Ubuyobozi bw’abagize ihuriro ry’abafatanyabikorwa b’umurenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu butangaza ko bugiye kugaragaza amahirwe yo gushora imari muri uyu murenge kuko ufite amahirwe menshi yo gukorerwamo ubucyerarugendo n’amahoteli.
Umuvugizi w’ingabo z’umuryango w’abibumbye zishinzwe kugarura amahoro muri Congo (MONUSCO) yanyomoje amakuru yatanganzwe n’umuvugizi w’imiryango itagengwa na Leta yo muri Congo wavuze ko ingabo za M23 zavuye mu duce zirimo zigasatira umujyi wa Goma zibifashijwemo n’ingabo z’u Rwanda.
Imiryango 48 yabanaga bitemewe n’amategeko hamwe n’abiteguraga kurushinga basezeranye imbere y’amategeko tariki 06/02/2013 mu kagari ka Cyanya mu murenge wa Kigarama ho mu karere ka Kirehe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu buvuga ko mu rwego rwo gushakira umutekano amakamyo ajyana ibicuruzwa muri Congo akunze gutinda ku mupaka bwashyizeho ahantu agomba kuruhukira nubwo hatajyanye n’igihe.
Ministiri w’Ubuholandi ushinzwe ubucuruzi bwo mu mahanga n’ubutwererane, Mme Liliane Ploumen, wasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda tariki 06/02/2013, yagiranye amasezerano y’ubufatanye na Ministeri y’ibikorwa remezo (MININFRA), yo guteza imbere ingendo z’indege z’Ubuholandi n’iz’u Rwanda.
Abagize ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere ka Burera (JADF Burera) basinyanye imihogo n’umuyobozi w’akarere ka Burera mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ako karere hibandwa ku guteza imbere ishoramari.
Itsinda ry’abanyeshuri biga mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nyakinama, tariki 05/02/2013, basuye akarere ka Ngoma mu rwego rwo gusobanukirwa imikorere y’inama njyanama y’akarere ndetse n’uruhare ikorana buhanga ryagize mu kugirango akarere kagere ku iterambere.
Bamwe mu bafatanyabikorwa mu kurwanya imirimo ikoreshwa abana bitabiriye inama ibera i Kigali kuva tariki 06/02/2013, bemeza ko imibereho mibi mu miryango ari yo ituma abana bata ishuri bakajya gukora imirimo y’ingufu.
Ubuyobozi bw’uturere twa Rutsiro na Karongi, tariki 05/02/2013, basuye ikiraro kiri ku mugezi wa Muregeya ugabanya utwi turere cyari kimaze gusenyuka mu rwego rwo kureba icyakorwa ndetse no gufata ingamba zo gukumira impanuka zaterwa n’icyo kiraro.
U Rwanda ruzakomeza gukorana n’igisilikare cy’u Buholandi mu guhanahana ubumenyi, nk’uko byemejwe, nyuma y’ibiganiro Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda, Gen. James Kabarebe yagiranye n’ushinzwe ibikorwa by’ingabo mu Buholandi, kuri uyu wa gatatu tariki 06/02/2013.
Kapiteni Mbarushimana Jean Damascene wo mu mutwe wa FDLR yatahutse mu Rwanda ku mugoroba wa tariki 05/02/2013 yinjiriye ku mupaka wa Rusizi ya mbere. Ngo yaje aturutse muri zone ya Mwenga kandi yaje atorotse.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo buratangaza ko bwishimira muri rusange ibikorwa by’iterambere bikomeje kugenda byiyongera muri aka karere, nyuma y’aho igishushanyo mbonera cy’akarere gishyiriwe ahagaragara.
Umusaza Bihigifuku wavutse mu 1921 akaba atuye mu Kagari ka Munanira mu Murenge wa Rutare mu karere ka Gicumbi ari mu bantu ba mbere babashije gutunga imodoka mu Rwanda ku ngoma y’umwami Rudahigwa.
Minisitiri w’u Buholandi ushinzwe Ubucuruzi n’Ubutwererane, Liliane Ploumen, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki 05/02/2013, yageze mu Rwanda mu ruzinguko rw’iminsi ibiri, rugamije kuganira ku bijyanye n’ubutwererane n’ubufatanye buranga ibihugu byombi.
Nyuma y’ukwezi kumwe rwinjiye mu kanama gashinzwe umutekano ku isi mu muryango w’abibumbye, u Rwanda rwatangiye kumvikanisha ibitekerezo byarwo ndetse runasaba impinduka mu imikorere y’aka kanama.
Ntirenganya Ildephonse ubuna n’ubumaga, aravuga ko ashimishijwe cyane no kuba ubuyobozi bwarafashe icyemezo cyo kumusubiza ikarito ye bwari bwaramwambuye.
Ministeri y’ingabo (MINADEF) yashimiye uwari ambasaderi w’Ubuyapani, Kunio Hatanaka, washoje imirimo ye yari amazemo imyaka itatu mu Rwanda, akaba asize ishuri rikuru ryigishirizwamo gukemura amakimbirane (Rwanda Peace Academy) ryuzuye, ku nkunga ya Leta y’Ubuyapani.
Abantu bagera kuri 50 bahoze ari abakozi b’isosiyete China Road and Bridge Corporation bakoze mu kazi ko kubaka umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira bavuga ko bambuwe amafaranga bagiye bakatwa ku mishahara yabo nk’ingwate ijyanye n’akazi kabo.
Umubikira wo muri kominote y’abadiyakonese (communauté de Diaconesse de Rubengera) mu karere ka Karongi yafashe icyemezo kitoroshye cyo kujya mu ishyirahamwe ry’indaya kugira ngo abashe kuzigarura mu nzira nziza.
Mu misozi n’ibishanga bitandukanye byo mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Rutsiro, abana bato barimo abafite munsi y’imyaka 10 hamwe n’abagabo barimo abafite imyaka kugeza kuri 60, bacukura ijoro n’amanywa amabuye y’agaciro arimo gasegereti, colta na wolfram mu buryo butemewe n’amategeko.
Abaturage bo mu Murenge wa Rusasa, Akarere ka Gakenke bagaragaje ku buryo busanzwe ko bakunda Uwimana Emmanuel, umunyamakuru wa ORINFOR ukorera Radiyo y’Abaturage ya Musanze kubera ibiganiro abagezaho.
Mu karere ka Karongi batangiye gusiza ikibanza cy’ahazubakwa inzu y’urubyiruko y’ibyumba 25 izubakwa mu byiciro, icya mbere kikazatwara miliyoni 120FRW ku nkunga ya World Vision.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda yitabiriye inama y’umutekano yabereye Munich mu Budage (Munich Security Conference) taliki 01-03/02/2013 yatangaje ko ibihugu bikwiye kwishakamo ibisubizo by’ibibazo bifite aho gutegereza akanama gashinzwe umutekano ku isi.
Inzego zishinzwe itumanaho ziramara impungenge abaturarwanda ko kwiyandikaho simukadi (SIM card) za telefone, bitagamije gushyira abantu ku nkeke, ahubwo ngo bizafasha gucunga umutekano ukomeje guhungabanywa n’abantu bakoresha ikoranabunga, ndetse n’abashobora guhungabanya ubusugire bw’igihugu.
Radio Inteko yari isanzwe ari iy’Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda yashyikirijwe Ikigo cy’Igihugu gishinzwe itangazamakuru (ORINFOR). Ibijyanye n’icungamutungo byose bikazajya bigenwa n’iki kigo cya Leta cyari gisanzwe gifite andi maradiyo yakoreraga mu turere.
Nyuma y’ukugabanuka k’urujya n’uruza rw’abantu ku mupaka wa Rusizi I kubera gutinya intambara ya M23, ubu ubuhahirane hagati ya Rusizi na Bukavu bwariyongereye ariko Abanyekongo binubira ko igihugu cyabo gifunga umupaka kare.
Abakozi 20 bakorera urwego rw’umuryango w’abibumbuye rushinzwe kubungabunga amahoro muri Sudani y’Amajyepfo (UNMISS), bari mu Rwanda, kugirango bamenyerezwe uburyo bazacunga umutekano w’igihugu igihe umuryango w’Abibumbye waba urangije gahunda yawo muri icyo gihugu.
Abagore bo mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera bahuguwe ku bijyanye na tekiniki yo kubyaza umuriro imirasire y’izuba barahamagarira abandi bagore kutitinya kuko nabo bashobora kugira ubumenyi bwabateza imbere mu gihe babigizemo ubushake.
Ihuriro ry’amashyirahamwe y’abagore arwanya ihohoterwa (COCAFEM) rirasaba ko ibihugu bigize akarere k’ibiyaga bigari byakubahiriza amasezerano y’ingingo ya 19 yo mu itangazo ryashyiriweho umukono i Kampala tariki 15-16/12/2011.
Bamwe mu Banyarwanda batahutse bavuye mu mashyamba ya Congo batangaza ko bicuza impamvu bari baraheze muri congo aho ngo bahuye n’ubuzima bubi cyane ndetse bamwe ngo bakaba barabuze imiryango yabo.