Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ishinzwe gucunga ibiza no gucyura impunzi, Antoine Ruvebana, atangaza ko imishyikirano ya Leta ya Congo n’umutwe wa M23 nigera ku mahoro u Rwanda ruzaruhuka kwakira impunzi zihahungira kubera ihohoterwa bakorerwa.
Perezida Kagame yamenyesheje abanyamuryango ba RPF ko mu myaka 25 umuryango umaze ushinzwe, wageze ku bikorwa by’ibanze bimeze nko gusiza ikibanza no kubaka umusingi w’iterambere, igisigaye akaba ari ukubyubakiraho.
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni waje mu Rwanda kwifatanya n’umuryango RPF-Inkotanyi kwizihiza isabukuru y’imyaka 25, yavuze ko RPF-Inkotanyi yashoboje Abanyarwanda kugenderana no guhahirana n’akarere, bitandukanye na Leta zayibanjirije avuga ko zigishaga urwango no kwironda.
Abahanga mu by’imiyoborere baturutse hirya no hino ku isi, bifatanyije n’umuryango RPF-Inkotanyi mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umaze ushinzwe, aho bavuze ko uyu muryango ari intangarugero muri Afurika mu kugira icyerekezo gihamye kiganisha ku iterambere.
Umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame, yongeye guhamya ko indangagaciro z’umuryango FPR-Inkotanyi zitigeze zihinduka, cyane cyane mu gihe bibaye ngombwa ko harengerwa uburenganzira bw’Abanyarwanda n’igihugu.
Ingamba zimaze gufatwa mu guharanira ko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda cyangwa n’ahandi ku isi ni nyinshi kandi zizanakomeza mu gihe biri ngombwa, nk’uko byatangajwe Ministiri w’intebe, mu nama mpuzamahanga yabereye i Kigali, kuri uyu wa kabiri tariki 18/12/2012.
Kuva tariki 16/12/2012, Abanyekongo 300 bavuga Ikinyarwanda bamaze kugera mu nkambi ya Nkamira iri mu karere ka Rubavu bahunga ibikorwa by’ihohoterwa bavuga ko bakorerwa n’ingabo za Leta ya congo.
Umuryango Francois Xavier Bagnoud (FXB) ugiye kujya wibanda ku bikorwa byo kurengera abana bakomoka mu miryango itishoboye yo mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza.
Perezida Paul Kagame aremeza ko ibizakorerwa ku nyubako nshya y’icyicaro cy’umuryango FPR-Inkotanyi kigiye kubakwa mu murenge wa Rusororo mu karere ka Gasabo, buri wese azaba abifiteho uruhare n’utari umunyamuryango wayo.
Abanyarwanda batuye mu mahanga barizeza Leta ko bagiye gushyira ingufu mu bikorwa bigamije iterambere ry’igihugu.
Kuba umusemburo w’impinduka nziza mu muryango nyarwanda ni bwo butumwa bwatanzwe ku banyeshuri basoje Itorero mu karere ka Nyagatare tariki 17/12/2012.
Umuyobozi w’akarere ka Karongi Kayumba Bernard arasaba urubyiruko kutazapfusha ubusa amahirwe rwagize yo gukurira mu bihe u Rwanda rufite ubuyobozi bwiza.
Umusaza witwa Tharcisse Kamamanzi utuye mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera ngo yibuka ko akiri umusore yanyweye inzoga, yita byeri (bière), yitwaga Rwanda-Burundi igura amafaranga 15.
Mu muhango wo gusoza Itorero ry’abanyeshuri mu karere ka Nyabihu tariki 17/12/2012, umuyobozi w’akarere wungirije ushinze ubukungu yabasabye gukoresha ibyo bize bakaba umusemburo w’iterambere aho batuye, mu karere n’igihugu muri rusange.
Igihugu cya Lesotho cyagaragaje ko gishishikajwe no kugirana umubano wihariye n’u Rwanda, cyohereza itsinda ry’abayobozi 15 bahagarariwe n’uwungirije Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu mu rugendoshuri, kubera icyo bise ibitangaza u Rwanda rukomeje kugeraho muri iki gihe.
Ahitwa ku Murindi wa Byumba mu karere Ka Gicumbi hagiye kubakwa inzu ndangamateka igaragaza amateka ingabo zari iza FPR zanyuzemo mu gihe cyo kubohoza u Rwanda kuva mu 1990 kugeza 1994.
Abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye bakoreye itorero mu karere ka Kirehe bafashije abana bane b’imfubyi zibana hamwe no kubakira umukecuru utishoboye.
Intore zo ku rugerero zo mu karere ka Nyamasheke zashoje Itorero zishimirwa imyitwarire myiza zagaragaje ndetse n’abariteguye bakaba barakoze ibyasabwaga kugira ngo bigende neza.
Urubyiruko Gaturika rwo muri paruwasi ya Crète Kongo Nil ruvuga ko gusenga gusa bidahagije ahubwo ko bijyana n’ibikorwa by’iterambere. Mu minsi itatu rwari rumaze mu ihuriro ngaruka mwaka ryarangiye tariki 16/12/2012 rwakoze uumuganda ufite agaciro k’amafaranga miliyoni.
Amasosiyete arenga 50 atwara abagenzi mu mujyi wa Kampala no hanze ya Uganda mu bihugu nka Kenya, u Burundi n’u Rwanda yahagaritse ingendo bitewe n’imyigaragambyo y’abatwara izo modoka bavuga ko Polisi ibahohotera ishyiraho amategeko akarishye.
Minisitiri w’Intebe wa Burkina Faso uri mu ruzinduko mu Rwanda, yashimye gahunda yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ku rugerero avuga ko ari imwe mu nzira zituma Abanyarwanda bose bafatanya mu guteza igihugu imbere.
Minisitiri w’Intebe wo mu gihugu cya Burkina Faso, Beyon Luc-Adolphe Tiao, yashimye ibitaro bya Butaro, biri mu karere ka Burera, ndetse n’imikorere yabyo ubwo yabisuraga kuri iki cyumweru tariki 16/12/2012.
Abasore n’inkumi bo mu Karere ka Rusizi barangije amashuri yisumbuye ubu bakaba bari mu Itorero baravuga ko iyi soko bayikuyemo byinshi byiza bizaba umusemburo w’impinduka nziza mu muryango nyarwanda.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Ngoma mu murenge wa Bushekeri, Hagenimana Valens, yahagaritswe ku mirimo ye kubera amakimbirane ashingiye ku gushinjanya amarozi yagiranye n’umugore we Furaha Petronile, utuye mu kagari ka Nyarusange muri uyu murenge wa Bushekeri.
Umwana w’umukobwa ufite imyaka 16 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, yanyweye ikigage kizwi ku izina ry’Umurahanyoni arasinda cyane, ata ubwenge hafi yo kwitaba Imana.
Abakiristu bo muri Paroisse ya Mushaka bahemukiwe n’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, tariki 15/12/2012, bahurijwe hamwe n’ababahemukiye bafungiye muri gereza nkuru ya Cyangugu mu rwego rwo gushimangira ubumwe n’ubwiyunge.
Marie Claire Mutegwaraba yituriye mu nzu isakaje amahema ariko hashize amezi ane yizejwe n’ubuyobozi bwa Banki ya y’abaturage ishami rya Nyagatare, bwari bwizeje ko mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa azaba yamaze kubakirwa inzu akava muyo yarimo.
Madame Jeannette Kagame wakiriye abana muri Village urugwiro, mu rwego rwo kubifuriza iminsi mikuru myiza isoza umwaka, yabasabye guteza imbere impano zitandukanye biyumvamo, kugira ngo bazibe icyuho cy’imirimo ya ngombwa ikenewe mu gihugu.
Urubyiruko rugera ku 180 rwasoje amasomo y’Itorero mu Karere ka Nyagatare, rwiyemeje kuba abatoza b’izindi ntore mu tugari no mu n’imidugudu yabo, nyuma y’itorero ryaberaga mu Murenge wa Matimba.
Abakora ubucuruzi buzwi ku ubucuruzi bw’agataro bashinjwa ko batita kwisuku y’ibyo bacuruza, cyane cyane ibihita ako kanya kuko ngo iyo bageze aho bacururiza babirambika aho babonye bitewe n’aho bahuriye n’umukiriya.