Kirehe-Barishimira ko isaburu ya FPR Inkotanyi igeze baramaze kubona amashanyaraziAbanyamuryango bo mu karere ka Kirehe bizihije umunsi mukuru w’umuryango FPR Inkotanyi ku rwego rw’akarere, kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012, bishimira byinshi bagezeho birimo kuba aka karere gafite iterambere ririmo amashanyarazi.
Akarere ka Nyamasheke kaza ku isonga mu Ntara y’iburengerazuba mu kugira abanyamuryango benshi ba FPR-Inkotanyi kandi bakora neza, nk’uko byemezwa na Komiseri Ushinzwe Imibereho myiza mu muryango wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’Intara y’Iburengerazuba, Madame Nirere Françoise.
Abikorera bo mu karere ka Nyamagabe bahisemo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe, berekana ibyo bagezeho babikesha uyu muryango, mu imurikabikorwa ry’iminsi ibiri ryatangiye kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012.
Guverineri w’Intara y’i Burasirazuba, Célestin Kabahizi, aratangaza ko ibura ry’umuriro rya hato na hato ryabangamiraga akazi muri iyo Ntara, rigiye kubonerwa igisubizo kirambye, nk’uko byagarutsweho mu nama y’umutekano yaguye y’Intara y’i Burengerazuba, kuwa Gatatu tariki 28/11/2012.
Abapolisi 450 boherejwe na leta ya Congo bamaze kugera mu bice bagomba Gukoraremo, nyuma y’uko ingabo n’abapolisi ba M23 bavuye mu mujyi wa Goma n’utundi duce bari bafashe nyuma ya taliki 20/11/2012.
Umunyamabanga Mukuru w’umuryango FPR-Inkotanyi, François Ngarambe, yasabye abanyamuryango ba FPR bo mu karere ka Karongi, gufata umwanya bakibuka intwari zose zitangiye u Rwanda none rukaba rutengamaye mu mahoro n’iterambere.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu karere ka Kayonza bizihije isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR Inkotanyi umaze ubayeho. Mu kwizihiza iyo sabukuru ku rwego rw’akarere ka Kayonza, abanyamuryango bamuritse ibyo bagezeho birimo gukemura ibibazo by’abaturage kubakira abatishoboye no kuboroza.
Abaturage bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera barasabwa kuvugisha ukuri batanga amakuru yose ajyanye n’ihohoterwa, kugira ngo ihohoterwa rishingiye ku gitsina ricike burundu.
Diyosezi ya Cyangugu na Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro birishimira uburyo bikomeje kwita ku gikorwa cyo guhuza abari bashyamiranye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, barimo abarokotse Jenoside n’imiryango y’abayigizemo uruhare.
Umusore uvuga ko akomoka mu Murenge wa Muhondo, akarere ka Gakenke bamufatanye amadolari y’impimbano 250, ubwo bamufataga bamukekaho kwiba ibikoresho byo mu rugo, kuri uyu wa Gatanu tariki 30/11/2012.
Ubuyobozi za SACCO burakangurirwa gutanga serivisi nziza ku banyamuryango, kwirinda kugendera ku marangamutima mu gutanga inguzanyo no gucunga amafaranga y’abanyamuryango neza.
abayobozi n’abikorera batuye mu murenge wa Murambi wo mu karere ka Karongi, biyemeje kuwuhindurira isura y’ubukene wari usanzwe uzwiho, bakawuteza imbere, nk’uko babyemereye mu mwiherero w’umunsi umwe wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 30/11/2012.
Abapolisi 278 nibo bageze mu mujyi wa Goma baturutse i Bukavu, baje gusimbura ingabo za M23 zigomba gusohoka muri uyu mujyi kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012, ku isaha ya saa Yine z’igitondo.
Abanyeshuri barangije umwaka wa 6 w’amashuri yisumbuye bo mu karere ka Nyagatare barasabwa kuzagerera ku gihe ku byicaro by’aho bazakorera itorero ry’igihugu.
Mu rwego rwo kurushaho gusobanurira Abanyarwanda b’ingeri zose ibyo ikora, tariki 05/12/2012, Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda izamurikira abaturage ibyo ikora.
Ubwo basozaga amahugurwa bari bamazemo icyumweru i Nyakinama, tariki 29/11/2012, abayitabiriye bavuze ko amasomo bahawe ku kurinda abana gushorwa mu ntambara no gufasha abashyizwe muri uwo murimo ari ingenzi kuko igihugu kidafite abana nta hazaza kiba gifite.
Inama yahuje ubuyobozi bwa M23 n’uyoboye ingabo z’ibihugu bigize akanama mpuzamahanga mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR) yemeje ko M23 izava mu mujyi wa Gomam tariki 01/12/2012 saa yine za mu gitondo.
Abanyarwanda bane bari bafashwe bunyago na FDLR kugira ngo itaraswa n’ingabo z’u Rwanda zari zayigose bashoboye kugaruka mu Rwanda.
Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Rusizi yateranye tariki 29/11/2012 byagaragaye ko nta muturage wo muri ako karere ukijya muri Congo akoresheje jeto nk’uko byari bisanzwe bigenda.
Mu gihe habura amasaha ngo umuryango wa FPR-Inkotanyi wizihize isabukuru y’imyaka 25 ku rwego rw’akarere ka Nyamasheke, ubuyobozi bwawo muri aka karere buratangaza ko ari byinshi byishimirwa byagezweho ku bw’uyu muryango.
Abakoresha bafite inshingano zo gutuma abo bakoresha bakunda akazi bakora, babaha ibyo babagomba, bakanabaha agaciro; nk’uko bitangazwa n’Umuryango ushinzwe Imicungire y’Abakozi mu Rwanda (RHRMO).
Inyubako igezweho y’ibiro by’akarere ka Bugesera izuzura itwaye amafaranga miliyari 1, miliyoni 50, ibihumbi 722 na 650, azava ku ngengo y’imari y’akarere ya 2012-2013.
Ministeri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) yatangije gahunda z’ubujyanama no gupima SIDA (VCT) buri munsi ku bigo by’urubyiruko biri mu gihugu. Iyo gahunda yatangiriye ku kigo cya Kimisagara mu mujyi wa Kigali tariki 29/11/2012.
Abaturage bo mu mujyi wa Goma batinye kujya ku kazi tariki 29/11/2012 kubera gutinya ingaruka bashobora guhura nazo nyuma y’uko M23 ivuye mu mujyi wa Goma, abandi bahitamo kwiyizira mu Rwanda ngo babanze barebe aho ibintu byerekera.
Kuri uyu wa kane tariki 29/11/2012, Minisitiri w’ingabo, Gen. James Kabarebe, yasuye akarere ka Rubavu aganira n’abaturage bahungabanyijwe n’imirwano yabaye hagati ya FDLR n’ingabo z’u Rwanda tariki 27/11/2012 mu mirenge ya Bugeshi na Cyanzarwe.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki 28/11/2012, abanyamakuru bakoze inkuru mu byiciro bitandukanye, bahawe ibihembo byo kubashimira ko bakoze inkuru zituma habaho iterambere ry’abaturage n’iry’igihugu muri rusange.
Abayobozi ba za serivisi zinyuranye zitangirwa mu karere ka Huye bakoze inama n’ ubuyobozi bw’ako karere tariki 28/11/2012, hagamijwe gufatira hamwe ingamba ku byakorwa kugira ngo hatongera kubaho abantu binubira serivisi bahabwa.
Hamwe na hamwe ngo byagaragaye ko iyo abaturage bakorewe ibintu usanga batabyitayeho bavuga ngo ni imfashanyo ntibagire uruhare mu kubibungabunga cyangwa kubisana iyo byangiritse.
Bamwe mu badepite bagize ihuriro ny’Afurika ry’inteko zishinga amategeko (APNAC) barashima aho u Rwanda n’Abanyarwanda bageze biteza imbere, babifashijwemo n’ubuyobozi bwiza bubacira umusingi bubakiraho.
Abantu 86% by’imbaga y’abitabiriye amatora yakoreshejwe n’ikinyamakuru The Guardian bifuje ko Ubwongereza butahagarika burundu inkunga bwateraga u Rwanda kuko iyo nkunga ihagaritswe byagira ingaruka mbi ku baturage rubanda ruciye bugufi mu Rwanda.