Rwanda (RDF) bari mu butumwa bw’amahoro muri Darfur, bahawe imidari y’ishimwe nyuma yo kumara amezi arindwi muri ubu butumwa.
Nyuma y’uko akarere ka Muhanga kamaze igihe gito gashyize amatara ku mihanda mu rwego rwo kongera umutekano mu mujyi wako, kuri ubu aya matara yanze kwaka kuko EWASA yabuze umuriro uhagije.
Urubyiruko ruri mu itorero ry’igihugu mu karere ka Kamonyi, ruremeza ko kuba umubare munini w’abakoresha ibiyobyabwenge wiganjemo urubyiruko, bizaborohera kubegera babakangurira ububi bw’ibiyobyabwenge kuko babibonamo nka bagenzi ba bo.
Abakongomani bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda muri kivu y’Amajyepfo bamerewe nabi n’abagenzi babo aho bababuza kujya iwabo bavuye mu ngendo, kuva kuwa Kabiri w’iki Cyumweru tariki 12/12/2012.
Amafaranga aturuka ku migabane igurwa n’abantu mu bigo bitandukanye, ubwiteganyirize n’ubwishingizi by’igihe kirekire, ndetse n’umusanzu w’ikigega Agaciro Development Fund ari byo bizashingirwaho mu kunganira gahunda z’iterambere ry’igihugu.
Abenshi mu miryango 200 yasezeranye mu murenge wa Bweyeye, mu Karere ka Rusizi tariki 14/12/2012 bemeza ko bitabiriye gusezerana kubera ko bemerewe gusezerana ku buntu nyuma y’igihe kinini babana bitemewe n’amategeko.
Minisitiri w’Intebe w’igihugu cya Burkina Fasso, Luc-Adolphe Tiao, aravuga ko ibigwi bya Perezida Paul Kagame uyobora u Rwanda ari indashyikirwa, ndetse u Rwanda na Afurika nzima bikaba bikwiye kwishimira ko bifite umuyobozi nka Paul Kagame.
Umusanzu umaze gutangwa mu kigega Agaciro Development Fund ungana na miliyari 25 na miliyoni 677, harimo miliyoni 2 n’ibihumbi 100 yatanzwe binyuze mu butumwa bugufi 4200 bwoherejwe kuri telefoni zigendanwa.
Guverinoma y’u Rwanda ifatanyije n’ikigo VISA International bari gutegura uburyo bw’ikoranabuhanga bukomeye buzafasha Abanyarwanda kujya bahaha bakishyurana, bakanahembwa kandi badakoze ku mafaranga mu ntoki zabo.
I Kigali hasojwe amahugurwa y’iminsi itatu, yateguwe n’umuryango wa Gikirisitu, World Relief, yagi ahuriyemo abana 27 baturutse mu bihugu bigize akarere ka Afurika y’Uburasirazuba, bigishwaga kwirinda amacakubiri ashingiye ku miterere y’umuntu.
Minisitiri ushinzwe Imari n’Igenamigambi, John Rwangombwa, arahamagarira abatuye mu Rwanda kwitabira gahunda yo gutura mu mudugudu kandi bakayikunda kuko ifitiye buri wese akamaro kandi ikaba itazasubira inyuma.
Abanyarwanda baba muri Amerika ya Ruguru bandikiye Perezida wa Amerika, Barack Obama, bamusaba gukoresha ubushobozi afite igihugu cya Congo-Kinshasa kikagarukamo amahoro n’ituze.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko iterambere ry’igihugu ribangamiwe n’abanyamahanga bakora za raporo ziteza umubano mubi hagati y’u Rwanda n’amahanga, ku buryo abona ko aribo bakwiye gukoreshwa inama z’umushyikirano nyinshi.
Kaporali Bakundukize na soldat Kwizera bahoze muri FDLR bakaba baratahutse mu Rwanda tariki 12/12/2012 bemeza ko uwo mutwe nta basirikare ugifite kuko abenshi bamaze gucika kubera kurambirwa amashyamba batuyemo.
Tariki 12/12/2012 Abadage basuye akarere ka Rulindo bishimira ko inkunga batanga igera ku bo iba yagenewe kuko kari mu turere tw’icyaro biyemeje kuzamura tugere ku iterambere.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, aravuga ko amaraporo amaze iminsi ashinja u Rwanda guteza ibibazo muri Kongo ari amatakirangoyi yahimbahimbwe n’abananiwe gucyemura ibibazo bya Kongo kandi barabiherewe akayabo k’amafaranga n’abasirikari ibihumbi byinshi.
Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Br Gen Joseph Nzabamwita, yavuze ko abasore 38 Leta ya Congo yazanye mu Rwanda tariki 11/12/2012 ivuga ko ari Abanyarwanda bafatiwe ku rugamba irwana na M23 ari ibinyoma.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, arahamya ko mu byo azi kandi amenya nta munyamakuru cyangwa undi Munyarwanda wese ubuzwa kuvuga no kugaragaza icyo atekereza iyo agifite.
Uhagarariye ingabo z’u Rwanda mu Karere ka Rwamagana, Lt Col Mujuni, arahamagarira abatuye ako Karere ndetse n’ahandi mu Rwanda kutagira impungenge ko FDLR izigera ibabangamira kuko itazigera igira aho ifata ku butaka bw’u Rwanda.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi batuye Umudugudu wa Kamanga i Kigabiro muri Rwamagana bamaze kugurira ingo z’abakene 36 imifariso kandi biyemeje ko bazasoza uyu mwaka wa 2012 baratandukanye no kuryama ku misambi n’ibyatsi bita Nyakatsi yo ku buriri.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yashimangiye ko ikibazo cyo gusubiza impfubyi za Jenoside imitungo yabo kigomba kuba cyakemutse mu mezi abiri, nyuma y’uko Umukuru w’igihugu nawe yihanangirije abayobozi abasaba kwita kuri icyo kibazo.
Bamwe mu batuye umujyi w’akarere ka Muhanga baratangaza ko barambiwe no kuba mu mujyi utagira amazi kuko ngo ahora abura bikangana nk’aho batayagira.
Abaturage bo mu karere ka Muhanga bavuganye na Kigali Today barifuza ko inama y’umushyikirano izatangira tariki 13/12/2012 yaziga ku kibazo cy’amabanki atemera ingwate z’ubutaka n’amashyamba.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwali, arasaba abatuye iyi ntara kwihesha agaciro bahereye mu miryango yabo kuko ari yo shingiro y’umuryago nyarwanda wose.
Kuva tariki 10/12/2012 abatuye mu karere ka Kirehe na Ngoma nta muriro w’amashanayarazi bafite. Ikibazo ngo cyatewe n’insinga z’amashanyarazi zaregutse ahitwa i Kabare mu karere ka Ngoma; nk’uko bitangazwa na EWSA.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arakangurira abaturage bo mu mirenge ya Janja na Cyabingo mu Karere ka Gakenke kwicungira umutekano, bakora amarondo kandi bakurikirana abantu batazi bahita mu mirenge.
Mu muhango wo gutangiza umushinga USAID Gimbuka, mu karere ka Kamonyi tariki 11/12/2012, Guverineri Alphonse Munyentwari yashimiye Caritas Rwanda uburyo idahwema gufasha abatishoboye, ariko kandi asaba abafashwa guharanira kwiyubaka.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwafashe izindi ngamba zo kurushaho guteza imbere isura nziza y’umujyi, aho buvuga ko ubu umuntu uzajya ufatwa ajugunya umwanda mu mujyi, azajya acibwa amande y’amafaranga ibihumbi 10.
Ikiraro kiri ku mugezi wa Rukarara gihuza umurenge wa Mbazi n’uwa Kaduha yo mu karere ka Nyamagabe cyari kimaze igihe kirenga umwaka cyarangiritse ku buryo imodoka zitari zikibasha kugendaho, ubu noneho ngo mu minsi mike kiraba cyongeye gukoreshwa.