Miss Mutesi Jolly yibukije urubyiruko ko rugomba kuzayoborwa n’Umutimanama mu matora ya Perezida wa Repubulika, rugahitamo umuyobozi ukwiye, kandi wifuriza ineza Abanyarwanda.
Ikipe y’igihugu Amavubi yazamutse umwanya umwe ku rutonde ngarukakwezi rw’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA.
Ikigo cya KLab cyatangiye kwigisha abana bari mu cyigero cy’imyaka itanu bari kwiga ikoranabuhanga ririmo gukora imbuga za internet.
Icyiciro cya mbere cy’umushinga w’amashanyarazi u Rwanda rwatewemo inkunga n’u Buyapani cyatwaye miliyoni 25 z’Amadorari ya Amerika, bikaba byaratumye umuriro wiyongera.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buhinzi n’ubworozi (RAB), cyatangaje ko ku bufatanye n’aborozi cyafashe ingamba zizashyirwa mu bikorwa vuba hagamijwe kongera umukamo.
Kuri uyu wa 20 Kamena 2017, Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC), yakiriye kandidatire ya Diane Rwigara wifuza kuba umukandida wigenga, mu matora ya Perezida wa Repubulika azaba muri Kanama 2017.
Ivuriro ryitwa Legacy Clinic nyuma y’amezi arindwi rifunguye imiryango, ryahawe igihembo mpuzamahanga, rishimirwa gutanga serivise nziza, zizewe kandi zihuse z’ubuvuzi, zikorwa hifashishijwe ibikoresho bigezweho.
Barafinda Sekikubo Fred, ni umwe mu Bakandida bifuza kuzahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, mu matora ateganijwe mu mu kwezi kwa Kanama 2017.
Kuri uyu wa 13 Kamena 2017, Dr Frank Habineza, ukuriye ishyaka Green Party, ritavuga rumwe na Leta y’u Rwanda, yatanze kandidatire ye ku mwanya wa Perezida wa Repuburika, mu matora y’umukuru w’igihugu azaba muri kanama 2017.
Kuri uyu wa 10 Kamena 2017, Imbuto Foundation yizihije imyaka 15 ishize irihirira amashuri abana bakomoka mu miryango itishoboye, kugira ngo abo bana batabuzwa uburenganzira bwo kwiga kandi bashoboye.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, yasabye urubyiruko gukora bagashyira imbere ubunyangamugayo, aho gushaka kwihutira gukira vuba bahereye ku byo batavunikiye.
Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuri uyu wa Kabiri, yemeje umushinga w’itegeko rigena ingengo y’imari ya Leta y’Umwaka 2017/2018.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yafashe mu mugongo u Bwongereza, nyuma y’igitero cy’ubwiyahuzi cyagabwe i Londres mu murwa mukuru w’icyo gihugu, kigahitana abantu umunani, kigakomeretsa 48.
Abanyamuryango ba FPR muri Gasabo batoye Perezida Paul Kagame kuzabahagararira mu matora ya Perezida, ariko ishyaka abagore bagaragaje mu kumwamamaza niryo ryihariye umuhango.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo yasabye abayobozi b’Afurika kudakumira ubwisanzure bw’abantu bambuka imipaka, bitwaje ko ari bo ntandaro y’umutekano mucye.
Ubushinjacyaha bukuru buratangaza ko ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Caporali Habarugira Jean Damascene wahoze mu ngabo z’igihugu, yamaze gutabwa muri yombi na Polisi y’igihugu.
Mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda habereye amatora y’abadepite icyenda bazahagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga amategeko ya Kane y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba(4th EALA).
Abakozi ba UAE Exchange ikigo mpuzazamahanga cy’imari gifite ishami mu Rwanda, basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali bunamira Abatusi basaga ibihumbi 250 bahashyinguye.
Karekezi Leandre wari watsinzwe mu matora yo kuyobora ishyirahamwe ry’umukino wa Volley Ball mu Rwanda (FRVB) yabaye ku wa 4 Gashyantare 2017, aratangaza ko yongeye kwiyamamariza kuyobora iri shyirahamwe.
Ikipe nshya y’umukino w’amagare y’Akarere ka Karongi izwi nka Vision Sports Center, ngo ije gususurutsa no gukura mu bwigunge Akarere ka Karongi katagiraga undi mukino uhabarizwa.
Inteko ishinga amategeko y’Umuryango wa Afurika y’u Burasirazuba (EALA) igiye gutangira gukoresha gahunda y’iya kure (Video Conference) mu nama zayo, hagamijwe guhangana n’ikibazo cy’amikoro make.
Umugore wa Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Madame Romane Tesfaye uri mu ruzinduko mu Rwanda yasuye ikigo Isange One Stop Center ashima imikorere yacyo.
Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko amasomo y’Igihembwe cya Kabiri cy’Amashuri yisumbuye azatangira kuwa Kabiri tariki ya 18 Mata 2017.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Mata 2017, Urukiko rwa gisirikare rwategetse ko urubanza rwa Maj Dr Aimable Rugomwa na mukuru we Nsanzimfura Mamelto, rusubikwa ku nshuro ya gatatu, rukazasubukurwa ku ya 09 Gicurasi 2017.
Depite Cecile Murumunawabo yibukije abaturage bo mu Kagari ka Nyarutarama mu Mudugudu wa Kangondo ya I, kwirinda no kwamagana abagifite imvugo zisesereza Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abantu bafite ubumuga bwo kutabona bifuza ko bashyirirwaho uburyo bw’amajwi bwakoreshwa kugira ngo bamenye abakandida bityo bitorere ubwabo.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’imari (Zigama CSS) gihuriwemo n’abagize inzego zishinzwe umutekano, bwatangaje ko kwizigamira no kugurizanya bimaze guhesha 70% by’abanyamuryango inzu zo kubamo.
Niyitegeka James utuye mu Mujyi wa Kigali yatawe muri yombi nyuma yo gufatanwa uruganda rw’inzoga zitemewe yakoraga akazitara munsi y’ubutaka.
Ikipe y’umukino wa Basket Ball Patriots yanyagiye 30 Plus mu mukino wa shampiyona wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Werurwe 2017, iyitsinda ibitego 134 kuri 47.
Minisiteri y’Uburezi yongeye gushimangira ko amashuri makuru na za kaminuza zahagaritswe n’izahagarikiwe zimwe muri progaramme zitarenganijwe.