Abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye bakoreye itorero mu karere ka Kirehe bafashije abana bane b’imfubyi zibana hamwe no kubakira umukecuru utishoboye.
Intore zo ku rugerero zo mu karere ka Nyamasheke zashoje Itorero zishimirwa imyitwarire myiza zagaragaje ndetse n’abariteguye bakaba barakoze ibyasabwaga kugira ngo bigende neza.
Urubyiruko Gaturika rwo muri paruwasi ya Crète Kongo Nil ruvuga ko gusenga gusa bidahagije ahubwo ko bijyana n’ibikorwa by’iterambere. Mu minsi itatu rwari rumaze mu ihuriro ngaruka mwaka ryarangiye tariki 16/12/2012 rwakoze uumuganda ufite agaciro k’amafaranga miliyoni.
Amasosiyete arenga 50 atwara abagenzi mu mujyi wa Kampala no hanze ya Uganda mu bihugu nka Kenya, u Burundi n’u Rwanda yahagaritse ingendo bitewe n’imyigaragambyo y’abatwara izo modoka bavuga ko Polisi ibahohotera ishyiraho amategeko akarishye.
Minisitiri w’Intebe wa Burkina Faso uri mu ruzinduko mu Rwanda, yashimye gahunda yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ku rugerero avuga ko ari imwe mu nzira zituma Abanyarwanda bose bafatanya mu guteza igihugu imbere.
Minisitiri w’Intebe wo mu gihugu cya Burkina Faso, Beyon Luc-Adolphe Tiao, yashimye ibitaro bya Butaro, biri mu karere ka Burera, ndetse n’imikorere yabyo ubwo yabisuraga kuri iki cyumweru tariki 16/12/2012.
Abasore n’inkumi bo mu Karere ka Rusizi barangije amashuri yisumbuye ubu bakaba bari mu Itorero baravuga ko iyi soko bayikuyemo byinshi byiza bizaba umusemburo w’impinduka nziza mu muryango nyarwanda.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Ngoma mu murenge wa Bushekeri, Hagenimana Valens, yahagaritswe ku mirimo ye kubera amakimbirane ashingiye ku gushinjanya amarozi yagiranye n’umugore we Furaha Petronile, utuye mu kagari ka Nyarusange muri uyu murenge wa Bushekeri.
Umwana w’umukobwa ufite imyaka 16 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, yanyweye ikigage kizwi ku izina ry’Umurahanyoni arasinda cyane, ata ubwenge hafi yo kwitaba Imana.
Abakiristu bo muri Paroisse ya Mushaka bahemukiwe n’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, tariki 15/12/2012, bahurijwe hamwe n’ababahemukiye bafungiye muri gereza nkuru ya Cyangugu mu rwego rwo gushimangira ubumwe n’ubwiyunge.
Marie Claire Mutegwaraba yituriye mu nzu isakaje amahema ariko hashize amezi ane yizejwe n’ubuyobozi bwa Banki ya y’abaturage ishami rya Nyagatare, bwari bwizeje ko mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa azaba yamaze kubakirwa inzu akava muyo yarimo.
Madame Jeannette Kagame wakiriye abana muri Village urugwiro, mu rwego rwo kubifuriza iminsi mikuru myiza isoza umwaka, yabasabye guteza imbere impano zitandukanye biyumvamo, kugira ngo bazibe icyuho cy’imirimo ya ngombwa ikenewe mu gihugu.
Urubyiruko rugera ku 180 rwasoje amasomo y’Itorero mu Karere ka Nyagatare, rwiyemeje kuba abatoza b’izindi ntore mu tugari no mu n’imidugudu yabo, nyuma y’itorero ryaberaga mu Murenge wa Matimba.
Abakora ubucuruzi buzwi ku ubucuruzi bw’agataro bashinjwa ko batita kwisuku y’ibyo bacuruza, cyane cyane ibihita ako kanya kuko ngo iyo bageze aho bacururiza babirambika aho babonye bitewe n’aho bahuriye n’umukiriya.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, John Rwangombwa, arasaba uturere twakoresheje abaturage mu kubaka amashuri y’imyaka 9 na 12 ntitubishyure, ko twabishyura mbere y’uko batangira ibindi bikorwa.
Abasirikari b’Abanyarwanda ba batayo ya 33, basanzwe babarizwa muri batayo ya 71 y’abarwanira ku butaka mu ngabo z’u Rwanda (RDF) bari mu butumwa bw’amahoro muri Darfur, bahawe imidari y’ishimwe nyuma yo kumara amezi arindwi muri ubu butumwa.
Nyuma y’uko akarere ka Muhanga kamaze igihe gito gashyize amatara ku mihanda mu rwego rwo kongera umutekano mu mujyi wako, kuri ubu aya matara yanze kwaka kuko EWASA yabuze umuriro uhagije.
Urubyiruko ruri mu itorero ry’igihugu mu karere ka Kamonyi, ruremeza ko kuba umubare munini w’abakoresha ibiyobyabwenge wiganjemo urubyiruko, bizaborohera kubegera babakangurira ububi bw’ibiyobyabwenge kuko babibonamo nka bagenzi ba bo.
Abakongomani bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda muri kivu y’Amajyepfo bamerewe nabi n’abagenzi babo aho bababuza kujya iwabo bavuye mu ngendo, kuva kuwa Kabiri w’iki Cyumweru tariki 12/12/2012.
Amafaranga aturuka ku migabane igurwa n’abantu mu bigo bitandukanye, ubwiteganyirize n’ubwishingizi by’igihe kirekire, ndetse n’umusanzu w’ikigega Agaciro Development Fund ari byo bizashingirwaho mu kunganira gahunda z’iterambere ry’igihugu.
Abenshi mu miryango 200 yasezeranye mu murenge wa Bweyeye, mu Karere ka Rusizi tariki 14/12/2012 bemeza ko bitabiriye gusezerana kubera ko bemerewe gusezerana ku buntu nyuma y’igihe kinini babana bitemewe n’amategeko.
Minisitiri w’Intebe w’igihugu cya Burkina Fasso, Luc-Adolphe Tiao, aravuga ko ibigwi bya Perezida Paul Kagame uyobora u Rwanda ari indashyikirwa, ndetse u Rwanda na Afurika nzima bikaba bikwiye kwishimira ko bifite umuyobozi nka Paul Kagame.
Umusanzu umaze gutangwa mu kigega Agaciro Development Fund ungana na miliyari 25 na miliyoni 677, harimo miliyoni 2 n’ibihumbi 100 yatanzwe binyuze mu butumwa bugufi 4200 bwoherejwe kuri telefoni zigendanwa.
Guverinoma y’u Rwanda ifatanyije n’ikigo VISA International bari gutegura uburyo bw’ikoranabuhanga bukomeye buzafasha Abanyarwanda kujya bahaha bakishyurana, bakanahembwa kandi badakoze ku mafaranga mu ntoki zabo.
I Kigali hasojwe amahugurwa y’iminsi itatu, yateguwe n’umuryango wa Gikirisitu, World Relief, yagi ahuriyemo abana 27 baturutse mu bihugu bigize akarere ka Afurika y’Uburasirazuba, bigishwaga kwirinda amacakubiri ashingiye ku miterere y’umuntu.
Minisitiri ushinzwe Imari n’Igenamigambi, John Rwangombwa, arahamagarira abatuye mu Rwanda kwitabira gahunda yo gutura mu mudugudu kandi bakayikunda kuko ifitiye buri wese akamaro kandi ikaba itazasubira inyuma.
Abanyarwanda baba muri Amerika ya Ruguru bandikiye Perezida wa Amerika, Barack Obama, bamusaba gukoresha ubushobozi afite igihugu cya Congo-Kinshasa kikagarukamo amahoro n’ituze.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko iterambere ry’igihugu ribangamiwe n’abanyamahanga bakora za raporo ziteza umubano mubi hagati y’u Rwanda n’amahanga, ku buryo abona ko aribo bakwiye gukoreshwa inama z’umushyikirano nyinshi.
Kaporali Bakundukize na soldat Kwizera bahoze muri FDLR bakaba baratahutse mu Rwanda tariki 12/12/2012 bemeza ko uwo mutwe nta basirikare ugifite kuko abenshi bamaze gucika kubera kurambirwa amashyamba batuyemo.
Tariki 12/12/2012 Abadage basuye akarere ka Rulindo bishimira ko inkunga batanga igera ku bo iba yagenewe kuko kari mu turere tw’icyaro biyemeje kuzamura tugere ku iterambere.