Amafoto utabonye y’umukino wahuje Rayon Sports na Sunrise

Umukino wahuje ikipe ya Rayon Sports n’ikipe ya Sunrise witabiriwe n’abafana benshi batandukanye ku mpande zombi.

Abafana ba Sunrise bari banitwaje ibyapa bigaragaza ko ngo biteguye gushyingura Rayon Sports
Abafana ba Sunrise bari banitwaje ibyapa bigaragaza ko ngo biteguye gushyingura Rayon Sports

Uyu mukino w’umunsi wa gatanu wa Shampiyona wabereye ku kibuga cy’ikipe ya Sunrise i Nyagatare ku itariki ya 19 Ugushyingo 2016.

Aya makipe yakinnye anganya amanota 10, yarangije umukino Rayon Sports itsinze Sunrise 1-0 cyatsinzwe na Kwizera Pierrot.

Abafana ba Rayon Sports bari babukereye n’aba Sunrise batuye mu karere ka Nyagatare bari baje kureba Rayon Sports, imwe mu makipe afite ibigwi mu Rwanda.

Mbere y’umukino aba bafana ba Sunrise bari batangaje ko biteguye gutsinda Rayon Sports n’ubwo bitashobotse.

Abafana na Rayon Sports bari banitwaje za Vubuzela
Abafana na Rayon Sports bari banitwaje za Vubuzela
Abafana bari bahari ari benshi mu mihanda ya Nyagatare
Abafana bari bahari ari benshi mu mihanda ya Nyagatare
Abafana ba Sunrise bibumbiye muri Fan Club bari babukereye bafana
Abafana ba Sunrise bibumbiye muri Fan Club bari babukereye bafana
Byari ibirori bikomeye
Byari ibirori bikomeye
Hari hanubatswe aho abanyacyubahiro bicara
Hari hanubatswe aho abanyacyubahiro bicara
Abafana ba rayon na bo bari benshi
Abafana ba rayon na bo bari benshi
Babyinaga badakuraho
Babyinaga badakuraho
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Niko se!!!
ariko genda gikundiro uri ikipe koko mwene ibi bikabyo bya sa Sunrise n’abanyanijeria nibyo bituma Gikundiro yongera abafana buri munsi.

uziko wagira ngo amakipe hose agité guhura na Rayon Sport aba agiye gutwara championnat baba bavuuuuze mbabazwa n’amagambo apfa ubusa

nawe se ikipe yose izanye umutoza mushya iyo bamubajije imihigo azanye agira ATI nzatsinda Rayon hhhhhh wagira ngo niyo yonyine ikina championnat pe

ese ya yindi itsindira i Kgl gusa yo ntirava iyo yagiye ra? hhhhh inkuru ziba zicicikana iyo yurira indege igiye ariko gutaha nta wumenya igihe izira wagira ngo iba ihungutse

Schadrack yanditse ku itariki ya: 27-11-2016  →  Musubize

Iyomisaraba ninayo ibatera umwaku! Ariko babona bambara amabara y’abapfuye bakumvako ari ugushyingura? Barababeshye Rayon ntabwo muri kurwego rumwe doreko mwumva izina Rayon mukavugishwa mugacika ururondogoro

Claude Y. yanditse ku itariki ya: 23-11-2016  →  Musubize

Erega burya abakurambere bari bazi ibintu bati:’’Urucira mukaso
rugatwara nyoko’’ Gusa ni bihangane igihe kiracyahari

rukiza yanditse ku itariki ya: 21-11-2016  →  Musubize

Eeee! Baje bitwaje umusaraba? Hahaha! Rayon Sport yababereye umusaraba koko!!!!

Emmanuel yanditse ku itariki ya: 21-11-2016  →  Musubize

Oooo Rayon

Majyambere francois yanditse ku itariki ya: 21-11-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka